Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Hari Ibirombe 100 Bicukurwa Mu Buryo Budakurikije Amategeko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Mu Rwanda Hari Ibirombe 100 Bicukurwa Mu Buryo Budakurikije Amategeko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 August 2023 12:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Amabuye y'agaciro aboneka mu Rwanda n'aho acukurwa
SHARE

Mu Ntara y’Uburasirazuba niho hari ibirombe byinshi bicukurwa mu buryo budakurije amategeko kuko hari 32, mu Majyepfo hakaba 20, mu Majyaruguru hakaba 18, mu Burengerazuba hakaba 17 n’aho mu Mujyi wa Kigali hakaba bibiri.

Inzego z’ibanze hamwe n’iz’umutekano bari gukorana ngo ibyo birombe bifungwe kuko bikunze guhitana ubuzima bw’ababicukuramo mu buryo budakurikije amategeko.

Ibyo gufunga ibi birombe biri mu mabwiriza aherutse gusohorwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe Mini, Petelori na Gazi, RMB.

Ubuyobozi bw’iki kigo bivuga ko biriya birombe bigomba kuba bifunzwe kuzageza igihe bizaba byujuje ibiranga ikirombe giteguye neza kugira ngo kidashyira ubuzima bw’abacukuzi mu kaga.

Akarere ka Muhanga n’aka  Kamonyi nitwo turere tubamo ibirombe byinshi mu Ntara y’Amajyepfo.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alice Kayitesi yabwiye The New Times ko ntacyo badakora ngo bakumire ubucukuzi budakurikije amategeko.

Avuga ko batangiye gukorana n’inzego zose kugira ngo barebe uko bakoma imbere abantu bakora ubwo bucukuzi butemerewe n’amategeko.

Imwe mu ngamba avuga ko bafashe ni ubukungarambaga bugamije kubwira abaturage ko gucukura mu buryo butemewe n’amategeko bishyira ubuzima bwabo mu kaga kandi bikaba bihanwa n’amategeko.

Ikibazo cy’ubucukuzi bw’amabuye butemewe n’amategeko gihagurukiwe mu rwego rukomeye nyuma y’uko hari abantu batandatu baguye muri kimwe mu birombe byo muri Huye kubakuramo birananirana.

Muri Gatsibo n’aho hari abantu bavugwaho gucukura amabuye y’agaciro mu buryo budakurikije amategeko biyise ‘Imparata’ bakurikiranyweho kwangiza umuyoboro w’amazi ufite agaciro karenga Miliyari Frw 1.

Mu Ntara y’Uburengerazuba naho ngo bafashe ingamba zo guhangana n’abacukura mu buryo butemewe n’amategeko.

Byemezwa na Guverineri wayo witwa François Habitegeko.

Habitegeko yabwiye The  New Times ko imwe mu ngamba zo guhangana  n’abacukura mu buryo butemewe n’amategeko, inzego z’ubuyobozi bw’ibanze zitanga imihigo yo kuzahangana n’abakora ubwo bucukuzi.

Avuga ko amabwiriza bafashe avuga ko n’abafite ibirombe  byemewe, bagomba gukora k’uburyo bakurikiza amabwiriza agenga ubucukuzi bwemewe.

Intara y’Uburasirazuba nayo ngo ifite ingamba zikomeye zo guhangana n’abacukura mu buryo butemewe n’amategeko ndetse ngo hari abantu bagera kuri 20 bo mu Mirenge ya Rugarama na Kiziguro.

Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, petelori na gazi kivuga ko gukumira ubucukuzi butemewe n’amategeko birinda ubuzima bw’abantu kubera mu myaka itanu ishize hari abantu 429 bahitanywe n’ibiza ndetse abandi bagera kuri 272 barakomereka.

Ifoto: Ikarita yerekena aho amabuye aherereye 

TAGGED:featuredHabitegekoIntaraKayitesi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ingingo 10 Zaranze Ikiganiro Perezida Kagame Yahaye Urubyiruko
Next Article Abarundi Basabwe Kwirinda Gukorana N’Abanyarwanda ‘Bakora Iterabwoba’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?