Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ntabwo Ndamenya Iby’Uko u Burundi Bwafunguye Umupaka N’u Rwanda- Alain Mukuralinda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ntabwo Ndamenya Iby’Uko u Burundi Bwafunguye Umupaka N’u Rwanda- Alain Mukuralinda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2022 9:00 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Alain Mukuralinda
SHARE

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda Bwana Alain Mukuralinda yabwiye Taarifa ko amakuru y’uko u Burundi bwafunguye umupaka wabwo n’u Rwanda atarayamenya ariko ko ari buyatangaze nayamenya. Ni nyuma y’uko hari igitangazamakuru cyo mu Rwanda kibyanditse.

Amakuru bavuga ko bakesha urubuga rwa Twitter rwa Minisiteri y’umutekano n’iterambere by’u Burundi avuga ko Leta y’u Burundi yatangaje ko ‘yafunguye imipaka yose’ iyihuza n’ibindi bihugu ‘harimo n’iyihuza n’u Rwanda’.

Ubutumwa bwanyujijwe kuri konti ya Twitter ya Minisiteri ishinzwe umutekano n’Iterambere mu Burundi, buvuga ko imipaka yose ifunguye.

Ubwo butumwa ngo bugira buti “Imipaka yose ihuza u Burundi n’ibihugu by’abaturanyi irafunguye. U Burundi ni nyabagendwa.”

Ubwanditsi bwa Taarifa bwashatse kumenya icyo Guverinoma y’u Rwanda ivuga kuri iryo fungurwa, Umuvugizi wayo wungirije Bwana Alain Mukuralinda asubiza ko ayo makuru atarayamenya.

Mukuralinda ati: “ Ayo makuru ntayo ndamenya ubwo ndaza kukubwira. Icyumweru cyiza…”

Inkuru y’uko imipaka yafunguwe, ije isanga indi yari imaze iminsi ivuga ko yafunguwe ariko bikorwa mu bucece, Leta ntiyabitangaza k’umugaragaro.

Bigitangira kuvugwa hari amakuru Taarifa yakuraga mu bice bituriye umupaka w’u Rwanda n’u Burundi yavugaga ko abaturage bambuka, abandi bakaza mu Rwanda ariko ko nta tangazo ritaziguye riturutse mu butegetsi bw’i Bujumbura ryari ryasohowe.

Perezida w’u Burundi Nyakubahwa Evariste Ndayishimiye nawe yari aherutse gutangaza ko Abanyarwanda bajya i Burundi uko bashaka ndetse ngo muri Week end ajya ababona bagiye gufata akayaga kuri Tanganyika!

U Burundi bumaze igihe bishinja u Rwanda gucumbikira abashatse kubuhirikamo ubutegetsi mu mwaka wa 2015 bigapfuba.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Burundi Bwana Albert Shingiro yigeze kuvuga ko uretse ikibazo cya Gen Godfrey Niyombare n’abandi bacumbikiwe mu Rwanda kandi barashatse guteza ibibazo i Burundi, ubundi ngo ntacyo ibihugu byombi bisanzwe bipfa!

U Rwanda rwo kugeza ubu ruvuga ko Abarundi baje mu Rwanda baruhungiyeho bakiriwe nk’uko n’izindi mpunzi zakirwa kandi ngo ibi bigenwa n’amategeko mpuzamahanga.

 

TAGGED:BurundifeaturedImipakaMukuralindaNdayishimiyeNiyombareRwandaShingiro
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Nyuma Ya Bruce Melodie Wagiriye Ibibazo i Burundi, Ariel Wayz Nawe Agannye Yo
Next Article ‘Ntibavuga’ Gereza, ‘Bavuga’ Igororero: Icyo Itegeko Rishya Rigenga RCS Rivuga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?