Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri 1990 Twahisemo Gufata Ejo Hazaza Mu Biganza Byacu- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muri 1990 Twahisemo Gufata Ejo Hazaza Mu Biganza Byacu- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 February 2024 8:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kiganiro yahaye abari baje kwifatanya mu isengesho ryo gusengera Amerika, Perezida Kagame yavuze ko mu mwaka wa 1990, Abanyarwanda babaga mu buhungiro baje gusanga igihe kigeze ngo bafate ejo hazaza habo mu biganza byabo.

Mbere yo kubwira abamwumvaga ko icyo gihe cyageze ibintu bikagenda uko byagenze, Perezida Kagame yabanje kubabwira ko ubwo yari afite imyaka ine y’amavuko we n’ababyeyi bahunze u Rwanda kubera gutotezwa.

Ati: “ Nahunze u Rwanda mfite imyaka ine y’amavuko. Si njye gusa wahunze icyo gihe ahubwo twari benshi. Icyo gihe kandi igihugu cyacu cyari mu gihe cyo kubona ubwigenge. Twabaye mu mahanga nta gihugu dufite, twaribagiranye, abantu bahora batwibutsa ko nta gakondo tugira.”

Avuga ko hari n’ubwo babwiwe ko u Rwanda rwuzuye, ko ntaho babona bakwirwa ariko yungamo ko mu mwaka wa 1990 bahisemo gufata ejo hazaza habo mu biganza byabo batangiza intambara yo gukuraho igitugu cyategekaga u Rwanda gishingiye ku ivanguramoko.

Muri Nyakanga, 1994 ingabo za RPA yayoboraga  zahagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi ariko zisanga hari Abatutsi miliyoni imwe bari bararangije kwicwa.

Perezida Kagame yabwiye Abanyamerika n’inshuti zabo ko ubwo Jenoside yahagarikwaga hari benshi mu ngabo za RPA bashakaga kwihorera ariko nk’Umugaba w’ingabo yakomeje kwirinda gutwarwa n’amarangamutima kandi nsaba abasirikare be bakuru kwirinda gukomeza kumwereka ibyobo basanze Abatutsi barajugunywemo.

Kagame avuga ko we n’abandi bumvaga ibintu nkawe batari kwemera ko buri wese yihanira kuko byari buteze ikindi kibazo gikomeye.

Avuga ko ubuyobozi bwanze ko abantu bakomeza kwicana, bamwe bakica abandi kuko nabo babiciye.

Mu ijambo rye yavuze ko politiki yo kwanga ko abantu bihorera ari yo yaje kuvamo indi politiki yo gushaka ko abantu biyunga bakabana mu mahoro.

Avuga ko muri icyo gihe cyose, Abanyarwanda bari baritakarije icyizere kandi isi yabafataga nka ‘abantu gica’.

Icyakora Perezida Kagame avuga ko Abanyarwanda banze gukomeza kwitwa ‘gica’ ahubwo baba abantu bazima.

Kugira ngo Abanyarwanda barenge ibyo byose, Kagame avuga ko byatewe n’abayobozi biyemeje kuba maso, biyemeza kwikorera umutwaro wose byasabye ngo Abanyarwanda biyunge, babane neza.

Kuri Perezida Kagame, ubumwe n’ubwiyunge nibyo byatumye abahoze ari abanzi b’abandi babana nabo, abanyamahanga bumva ko kubana n’Abanyarwanda nta bwiyahuzi bubirimo, abantu barabana baratunga baratunganirwa.

Ati: “ Ng’urwo u Rwanda rw’ubu ndetse n’urw’ejo hazaza”.

TAGGED:AbanyarwandaAmerikafeaturedImpunzuKagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kuri Sainte Famille Hahiye
Next Article Ibiro By’Akarere Ka Rulindo ‘Byimuwe’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?