Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Meya Ntiyemera Ko Abaturage ‘Bafite Inzara’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Meya Ntiyemera Ko Abaturage ‘Bafite Inzara’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 September 2023 2:09 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Hari abahinzi bo mu Karere ka Muhanga babwiye itangazamakuru ko bahinze bakarumbya, ubu bakaba bashonje. Ibi ariko Meya w’aka Karere witwa Jacqueline Kayitare avuga ko bitakwitwa inzara ahubwo ari ‘ibyo kurya bidahagije.’

Abaturage bavuga ko nta biribwa bafite bihagije kubera ko imvura yaguye nabi bakarumbya, kubona ibiribwa bihagije abagize umuryango kikaba ari ikibazo.

Ubusanzwe gusonza ni ikintu gisanzwe kuri byinshi mu binyabuzima.

Inkoranyamagambo yiwa Dictionary Thesaurus ivuga ko gusonza bitagaragarira amaso ahubwo ari igihe umuntu yumva afite icyifuzo n’ubushake bwo kurya ikiribwa cyangwa ibiribwa runaka, byaba bitetse cyangwa ari bibisi.

Gusonza bigira ibipimo kuko uzumva bavuze ngo ‘ntahaze kubera ko yariye bike.’

Akenshi gusonza biterwa n’uko amafunguro aba ari make, atabonekera igihe cyangwa ahenze.

Ibyinshi mu byo abantu muri rusange barya ni ibyo bejeje ariko hari ubwo beza ubundi bakarumbya.

Kuteza akenshi biterwa n’imvura nke, ifumbire nke cyangwa ibyonnyi, hakiyongeraho n’ubumenyi buke mu mihingire igezweho.

Ku kibazo cy’abatuye Muhanga, bamwe muri bo bavuga ko ibihe by’ihinga byabaye bibi bituma umusaruro utuba.

Umwe muri bo witwa Anastase Mwambari yabwiye itangazamakuru ko iyo bagize amahirwe imvura ibonekera igihe, basarura ibyo barya bakagira n’ibyo basagurira isoko.

Ku mwero w’ubu ariko, avuga n’ibihingwa byagerageje kwera, byumiye mu murima kubera izuba ry’igikatu.

Ku ngingo yo kuhira cyangwa guhingisha imashini, Mwambari avuga ko hari ibice bya Muhanga bihanamye k’uburyo utabihinga muri ubwo buryo.

Meya ati: “ Nta nzara ihari”

Ubuyobozi bw’Akarere  ka Muhanga buvuga ko mu by’ukuri igihari ‘atari inzara’ ahubwo ‘ari umusaruro muke,’ utuma abantu batarya ngo bahage.

Imvugo ya Meya hari bamwe bashobora kuyifata nko kutamenya imibereho y’abo ayobora kuko bo bazi neza uko ibiciro by’ibiribwa byazamutse ku masoko barema hirya no hino.

Bazi uko ubuke bw’ibiribwa ku isoko kwatumye igiciro cy’ibirayi, umuceri n’ibishyimbo n’ibindi kizamuka.

Ikiganiro cyahuje Meya Kayitare cyaganiriwemo ingamba zikwiye gufatwa no gushyirwa mu bikorwa kugira ngo umusaruro w’ibihingwa ngangurarugo uzamuke.

Yabazaga buri muyobozi muri abari aho icyo yumva cyakorwa kugira ngo umusaruro wiyongere.

Baje kwemeranya ko bikwiye ko inturusu zishaje zikwiye kurandurwa kuko n’ubusanzwe ziri mu biti bicura ibindi amazi n’imyunyungugu ituma, muri rusange, ibimera bikura.

Abashinzwe ubuhinzi kandi biyemeje kurwanya isuri, gukorera urutoki no kongera imirima shuri.

Muri ibi biganiro Meya Jacqueline Kayitare yavuze ko bakoze igenzura mu mwaka wa 2022, basanga hari hegitari 91 zidahinze kandi nyinshi muri izo zikaba iz’abantu batuye mu Mujyi wa Kigali.

Ikibabaje ngo ni uko abo basilimu b’i Kigali  bifite k’uburyo badatunzwe n’umwuga w’ubuhinzi.

Meya Kayitare avuga ko abashinzwe ubuhinzi kuva ku rwego rw’Umurenge  no mu Karere bibagirwa ko umuhigo wabo nyamukuru ari uwo guhaza abaturage.

Ati: “Dufite abakozi bashinzwe ubuhinzi. Turabasaba gufasha abahinzi kubona inyongeramusaruro no kubafasha mu bikorwa by’ubuhinzi.”

Uyu Muyobozi avuga ko kuba hari abafite imirima yabaye ibisambu kuri hegitari 91 ari igihombo kinini ku Karere ka Muhanga kose muri rusange.

Kayitare avuga ko bagiye kubwira abafite ayo masambu adahinze kuyabyaza umusaruro, batabyubahiriza hagakurikizwa amategeko bakayamburwa.

Ifoto: Meya Kayitare aganiriza abaturage

TAGGED:AbaturagefeaturedIbiribwaInzaraKayitareMeyaMuhangaUmusaruro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Bigabije Imirima Ya RAB Y’Ibirayi By’Imbuto Barabyiba
Next Article Gasabo: Bamukubise Urushyi Arapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?