Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Ndamenya Iby’Uko u Burundi Bwafunguye Umupaka N’u Rwanda- Alain Mukuralinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntabwo Ndamenya Iby’Uko u Burundi Bwafunguye Umupaka N’u Rwanda- Alain Mukuralinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 9:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Alain Mukuralinda
SHARE

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Bwana Alain Mukuralinda yabwiye Taarifa ko amakuru y’uko u Burundi bwafunguye umupaka wabwo n’u Rwanda atarayamenya ariko ko ari buyatangaze nayamenya. Ni nyuma y’uko hari igitangazamakuru cyo mu Rwanda kibyanditse.

Amakuru bavuga ko bakesha urubuga rwa Twitter rwa Minisiteri y’umutekano n’iterambere by’u Burundi avuga ko Leta y’u Burundi yatangaje ko ‘yafunguye imipaka yose’ iyihuza n’ibindi bihugu ‘harimo n’iyihuza n’u Rwanda’.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri konti ya Twitter ya Minisiteri ishinzwe umutekano n’Iterambere mu Burundi, buvuga ko imipaka yose ifunguye.

Ubwo butumwa ngo bugira buti “Imipaka yose ihuza u Burundi n’ibihugu by’abaturanyi irafunguye. U Burundi ni nyabagendwa.”

Ubwanditsi bwa Taarifa bwashatse kumenya icyo Guverinoma y’u Rwanda ivuga kuri iryo fungurwa, Umuvugizi wayo wungirije Bwana Alain Mukuralinda asubiza ko ayo makuru atarayamenya.

Mukuralinda ati: “ Ayo makuru ntayo ndamenya ubwo ndaza kukubwira. Icyumweru cyiza…”

Inkuru y’uko imipaka yafunguwe, ije isanga indi yari imaze iminsi ivuga ko yafunguwe ariko bikorwa mu bucece, Leta ntiyabitangaza k’umugaragaro.

Bigitangira kuvugwa hari amakuru Taarifa yakuraga mu bice bituriye umupaka w’u Rwanda n’u Burundi yavugaga ko abaturage bambuka, abandi bakaza mu Rwanda ariko ko nta tangazo ritaziguye riturutse mu butegetsi bw’i Bujumbura ryari ryasohowe.

Perezida w’u Burundi Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye nawe yari aherutse gutangaza ko Abanyarwanda bajya i Burundi uko bashaka ndetse ngo muri Week end ajya ababona bagiye gufata akayaga kuri Tanganyika!

U Burundi bumaze igihe bishinja u Rwanda gucumbikira abashatse kubuhirikamo ubutegetsi mu mwaka wa 2015 bigapfuba.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi Bwana Albert Shingiro yigeze kuvuga ko uretse ikibazo cya Gen Godfrey Niyombare n’abandi bacumbikiwe mu Rwanda kandi barashatse guteza ibibazo i Burundi, ubundi ngo ntacyo ibihugu byombi bisanzwe bipfa!

U Rwanda rwo kugeza ubu ruvuga ko Abarundi baje mu Rwanda baruhungiyeho bakiriwe nk’uko n’izindi mpunzi zakirwa kandi ngo ibi bigenwa n’amategeko mpuzamahanga.

 

TAGGED:BurundifeaturedImipakaMukuralindaNdayishimiyeNiyombareRwandaShingiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Ya Bruce Melodie Wagiriye Ibibazo i Burundi, Ariel Wayz Nawe Agannye Yo
Next Article ‘Ntibavuga’ Gereza, ‘Bavuga’ Igororero: Icyo Itegeko Rishya Rigenga RCS Rivuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?