Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ndabahamiriza Ko Turi Abaturage B’Imico Myiza Kandi Bihagazeho- Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ndabahamiriza Ko Turi Abaturage B’Imico Myiza Kandi Bihagazeho- Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 April 2022 10:49 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umukuru w’u Rwanda Paul Kagame yaraye abwiye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko n’ubwo abatuye iki gihugu bakennye kandi bimaze igihe, ariko ni abaturage bazi kubaha abandi kandi bagendera ku mahame asobonutse, bigatuma baba abantu bihagazeho.

Hari mu ijambo yababwiye ubwo yabakiraga ku meza.

Muri bo harimo n’abari bamaze igihe gito bamugejejeho inyandiko zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda harimo n’uwa Mozambique, ufite icyicaro i Kigali.

Perezida Kagame yongeye kwibutsa abanyacyubahiro bari bamuteze amatwi ko Abanyarwanda by’umwihariko n’Abanyafurika muri rusange ari abantu bazi gutandukanya ururo n’urwatsi, bazi gushyira mu gaciro no guha buri wese icyubahiro akwiye.

Ku Perezida Kagame, ngo niyo hari abasuzugura Abanyarwanda, bo icyo bakora ni ukubaha abandi no gukomeza mu nzira ibanogeye.

Ati: “ Ndagira ngo mbahamirize ko n’ubwo Abanyarwanda muri rusange bagize igihugu gikennye, ariko rwose ku byerekeye indangagaciro no kuzubahiriza turi aba mbere. Turi abantu bafite indangagaciro bakomeyeho.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko amahanga yagombye kuzibukira igitekerezo cy’uko abaturage b’Afurika bagomba kwigishwa indangagaciro n’abandi.

Avuga ko buri gihugu kigira amateka yacyo, aho cyavuye n’aho kigeze ndetse n’aho kigana kandi ngo ibi ntawe ubyigisha undi.

Ku byerekeye ibihe u Rwanda rurimo bifite aho bihuriye n’icyorezo COVID-19, Perezida Kagame avuga ko cyaje kigakoma  mu nkokora iterambere ryarwo.

Mbere y’umwaka wa 2020, ubukungu bw’u Rwanda bwakuraga ku kigero cyageraga ku 8% cyangwa kurengaho.

Kagame yavuze ko u Rwanda rwakoze uko rushoboye ruhangana na COVID-19 kandi ngo muri iki gihe biri kugaragara ko ingamba rwafashe zari nziza kuko ubukungu bwarwo buri gusubira ku murongo buhoro buhoro.

Yashimiye ibihugu by’inshuti z’u Rwanda byarufashije kwivana mu ngaruka z’iki cyorezo, kandi abasezeranya abahagarariye biriya bihugu mu Rwanda ko ruzakomeza kubabanira neza ku nyungu z’impande zombi.

Hari n’abandi bakora mu zindi nzego

Yashimye abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda ko bakomeje gukorana narwo mu kurufasha kwivana mu bibazo rwatewe na COVID-19.

Yavuze kandi ko u Rwanda ruzakomeza gukorana n’inshuti zarwo mu iterambere ryarwo ariko ntawe rubangamiye.

Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bari bitabiriye igikorwa cyo gutangiza icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 28, nabwo yavuze ko amahanga adakwiye gufata u Rwanda nk’igihugu kitagira ubutabera.

Icyo gihe yavuze ko ubutabera bw’Abanyarwanda buri ku rwego rusumba ubwo mu bihugu byinshi kuko rwo rwemeye no guhuza abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi n’abayirokotse hagamijwe kubaka igihugu cyunze ubumwe.

Amafoto: Kigali Today

TAGGED:AfurikaCOVID-19featuredKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Imbuga Nkoranyambaga Ziracyagusha Urubyiruko Mu Gukora Ibyaha
Next Article Nyagatare: Uruganda Rwa Kawunga Rumaze Hafi Imyaka Ibiri Rwaruzuye Ariko Ntirukora
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

IbidukikijeMu Rwanda

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?