Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Musanze: Inzu 228 Zasenywe N’Imvura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Musanze: Inzu 228 Zasenywe N’Imvura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 March 2023 7:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

I Musanze haraye haguye imvura iremereye k’uburyo yasenye inzu 228, yangiza n’ibindi bikorwaremezo.

Imibare yatangajwe kugeza ubwo twandikaga iyi nkuru, ivuga ko iyo mvura yangije inzu 228 n’ibikoni 80 n’imyaka yari ihinze mu mirima y’abaturage irangirika.

Yari irimo urubura rwinshi n’umuyaga.

Imirenge yibasiwe ni uwa Nyange, Cyuve, Musanze, Kinigi na Kimonyi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Musanze  buvuga ko mu Murenge wa Nyange habaruwe inzu 197 zatobotse amabati n’urubura, muri Kinigi hari inzu 21 n’ibikoni 80 byangiritse amabati kubera urubura.

Mu Murenge wa  Cyuve hari inzu ebyri(2) zangiritse ibisenge, mu wa Musanze hari inzu umunani(8) zangijwe.

Mu Murenge wa Kimonyi ho ntabyabaruwe ko byangijwe nayo.

Muri aka Karere kandi imvura yangije ibisenge by’ ibyumba by’ishuri bigera kuri bitandatu (6), na hegitari zigera 16,7 z’imyaka y’abaturage.

Ibikorwaremezo birimo umuhanda uva kuri Kaminuza ya INES Ruhengeri ujya mu Kinigi wangiritse.

Ubuyobozi w’Akarere ka Musanze  buvuga ko abangirijwe ibyabo bahawe ubufasha bw’ibanze kugira ngo babone aho barara n’icyo bararira.

Uwabitangaje ni Umuyobozi w’Aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle.

Yagize ati: “Ubuzima bw’abaturage muri rusange ubu bumeze neza. Twagerageje kubafasha iby’ibanze mu gihe tucyegeranya ubushobozi ngo tubahe ubufasha bwisumbuye ho cyane cyane isakaro no gusana amazu yangiritse.”

Mu gihe gito gishize, Ikigo cy’igihugu gishinzwe iteganyagihe cyatangaje ko amezi ya Werurwe, Mata na Gicurasi 2023 azarangwa n’imvura nyinshi ishobora guteza imyuzure ndetse n’imiyaga ikomeye mu bice bitandukanye by’igihugu.

Abanyarwanda Baraburirwa Kubera Imvura Nyinshi Iri Imbere

TAGGED:AkarerefeaturedImvuraMuhangaUrubura
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kamonyi: Imibiri Irenga 900 Y’Abazize Jenoside Ntirashyingurwa
Next Article Perezida Wa Ukraine Aratakambira Abanyaburayi Ngo Bamwongere Intwaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?