Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Netanyahu Yavuye Mu Bitaro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Netanyahu Yavuye Mu Bitaro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 16 July 2023 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Nyuma y’igihe gito yari amaze mu bitaro kubera ikibazo cyo kumva atameze neza ndetse akumva arwaye isereri, Minisitiri w’Intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yatashye.

Abakora mu Biro bye batangaje ko yagize ikibazo cyo kubura amazi mu mubiri ariko ngo ‘nta kibazo kinini’ afite.

CNN yanditse ko mu itangazo ryasohowe n’Ibiro bya Netanyahu handitsemo ko mbere yo koherezwa kwa muganga, yagize isereri ariko idakomeye.

Abaganga bategetse ko akomeza gukorerwa isuzuma ngo harebwe uko bihagaze.

Netanyahu ubwe yari yaraye asohoye video asaba abaturage kunywa amazi menshi kubera ko nawe yumvaga amazi ‘yamushizemo’.

Hari amakuru yavugaga ko ari butahe kuri uyu wa 16, Nyakanga, 2023.

Muri Israel havugwa ubushyuhe bwinshi k’uburyo bwarenze cyane 30 Celsius kandi bikaba bimaze igihe.

Ikigo gishinzwe iteganyagihe muri Israel kivuga ko ubu bushyuhe buzakomeza no mu Cyumweru kiri butangire kuri uyu wa Mbere taliki 17, Nyakanga, 2023.

Iyo Netanyahu akomerezwa, byaba kuba ngombwa ko Inteko ishinga amategeko ya Israel iterana igatora uw’agateganyo.

N’ubwo Minisitiri w’Ubutabera ari we uba ufatwa nka Minisitiri w’Intebe wa Israel wungirije, ariko nta bushobozi aba afite bwo gufatira igihugu ibyemezo kuko amategeko atabimwemerera.

Benyamini Netanyahu afite imyaka 73 y’amavuko.

TAGGED:MinisitiriNetanyahuUburwayi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article FPR Yabwiye Urubyiruko Amavuko Yayo
Next Article Turashaka Gufungura Ambasade Muri Hungary- Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?