Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Yafatanywe Magendu Yuzuye FUSO
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Yafatanywe Magendu Yuzuye FUSO

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 October 2022 11:05 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umushoferi witwa Ndagijimana Jean D’Amour yafatiwe i Muhanga apakiye magendu muri Fuso. Yari atwayemo amabalo 140 ya caguwa, amabaro arindwi y’ibitenge, amabaro atanu y’inkweto za caguwa, ibizingo 220 by’intsinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge, udupfundikizo twa  Salsa 176, ibilo 25 n’ibikombe bibiri by’amata y’ifu.

Afatiwe i Muhanga mu gihe hashize igihe gito hari indi  modoka ya FUSO yafatiwe i Nyamasheke izanye urumogi i Kabgayi.

Bisa n’aho i Muhanga hasigaye ari isoko ryiza ku bacuruza ibintu bitemewe n’amategeko. Nk’uko byageze kuri iriya FUSO , iherutse gufatirwa i Nyamasheke yari itwaye urumogi ruvuye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, barwambukije ikiyaga cya Kivu.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Theobald Kanamugire yavuze ko biriya bicuruzwa bitemewe n’amategeko byafatiwe mu Kagari ka Musongati, mu Murenge wa Nyarusange.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

SP Kanamugire ati: “ Nyuma yo guhabwa amakuru n’abaturage  ko hari imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ifite nimero RAF 260 W, yapakiriye ibicuruzwa bya magendu bitandukanye mu Karere ka Nyamasheke nyuma yo kwambutswa mu bwato ikiyaga cya Kivu biturutse mu gihugu cya Kongo, hahise hatangira ibikorwa byo kubifata.”

Superintendent Theobald Kanamugire

Akimara gufatwa uwafashwe yavuze ko ibicuruzwa yari apakiye ari iby’umucuruzi witwa Hakizimana Jean Claude ukorera mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mucuruzi yari yaramwemereye kumuhemba Frw 200,000 nyuma yo kubimugereza ku bubiko bw’ibicuruzwa bye buherereye ku Kimisagara mu Karere ka Nyarugenge.

Ikindi kandi ngo ni uko atari ubwa mbere uwo muntu afatirwa mu bucuruzi bwa magendu.

Ngo no muri Gicurasi, 2022 yarafashwe, icyo gihe akaba yari atwaye imodoka yari avanye muri Nyamasheke yerekeza i Kigali.

- Advertisement -

Si ubwa mbere afatiwe mu bikorwa bya Magendu kuko mu kwezi kwa Gicurasi, uyu mwaka nabwo yafatanywe magendu yari atwaye mu modoka ayivanye mu Karere ka Nyamasheke yerekeza mu Mujyi wa Kigali.

Polisi isaba abakora buriya bucuruzi kubureka kuko iyo bafashwe barahomba.

Kuki i Muhanga bakunda kuhafitirwa?

Imwe mu mpamvu zituma mu Karere ka Muhanga ari ho muri iyi minsi hakunze gufatirwa ibicuruzwa bitemewe ni uko abazana biriya bicuruzwa ari ho bahurira akenshi n’abaje kubyakira kugira ngo babishyure babijyane mu Mujyi wa Kigali.

Ikindi ni uko iyo abazanye biriya bicuruzwa i Kigali babivanye i Nyamasheke cyangwa i Rusizi badaca muri Nyungwe ahubwo baca muri Karongi bakinjirira i Muhanga.

Bava Rusizi na Nyamasheke bagakomereza Muhanga bashaka kwinjira muri Kigali. Bafatwa batarinjira yo

Uko bigaragara rero kubafatira i Muhanga bibaca intege kuko baba badashobora kubisubiza inyuma ( aho baturutse) kandi ntibashobore no kubyinjiza muri Kigali.

Si i Muhanga gusa hashobora gufatirwa ibicuruzwa bitemewe n’amategeko kuko ibicuruzwa bitemewe n’amategeko biturutse muri Uganda byinjiriye muri Kirehe za Rusumo bishobora gufatirwa i Kayonza  bitakunda bigafatirwa i Rwamagana.

Ibiturutse  Rubavu bije muri Kigali amakuru iyo atanzwe neza bishobora gufatwa bitaragera kure ariko hari n’ubwo bifatirwa za Gakenke, hirindwa ko byaharenga bikagera muri Rulindo bigakomeza bikinjira muri Kigali.

Ibiturutse muri Gicumbi bije muri Kigali nabyo bishobora gufatirwa ahitwa Rukomo, Gaseke cyangwa ahitwa Kajevuba.

Uko bimeze kose, inzego z’umutekano hamwe n’abaturage bakorana bya hafi kugira ngo ibicuruzwa nk’ibyo bikumirwe kwinjira mu Rwanda ariko n’ibyinjiye bifatwe igihe cyose amakuru yatanzwe neza, ni ukuvuga ku gihe kandi ari amakuru yuzuye.

Ibilo 247 By’Urumogi Rwari Rujyanywe i Kabgayi Byafatiwe i Nyamasheke

 

TAGGED:featuredMagenduMuhangaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yakoze Impinduka Zikomeye Mu Ngabo Ze
Next Article AVEGA Agahozo Ifite Umuyobozi Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?