Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nduhungirehe Asaba Abanyarwanda Baba Mu Mahanga Gukomeza Kurwoherezamo Amadolari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Asaba Abanyarwanda Baba Mu Mahanga Gukomeza Kurwoherezamo Amadolari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 04 January 2025 8:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Min Nduhungirehe aganiriza Abanyarwanda baba mu mahanga(Ifoto@Minafffet X post
SHARE

Mu musangiro wahuje Abanyarwanda baba mu mahanga n’abakora muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, Minisitiri Nduhungirehe Olivier yaganiriye nabo abashimira umusanzu batanga mu iterambere ry’u Rwanda, abasaba gukomereza aho.

Yatangaje ko mu mwaka wa 2023, amafaranga yoherejwe mu Rwandda bikozwe n’Abanyarwanda batuye mu mahanga, yageze kuri miliyoni $ 505.

Abanyarwanda bari baje muri uwo musangiro ni abantu 130 baba mu mahanga baturutse mu bihugu 40 hirya no hino ku isi.

Nduhungirehe yashimiye abo bose uruhare bagira mu kubaka u Rwanda, abasaba no gukomeza kubera u Rwanda ba Ambasaderi barwizihiye.

Yagize ati “Umusanzu wanyu mu guteza imbere ubucuruzi, uburezi, umuco n’imibereho myiza y’abaturage bigaragarira buri wese mu bikorwa by’indashyikirwa, by’umwihariko umusanzu wanyu mu guteza imbere ubukungu bw’igihugu binyuze mu mafaranga mwohereza mu Rwanda ubu akaba ari miliyoni $505 yaje mu Rwanda mu mwaka 2023”.

Yavuze ko kugira ngo gahunda y’igihugu zo kwihutisha iterambere mu cyiciro cyayo cya kabiri NST2 izashyirwe mu bikorwa, ari ngombwa ko Abanyarwanda baba mu mahanga bakomeza gutanga umusanzu wabo mu buryo bwose.

Ati: “Kugera ku ntego za NST2 bizasaba imbaraga no gukomeza ubufatanye n’inzego bireba harimo namwe abagize umuryango w’Abanyarwanda baba mu mahanga”.

Raporo y’umwaka wa 2023 yakozwe na Banki y’Isi ku kohererezanya amafaranga mu bihugu biri Munsi y’Ubutayu bwa Sahara yanditswemo ko u Rwanda ruri ku mwanya wa kabiri nyuma y’izamuka rya 16.8% ry’amadovize arwoherezwamo.

Byatewe ahanini n’ishoramari rituruka hanze y’u Rwanda ryarenze miliyari $2.4 ririmo n’ishoramari ry’Abanyarwanda baba mu mahanga.

Mu mwaka wa 2021, yari miliyoni $ 378,5; mu mwaka wa 2022 agera kuri miliyoni $461,2, bikagaragaza ko amafaranga y’Abanyarwanda yinjira mu  Rwanda aturutse hanze yiyongereye muri icyo gihe cyose ku rugero rwa 15,5% buri mwaka hagati ya 2021 na 2023.

TAGGED:AbanyarwandaAmahangafeaturedInkungaNduhungirehe
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Polisi Igiye Gukoresha Drones Mu Gucunga Abica Umutekano Mu Muhanda
Next Article DRC: ikibazo Cy’Abashinwa Bishwe N’Umupolisi Gikomeje Gufata Intera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gaza: Hamas Yasabye Abarwanyi 7,000 Gusubira Aho Ingabo Za Israel Zavuye

Mfite Impungenge Ko Ibyo Kwaka FDLR Intwaro Bizaba Amasigarakicaro- Dr Buchanan

Ingabo Za Amerika Zamaze Kugera Muri Israel

Makuza Ayoboye Indorerezi Za Afurika Yunze Ubumwe Mu Matora Yo Muri Cameroun

Knowless Yagiye Tanzania Kuhasohorera Indirimbo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

DRC: Leta Yategetse FDLR Kwishyira Mu Maboko Y’Ingabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

Rwanda: Amagaraje Atujuje Ibisabwa Azafungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?