Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Ndamenya Iby’Uko u Burundi Bwafunguye Umupaka N’u Rwanda- Alain Mukuralinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntabwo Ndamenya Iby’Uko u Burundi Bwafunguye Umupaka N’u Rwanda- Alain Mukuralinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 9:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Alain Mukuralinda
SHARE

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Bwana Alain Mukuralinda yabwiye Taarifa ko amakuru y’uko u Burundi bwafunguye umupaka wabwo n’u Rwanda atarayamenya ariko ko ari buyatangaze nayamenya. Ni nyuma y’uko hari igitangazamakuru cyo mu Rwanda kibyanditse.

Amakuru bavuga ko bakesha urubuga rwa Twitter rwa Minisiteri y’umutekano n’iterambere by’u Burundi avuga ko Leta y’u Burundi yatangaje ko ‘yafunguye imipaka yose’ iyihuza n’ibindi bihugu ‘harimo n’iyihuza n’u Rwanda’.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri konti ya Twitter ya Minisiteri ishinzwe umutekano n’Iterambere mu Burundi, buvuga ko imipaka yose ifunguye.

Ubwo butumwa ngo bugira buti “Imipaka yose ihuza u Burundi n’ibihugu by’abaturanyi irafunguye. U Burundi ni nyabagendwa.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubwanditsi bwa Taarifa bwashatse kumenya icyo Guverinoma y’u Rwanda ivuga kuri iryo fungurwa, Umuvugizi wayo wungirije Bwana Alain Mukuralinda asubiza ko ayo makuru atarayamenya.

Mukuralinda ati: “ Ayo makuru ntayo ndamenya ubwo ndaza kukubwira. Icyumweru cyiza…”

Inkuru y’uko imipaka yafunguwe, ije isanga indi yari imaze iminsi ivuga ko yafunguwe ariko bikorwa mu bucece, Leta ntiyabitangaza k’umugaragaro.

Bigitangira kuvugwa hari amakuru Taarifa yakuraga mu bice bituriye umupaka w’u Rwanda n’u Burundi yavugaga ko abaturage bambuka, abandi bakaza mu Rwanda ariko ko nta tangazo ritaziguye riturutse mu butegetsi bw’i Bujumbura ryari ryasohowe.

Perezida w’u Burundi Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye nawe yari aherutse gutangaza ko Abanyarwanda bajya i Burundi uko bashaka ndetse ngo muri Week end ajya ababona bagiye gufata akayaga kuri Tanganyika!

- Advertisement -

U Burundi bumaze igihe bishinja u Rwanda gucumbikira abashatse kubuhirikamo ubutegetsi mu mwaka wa 2015 bigapfuba.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi Bwana Albert Shingiro yigeze kuvuga ko uretse ikibazo cya Gen Godfrey Niyombare n’abandi bacumbikiwe mu Rwanda kandi barashatse guteza ibibazo i Burundi, ubundi ngo ntacyo ibihugu byombi bisanzwe bipfa!

U Rwanda rwo kugeza ubu ruvuga ko Abarundi baje mu Rwanda baruhungiyeho bakiriwe nk’uko n’izindi mpunzi zakirwa kandi ngo ibi bigenwa n’amategeko mpuzamahanga.

 

TAGGED:BurundifeaturedImipakaMukuralindaNdayishimiyeNiyombareRwandaShingiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Ya Bruce Melodie Wagiriye Ibibazo i Burundi, Ariel Wayz Nawe Agannye Yo
Next Article ‘Ntibavuga’ Gereza, ‘Bavuga’ Igororero: Icyo Itegeko Rishya Rigenga RCS Rivuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?