Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hagiye Kuzanwa Intama Zidasanzwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Rwanda Hagiye Kuzanwa Intama Zidasanzwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2023 7:53 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi RAB cyatangaje ko mu Rwanda hagiye kuzanwa icyororo gishya cy’intama zo mu bwoko bwa ’Merinos’.

Kugira ngo kigere ku borozi benshi, Leta y’u Rwanda ibinyujije muri RAB, izaha aborozi bazo  ‘nkunganire’.

Nathan Ndayambaje ukora muri RAB avuga ko ubwoko bwa Merinos ari bushya mu Rwanda.

Avuga ko icyo cyororo cyazanywe  mu rwego rwo kwirinda ko intama zacika burundu.

Ati: “ Mu gihe cyo kubangurira, aborozi bakoreshaga intama zisanzwe ndetse hakabonekamo n’amacugane kuko batakurikiranaga icyororo.”

Amacugane ni intama zikomoka  kuzo zisangiye amaraso bya hafi.

Ibinyabuzima byose bivutse muri ubu buryo bigira ibyago byo gupfa imburagihe kubera ko imibiri yabyo iba idafite ubudahangarwa bukomeye bityo ikibasirwa n’indwara.

N’abantu[uretse ko bo batitwa batyo] bavutse kuri benewabo ba hafi cyane ntibaramba!

Ndayambaje avuga ko kiriya cyororo ari icyo gufasha aborozi kuvugurura icyororo cyabo bityo bakazamura umusaruro.

Intego ya RAB ni uko intama zizororoka binyuze muri iki cyororo zizajya zima kabiri mu mwaka.

Ubwoko bw’intama za Merino bukomoka muri Espagne ya kera.

Ni intama zigira ubwoya bwinshi, burebure kandi bworohereye.

Hari izigira ubwoya bufite hagati ya 60 mm na 100 mm.

Uretse kuba zizatanga umusaruro w’inyama, ubwoya bwazo bukoreshwa no mu gukora imyambaro cyangwa ibindi by’ubugeni cyangwa ubukorikori.

Mu rwego rwo kuvugurura ubworozi bw’intama, RAB irateganya kugeza icyororo gishya cy’intama cyitwa ‘’Merinos’’ ku borozi ku giciro cyunganiwe na Leta. pic.twitter.com/ukm2acfI3b

— Rwanda Agriculture & Animal Resources Devpt Board (@RwandaAgriBoard) December 9, 2023

Politiki y’u Rwanda mu kwihaza mu biribwa harimo no gutuma Abanyarwanda barya indyo yuzuye, ifite ibyubaka umubiri( proteins) bihagije kandi kuri bose.

TAGGED:AborozifeaturedIcyororoIntamaRAB
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abandi Basore B’Inkorokoro Binjiye Muri RDF
Next Article Bahuguwe Uko Batabara Abagize Impanuka Mu Gihe Ambulance Itaraza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?