Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hagiye Kuzanwa Intama Zidasanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Rwanda Hagiye Kuzanwa Intama Zidasanzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2023 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi RAB cyatangaje ko mu Rwanda hagiye kuzanwa icyororo gishya cy’intama zo mu bwoko bwa ’Merinos’.

Kugira ngo kigere ku borozi benshi, Leta y’u Rwanda ibinyujije muri RAB, izaha aborozi bazo  ‘nkunganire’.

Nathan Ndayambaje ukora muri RAB avuga ko ubwoko bwa Merinos ari bushya mu Rwanda.

Avuga ko icyo cyororo cyazanywe  mu rwego rwo kwirinda ko intama zacika burundu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ati: “ Mu gihe cyo kubangurira, aborozi bakoreshaga intama zisanzwe ndetse hakabonekamo n’amacugane kuko batakurikiranaga icyororo.”

Amacugane ni intama zikomoka  kuzo zisangiye amaraso bya hafi.

Ibinyabuzima byose bivutse muri ubu buryo bigira ibyago byo gupfa imburagihe kubera ko imibiri yabyo iba idafite ubudahangarwa bukomeye bityo ikibasirwa n’indwara.

N’abantu[uretse ko bo batitwa batyo] bavutse kuri benewabo ba hafi cyane ntibaramba!

Ndayambaje avuga ko kiriya cyororo ari icyo gufasha aborozi kuvugurura icyororo cyabo bityo bakazamura umusaruro.

- Advertisement -

Intego ya RAB ni uko intama zizororoka binyuze muri iki cyororo zizajya zima kabiri mu mwaka.

Ubwoko bw’intama za Merino bukomoka muri Espagne ya kera.

Ni intama zigira ubwoya bwinshi, burebure kandi bworohereye.

Hari izigira ubwoya bufite hagati ya 60 mm na 100 mm.

Uretse kuba zizatanga umusaruro w’inyama, ubwoya bwazo bukoreshwa no mu gukora imyambaro cyangwa ibindi by’ubugeni cyangwa ubukorikori.

Mu rwego rwo kuvugurura ubworozi bw’intama, RAB irateganya kugeza icyororo gishya cy’intama cyitwa ‘’Merinos’’ ku borozi ku giciro cyunganiwe na Leta. pic.twitter.com/ukm2acfI3b

— Rwanda Agriculture & Animal Resources Devpt Board (@RwandaAgriBoard) December 9, 2023

Politiki y’u Rwanda mu kwihaza mu biribwa harimo no gutuma Abanyarwanda barya indyo yuzuye, ifite ibyubaka umubiri( proteins) bihagije kandi kuri bose.

TAGGED:AborozifeaturedIcyororoIntamaRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abandi Basore B’Inkorokoro Binjiye Muri RDF
Next Article Bahuguwe Uko Batabara Abagize Impanuka Mu Gihe Ambulance Itaraza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?