Mu Mujyi Wa Kigali Hari Umuhanda Wagenewe Abana

Mu Karere ka Nyarugenge ahitwa mu Biryogo ku muhanda KN113 St Umujyi wa Kigali wahashyize umuhanda mugari kandi ukozwe neza uriho ibishushanyo ugenewe abana. Ni ahantu hakomye ibinyabiziga byose bitemerewe gucamo.

Inkuta z’inzu zikikije uwo muhanda zishushanyijeho ibinyugunyugu n’utundi tuntu dushishikaje amaso y’abana kugira ngo bashobore gukina kandi bigakangura ubwenge bwabo.

Kuri Twitter Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwanditse buti: “…Umwana NiUmutware: Agace k’umuhanda KN 113 St mu Biryogo, Umujyi wa Kigali wakageneye abana bityo ibinyabiziga bikaba bibujijwe kuhanyura…”

Umujyi wa Kigali uvuga ko ishyirwaho ry’uriya mujyi ryagizwemo uruhare n’abana batanze ibitekerezo by’uburyo hatakwa mu buryo bishimiye.

- Advertisement -
Umuhanda ugenewe abana nta kinyabiziga na kimwe cyemerewe kuhagera

Ngo abana babonye ko ibyifuzo byabo byashyizwe mu bikorwa.

Imwe mu mpamvu yo kuvugura imiturire mu duce tw’akajagari, harimo no gushyiraho ahantu hatekanye kandi habereye abana mu gukina, gushushanya no gusabana n’abandi.

Hagati aho kandi mu minsi micye iri imbere abana bahagarariye abandi bazahura baganire n’abayobozi babo uko imibereho yabo yarushaho kuba myiza.

Biteganyijwe ko mu minsi hari inama bazagirira mu Nteko ishinga amategeko y’u Rwanda ndetse kuri uyu wa Gatatu bavazaganira n’abakozi b’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, bikazakorwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.

Bemerewe gukina, gushushanya…bakisanzura nta bwoba bw’ikinyabiziga
Abana bakunda ibinyugunyugu
Baricara bakabaganiriza. Abantu bakuru bagomba kuba hafi y’abana
Arigana utunyugunyugu
Bari mu kigero cy’imyaka itandukanye
Peace and Love
Ushoboye kunyonga igare arabikora, usunitse ipine nawe ni uko…bose bakabikora ntacyo bikanga
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version