Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushikiwabo Yaganiriye Na Congo-Kinshasa Ku Mutekano Mucye Wahabaye Akarande
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Mushikiwabo Yaganiriye Na Congo-Kinshasa Ku Mutekano Mucye Wahabaye Akarande

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 November 2021 9:09 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa Louise Mushikiwabo yahuye n’uwungirije Minisitiri w’Intebe wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo witwa Christophe Lutundula baganira ku mutekano mucye uri mu Burasirazuba bwa kiriya gihugu.

Ibiganiro by’aba bayobozi byagarutse kandi ku mishinga igamije guteza imbere ikibaya cy’uruzi rwa Congo, impinduka zicyenewe kugira ngo Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa ukomeze gutera imbere ndetse n’aho imyiteguro y’imikino ihuza biriya bihugu igeze.

Louise Mushikiwabo na Christophe Lutundula bagiranye biriya biganiro hashize igihe gito mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo hongeye kwaduka ibitero bivugwa ko ari iby’Umutwe M23.

Abaturage benshi ubu bamaze kuva mu byabo bahunga imirwano yatangijwe n’inyeshyamba ku ngabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo, mu bice bya Chanzu na Runyoni muri Rutshuru.

Bikekwa ko abagabye ibyo bitero ari umutwe wa M23.

Louise Mushikiwabo aganira na Christophe Lutundula

Ibinyamakuru byo muri Repubilika ya Demukarasi ya Congo biherutse gutangaza ko abahunga benshi berekeza mu bice bya Bunagana hafi y’umupaka w’u Rwanda na Uganda.

Abahoze bagize umutwe wa M23 bashinja Perezida Felix Tshisekedi ko atubahirije amasezerano ya Nairobi.

Ariya masezerano yagezweho ku bwa Joseph Kabila wamubanjirije akaba yari agamije guhagarika intambara uriya mutwe wari watangije.

Ariya masezerano yateganyaga ko abahoze muri uwo mutwe bahabwa imbabazi, imfungwa zikarekurwa n’impunzi zigatahuka.

Byateganywaga kandi ko ibyemeranyijwe byose bishyirwa mu bikorwa maze M23 igahagarika gukora nk’inyeshyamba ahubwo ikavamo umutwe wa Politiki wemewe.

Uyu mutwe uvuga ko nta kintu na kimwe cyubahirijwe, ahubwo ko ushobora gusubukura urugamba ndetse ugasatira umujyi wa Goma.

Ni umujyi n’ubundi M23 yigeze gufata mu mwaka wa 2012.

Kubyerekeranye n’ibiganiro hagati ya Mushikiwabo na Lutundula, nta kintu kiratangazwa kihariye kiratangazwa kubyo bemeranyijeho ku ngingo ya bariya barwanyi.

TAGGED:CongoDemukarasifeaturedM23MushikiwabpUmutwe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amahoteli Yasabye Guverinoma Kongera Kuyagoboka Ku Nguzanyo Yafashe
Next Article EAC Pass: Abapimwe n’Abakingiwe COVID-19 Bagiye Koroherezwa Mu Ngendo Mu Karere
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Musanze: Abanyonzi Bibukijwe Akamaro Ka Gerayo Amahoro

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Gatsibo: Babwiye PM Nsengiyumva Ibyiza Byo Gutura Ku Mudugudu

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?