Mu Rugamba Rwo Kugeza Imboga N’Imbuto Ku Bakiriya, Hari Abafite Umwihariko

Kitwa Gombo. Kitanga serivisi zo kugeza ku bantu ibicuruzwa bakeneye cyane cyane imboga n’imbuto. Umwihariko wa Gombo ni uko isanga abahinzi aho  bari kubisarura, ikabirangura ikabigeza ku babishaka bigifite itoto.

Abakora mu buhinzi bazi neza ko imboga zitunze ku zuba cyangwa ahantu hashyushye zitakaza amazi arimo imyunyungugu( minerals) ifitiye abantu akamaro cyane cyane abana, abagore batwite n’abageze mu za bukuru.

Abakora mu kigo Gombo basa n’abamenye uku kuri hakiri kare bagashyiraho uburyo bwo kurinda ko imboga zajya zigezwa ku bazikeneye ;zitagifitiye umubiri akamaro kanini.’

Ku byerekeye igiciro, ni ibisanzwe ko umuguzi n’umugurisha bumvikana nk’uko bisanzwe bizwi.

- Advertisement -

Aha ariko Gombo yateganyije ibiciro, ibi biciro bikaba ari byo biherwaho hatangira ikiganiro hagati y’umuguzi n’ugurisha.

Ni byiza kurinda ko imbuto cyangwa imboga zitinda ku zuba.(Photo@NAEB Flickr)

Iri ni ihame mpuzamahanga.

Kubera ko amahoteli, za resitora no mu ngo abakora mu gikoni baba bakeneye imboga zigifite itoto kandi zikabageraho hakiri kare, gukorana na Gombo nta gihombo byabatera.

Ikindi kiza cyabo ni uko uburyo bwose wabishyuramo babwemera.

Ubashatse wababona kuri uru rubuga: www.ggombo.com.

Abakozi ba Gombo bapakira ibiribwa ngo babishyire abakiliya
Uzababona bambaye iyi mwenda
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version