Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Tchad Hadutse Imyigarambyo Yamagana Minisitiri W’Intebe Mushya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Muri Tchad Hadutse Imyigarambyo Yamagana Minisitiri W’Intebe Mushya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 April 2021 1:35 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ingabo ziyoboye zaraye zishyizeho Bwana Albert Pahimi Padacké  ngo abe Minisitiri w’Intebe ariko kuri uyu wa Kabiri tariki 27, Mata, 2021 abaturage b’i N’Djamena baramukiye mu mihanda bamwamagana.

Abatavuga rumwe na Leta hamwe n’abo muri Sosiyete Sivili basabye abaturage kuyoboka.

Abakomeretse ubu barabarirwa muri 20.

Umunyamakuru wa RFI witwa Aurélie Bazzara-Kibangula avuga ko imyigaragambyo yakorewe no bindi bice bya Tchad.

Imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu muri kiriya gihugu bamaganye  ko abashinzwe umutekano bafashe abantu benshi barabafunga babakurikiranyeho uruhare muri iriya myigaragambyo.

Abigaragambya bafite ibyapa byanditse ho ko badashaka ko Tchad ihinduka akarima k’umuryango umwe, aho umubyeyi apfa agasigira ubutegetsi uwo yabyaye cyangwa inshuti ze.

Albert Pahimi Padacké

Ikindi ni uko abigaragambya bari kutsa igitutu Abafaransa babashinja kuba inyuma y’ibibera muri kiriya gihugu.

Iki gitutu kiri kugaragara mu buryo bw’uko abigaragambya bari kwibasira ibigega bya essence by’ikigo cy’Abafaransa Total.

Abaturage bari kwigaragambya kandi bafunze umuhanda uva N’Djamena ugana mu Majyepfo y’igihugu.

Abapolisi n’ingabo boherejwe henshi kugira ngo bahoshe iriya myigaragambyo

Biganje mu bice birimo inyubako za Leta no mu mahuriro y’imihanda minini.

Abigaragambya kandi bari gutwika amapine k’uburyo hari ahantu henshi imyotsi yuzuye ikirere.

Kuba Bwana Albert Pahimi Padacké aherutse kugirwa Minisitiri w’Intebe byarakaje bamwe mu batuye.

TAGGED:AbapolisiAbaturageAbigaragambyafeaturedTchad
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Mu Kigo Cya Gako ‘Officer Cadets’ Ba RDF Batozwa Bate?
Next Article Imodoka Zikoresha Amashanyarazi Zizifashishwa Muri CHOGM 2021
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Hatangijwe Ubufatanye Mu Kuzamura Ubwinshi N’Ubwiza Bw’Imbuto 

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tchad: Hadutse Intambara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?