Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hagiye Gutezwa Imbere Gutwarira Igare Mu Misozi Ihanamye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Mu Rwanda Hagiye Gutezwa Imbere Gutwarira Igare Mu Misozi Ihanamye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 June 2022 2:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida wa Federasiyo Nyarwanda y’umukino w’amagare Abdallah Murenzi yabwiye Taarifa ko mu byo ateganya kuzakora muri manda nshya yaraye atorewe harimo no guteza imbere gutwarira igare mu misozi ihanamye.

Ni ibyo bita  ‘Mountain bike cycling.’

Murenzi yaraye atorewe kongera kuyobora FERWACY ku nshuro ya kabiri ariko noneho kuri manda y’imyaka ine.

Mu mirongo migari avuga ko afite muri iyi manda harimo  kuzubakira abakinnyi n’abakozi ba Federasiyo ubushobozi, gushakira amakipe ibikoresho (amagare, imyenda, ingofero, inkweto,….),guhugura abatoza n’abakanishi no kurushaho gushakisha impano mu bana b’Abanyarwanda.

Murenzi mu kiganiro yahaye Taarifa mu mwaka wa 2021

Yatubwiye ko afite umugambi wongera umubare w’abakinnyi mu byiciro byose ni ukuvuga abagabo, abagore n’abakiri bato.

Umuhigo ukomeye…

 Murenzi avuga ko azashyiraho uburyo buzatuma ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare ihora mu myanya itatu ya mbere kandi ‘ihoraho’ku rwego rw’Africa no mu bihugu 30 bya mbere ku isi.

Ni umuhigo ukomeye kubera ko uretse no ku rwego rw’isi ahabera amarushanwa nka Tour de France n’ayandi, no muri Afurika ntibikunze korohera abakina umukino w’igare mu Rwanda kuza mu myanya y’imbere ‘cyane’.

Hejuru y’ibi hiyongeraho ko no kuva Tour du Rwanda yashyirwa ku yindi ntera, byagoye abakinnyi b’u Rwanda kuyitwara kuko ubu isigaye yitabirwa n’amakipe akomeye cyane handi aturutse ku migabane yose y’Isi.

Icyakora Murenzi Abdallah avuga ko bizashoboka kubera ko mu migambi ye harimo no kubakira abato ubushobozi bwo gukunda no gukina igare ku rwego mpuzamahanga kandi bagatsinda.

Ibi bizunganirwa n’uko ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare izajya yitabira amarushanwa  anyuranye muri Africa ku rwego rwa 2.1&2.2.

Mu migambi ye harimo n’uwo kuzatangiza akanateza imbere gutwarira igare mu byondo cyangwa ahandi hantu hagoye bita Cyclocross.

Urutonde rw’abiyamamaje kandi niko batowe:

 

Soma ibyo avuga ko yagejeje kuri FERWACY muri manda ye ishize.

Abanyamuryango Ba FERWACY Bashimye Ko Nongera Kwiyamamaza Nabikora- Abdallah Murenzi

 

TAGGED:AbdallahAmagarefeaturedIgareMurenziRwandaTaarifa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bushinwa Bwiteguye Intambara Kuri Taïwan
Next Article Urubyiruko Rw’u Rwanda Ruri Gusobanukirwa Icyo Igihugu Aricyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

BK Ikora Ite Ngo Yunguke?

DRC: Abantu 16 Bashimuswe Na CODECO

Kwihaza Mu Biribwa Muri Afurika Biracyari Kure

Abavandimwe Alicia Na Germaine Bakoze Indirimbo Bizeyeho Byinshi

Kubaka Urugomero Rwa Nyabarongo Bizatuma Havuka Ikiyaga Kizakora Ku Turere 8

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Rwamagana:Uwahoze Ari Umunyamakuru Wa Radio Agiye Kwishingira Iye

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Drones Zigiye Gukoreshwa Mu Kurwanya Imibu Yo Mu Bugesera

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Kigali: Abagore Baravugwa Kenshi Mu Biyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

UNHCR Yaganirije AFC/M23 Ku Kibazo Cy’Impunzi Ziri Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umukino Urangiza Irushanwa ‘Gicanda Invitation 2025’ Urabera Kigali Pele Stadium

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?