Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Hubatswe Ikiraro Ku Mugezi Wakundaga Guhitana Abana
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Musanze: Hubatswe Ikiraro Ku Mugezi Wakundaga Guhitana Abana

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 November 2024 2:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ikiraro cyubatswe ngo gifashe abagituriye guhahirana.
SHARE

Mu rugabano rw’Imirenge ya Musanze na Shingiro( yombi ni iyo muri Musanze) hari umugezi wakundaga kuzura amazi mu gihe cy’imvura ku buryo hari abana wahitanaga. Ubuyobozi bwawubatseho ikiraro kugira ngo abana bajye bacyambuka batekanye..

Abawuturiye bari bamaze igihe runaka batakambira ubuyobozi ngo buzabukire icyo kiraro kugira ngo birinde abana babo kurohama.

Mu bihe by’imvura nyinshi( itumba n’umuhindo) uruzura ugateza imyuzure yahitanaga abaturage bamwe na bamwe barimo n’abana bageragezaga kuwambuka bajya cyangwa bava kwiga.

Urugero ni urw’umwana wahitanye muri Gicurasi, 2024.

Kuwubakaho ikiraro byatumye ababyeyi biruhutsa, bavuga ko kibakijije inkomanga bahoranaga ku mutima igihe cyose imvura yagwaga ari nyinshi.

Hari umwe muri abo babyeyi witwa Odette Muhayimpundu wabwiye UMUSEKE  ko hari abana bawurohamagamo bava kwiga.

Ati: “Iki kiraro kidukijije impanuka nyinshi twahuraga nazo, abana iyo bavaga ku ishuri amazi yabaye menshi bageragezaga kuyambuka bakagwamo abandi bagapfa, twari twarakutse umutima.”

Mugenzi we witwa Kamikamuntu avuga ko mu bihe bitandukanye bari barasabye ubuyobozi ko bwabubakira ikiraro none byabaye impamo.

Yungamo ko kuzura kwa kiriya kiraro bizoroshya ubuhahirane n’ibice baturanye.

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu Uwanyirigira Clarisse, nawe yemeza ko uriya mugezi wateraga abaturage ibibazo byo kuwambuka.

Yemeza ko kuwubakaho ikiraro bizagirira akamaro benshi mu bagituriye.

Uwanyirigira ati: “Ubu noneho izo mpungenge z’ababyeyi, twababwira  ko zashize ahubwo bakajyana abana ku ishuri. Na bamwe basibaga kwiga bakabashishikariza noneho kujya ku ishuri kuko bazajya kuko bazajya baba batekanye.  Birongera umutekano n’ireme ry’uburezi kuri bo bijyane n’ubuhahirane bugiye koroha”.

Iki kiraro cyubatswe ku bufatanye n’Akarere ka Musanze na Bridges to Prosperity, cyuzuye gitwaye asaga miliyoni 62 z’amafaranga y’u Rwanda.

Biteganyijwe ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka( 2025-2026) mu Karere ka Musanze hazubakwa ibiraro icyenda mu Mirenge itanu, byose hamwe bizatwara ingengo y’imari ingana miliyoni Frw 625.

TAGGED:AbaturageAkarereIkiraroMusanze
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ubumenyi Bw’Abaminuje Buracumbagira
Next Article Ntibitura Yagizwe Guverineri W’Intara Y’Uburengerazuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Kabila Arasomerwa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Ebola Yagarutse Muri DRC

Ab’i Musanze Bibukijwe Akamaro Ingagi Zibafitiye

Rwanda: Ibiciro By’Ibikomoka Kuri Petelori Byazamutse

You Might Also Like

IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?