Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Haracyekwa Ubwandu Bushya Bwa COVID-19
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Rwanda Haracyekwa Ubwandu Bushya Bwa COVID-19

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 July 2022 12:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisiteri y’ubuzima ivuga ko Abanyarwanda bagombye kwitwararira mu kwirinda COVID-19 kuko bicyekwa ko hari ubwandu bwayo bushya bwageze mu Rwanda.

Minisitiri w’ubuzima Dr Ngamije Daniel yabwiye RBA ko  Abanyarwanda bakwiye kongera imbaraga mu kwirinda kiriya cyorezo kuko imibare imaze iminsi itangazwa na RBC yerekana ko ubwandu bwayo buri henshi kandi buri kwiyongera.

Ngo biragaragaza ko hari ubwandu bushya bwayo kandi bufite ‘ubukana budasanzwe.’

Mu minsi irindwi abantu ibihumbi bitandatu bamaze kwandura iki cyorezo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bamwe mu baturage basanze ibyiza ari kujya kwipimisha ku bigo nderabuzima baturiye kugira ngo bamenye uko bahagaze.

Kugeza ubu ubwitabire bw’abagana ibigo nderabuzima bumaze kurenga ubushobozi bwabwo, kuko ababigana basuzumwa ku buntu.

Umwe mu bahanga mu by’ubuvuzi witwa  Prof.Léon Mutesa avuga ko virusi ya COVID-19 ishobora kwihinduranya inshuro zirenga 100 mu minsi itatu.

Kwirinda kuyirwara niwo muti mwiza nk’uko abaganga babivuga.

Icyorezo COVID-19  giherutse kwica Umunyarwanda wo mu Karere ka Nyamasheke.

- Advertisement -

Hari hashize igihe kirekire imibare y’abandura iki cyorezo iri hasi ndetse nta muntu cyaherukaga kwica.

Minisiteri y’Ubuzima mu minsi ine ishize yatangaje ko mu Rwanda habonetse abanduye kiriya cyorezo  bashya 50, bakaba babonetse mu bantu 3.418 bapimwe.

Abenshi mu bandura ni abatuye mu Mujyi wa Kigali .

Umuturage w’i Nyamasheke wapfuye yari umusaza w’imyaka 64 y’amavuko.

Kugeza ubu abantu bamaze kugwa mu Rwanda bazize iki cyorezo ni abantu 1,460.

Mu minsi ishize, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubuzima Dr Tharcisse Mpunga aherutse kubwara Radio Rwanda ko abantu badohotse mu gukurikiza ingamba zo kwirinda COVID-19 kandi ngo ibi biri mubiri kuyitiza umurindi.

Abajijwe niba bishoboka ko kwambara agapfukamunwa byazongera kugirwa itegeko, Dr Mpunga yavuze ko n’ubundi katakuweho burundu ahubwo ko buri wese agomba gushyira mu gaciro akarengera ubuzima bwe, akakambara bitewe n’ahantu hari abantu benshi agiye kujya.

TAGGED:COVID-19featuredIcyorezoMpungaNyamasheke
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article William Ruto Arateganya Kuzafunga Kenyatta
Next Article Ibyo Perezida Kagame Ashobora Kuzagarukaho Mu Kiganiro N’Abaturage
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?