Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nta Byinshi Dufite Byo Gusesagura- Kagame Abwira Sena
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Nta Byinshi Dufite Byo Gusesagura- Kagame Abwira Sena

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 24 October 2025 4:36 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu kugira inama abayobozi bose b’u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange, Perezida Kagame Paul yavuze ko amikoro y’igihugu ari make bityo ko akwiye korondorezwa aho bikwiye kurusha ahandi.

Nyuma yo kumva indahiro y’Abasenateri bashya baherutse gushyirwaho, nibwo Perezida Kagame yababwiye ijambo ryo kubaha ikaze muri izo nshingano bamwe bari basanzwemo.

Abo ni Me Evode Uwizeyimana na Prof Jean Pierre Dusingizemungu.

Kagame yabwiye abari mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda barimo n’abagize Guverinoma ko bagomba gufata ibyemezo bishingiye kubyo Abanyarwanda bakeneye.

Ashima ko Politiki z’u Rwanda ziba zanditse neza rwose gusa kuzishyira mu bikorwa bikagenda buguru ntege.

Yabibukije ko ibyo Abanyarwanda bakeneye ari byinshi ku buryo birenze ubushobozi bw’isanduku y’igihugu.

Niyo mpamvu asanga amikoro y’igihugu agomba gushyirwa ah’ingenzi kurusha ahandi.

Ati: “Ubundi urebye ibyo Abanyarwanda bakeneye ni byinshi cyane kandi birenze amikoro yacu. Ariko ibyo nabyo bitwibutsa ko mu mikoro make dufite, tugomba kudakoresha neza.”

Avuga ko kwishinga abafite byinshi bakabisesagura, byaba ari ukureba hafi.

Asanga imicungire y’umutungo w’u Rwanda igomba kuba idasanzwe.

Mujye mubareba mu maso mubabwire…

Kagame kandi yabwiye abari aho ko Abanyarwanda bakwiye kujya bashira amanga bakabwira abibwira ko babakesha kuramba no kuramuka ko bibeshya.

Yabibabwiriye mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda amaze kwikira indahiro y’Abasenateri bashya batandatu.

Ati: “Dufite imbaraga z’umutima… Izo tugomba kuzikoresha uko bikwiye. Erega nta muntu dusaba kuduha uburenganzira bwo kubaho. Ibyo Umunyarwanda utabyumva nawe afite ikibazo.”

Avuga ko Umunyarwanda waba utabyumva nyuma y’amateka igihugu cyavuyemo yaba akora nabi.

Mu nteruro ngufi yavuze ko ‘guhangana biruta gusabiriza’, asaba abaturage kujya bareba umuntu mu maso bakamubwira icyo bakwiye kumubwira.

Perezida wa Repubulika yavuze ko muri Politiki y’u Rwanda harimo ko nta kiremwa kibereyeho kubwira abandi uko babaho.

Abasenateri barahiye baje kuzuza umubare w’Abasenateri 26 bagize Sena y’u Rwanda.

Muri bo abagore ni 50% n’abagabo bakagira uwo mubare wa 50%.

Abarahiye kuri uyu wa Gatanu ni Prof. Dusingizemungu Jean Pierre, Uwizeyimana Evode, Dr. Uwamariya Valentine, Gasana Alfred,Frank Habineza na Nkubana Alphonse.

TAGGED:AbasenaterifeaturedIntekoKagameSenaUwizeyimana
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nta Byinshi Dufite Byo Gusesagura- Kagame Abwira Sena

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

DRC: Gusimbura Vital Kamerhe Bikomeje Kugorana

Umuhati Polisi Ishyira Mu Kurwanya Ibiyobyabwenge Ugera Kuki?

Rwanda: Ibiza Byishe Abantu 35 Hafi Mu Mezi Abiri

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda

U Rwanda Na Senegal Duhuriye Ku Kwita Kuri Ejo Hazaza H’Urubyiruko- Kagame

Abanyamerika Baramagana Perezida Wabo

You Might Also Like

ImikinoIzamamazaMu Rwanda

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ingabo Za Israel Zasanze Igitabo Cya Hitler Mu Biro Bya Hamas 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Abaturage Bagiye Kwegerezwa Ibigo Byigisha Ikoranabuhanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Ingazi: Uburyo Bushya Bwa Leta Bwo Korohereza Urubyiruko Kubona Akazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?