Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ngirente Yavuze Impamvu Kaminuza Zikomeye Zashoye Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ngirente Yavuze Impamvu Kaminuza Zikomeye Zashoye Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2023 3:57 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye Ihuriro mpuzamahanga ryiswe Global Gateway Forum ryabereye mu Bubiligi, Minisitiri w’Intebe Dr.Edouard Ngirente yababwiye ko imikoranire ya Leta n’abikorera ku giti cyabo yatumye mu Rwanda hakorera Kaminuza mpuzamahanga.

Urugero ni Carnegie Melon Univeristy, Univeristy of Global Health Equity n’izindi

Ku byerekeye uburezi n’ubushakashatsi, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yavuze ko u Rwanda ruteza imbere uru rwego kubera ko rurangamiye ubukungu bushingiye ku bumenyi.

Yabwiye abitabiriye iyi nama mpuzamahanga ibera i Brussels ko u Rwanda rwashyizeho uburyo bwo guhanga udushya tw’ikoranabuhanga kandi mu mwaka wa 2018 rushyiraho ikigega gitera inkunga ubushakashatsi no guhanga udushya.

Ni cyo  gicishwamo inkunga igenewe ibikorwa by’ubushakashatsi no guhanga udushya.

Minisitiri w’Intebe avuga ko kugira ngo bigerweho byasabye ko hatezwa imbere ubufatanye bw’abikorera ku giti cyabo na Leta hagamijwe gufasha ba rwiyemezamirimo cyane cyane urubyiruko kubona igishoro n’ubundi bufasha mu gushora muri urwo rwego.

Umukuru wa Guverinoma y’u Rwanda Dr. Edouard Ngirente avuga ko muri ubwo ubwo budatanye ari naho Leta yahereye yemerera Kaminuza mpuzamahanga kuza gukorera mu Rwanda.

Mu ijambo rye, Dr Edouard Ngirente yashimye uko ibihugu by’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi bitera inkunga u Rwanda, kandi ashima ko barutumiye muri ibi biganiro.

Abagize ririya huriro bihaye intego y’uko hazakorwa  ishoramari rya Miliyari € 300 rizakoreshwa hagati y’umwaka wa 2021 n’umwaka wa 2027, rikazatuma ibihugu bigirana imikoranire mu by’uburezi aho kugira ngo bikore nka nyamwigendaho.

TAGGED:BubiligifeaturedIhuriroIntebeMinisitiriNgirenteUburezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CG Gasana Yafunzwe
Next Article RIB Yabwiye Abayobozi Ibyaha Abashakanye Bababarirana Imbere Y’Amategeko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?