Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: N’ubwo Guhangana Na COVID-19 Byashyizwemo Ingufu, Inzira Iracyari Ndende-Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Icyorezo COVID-19

N’ubwo Guhangana Na COVID-19 Byashyizwemo Ingufu, Inzira Iracyari Ndende-Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 May 2021 7:20 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu  ijambo Perezida Paul Kagame yaraye agejeje ku bayobozi  baganiraga uko hashyirwaho amasezerano arambye yo guhangana n’icyorezo COVID-19 , yababwiye ko n’ubwo isi yakoranye ibakwe( ingufu) ngo ihangane na COVID-19, ariko hakiri byinshi byo gukora.

Hari mu kiganiro cyahuje abayobozi bo muri Afurika n’abandi bo hirya no hino ku isi mu rwego rwo kuganira k’uguhangana na COVID-19 binyuze mu gushyiraho ingamba zirimo no gukora inkingo zihagije abatuye Isi.

Perezida Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi ko n’ubwo hari amasezerano yo kureba uko habaho ubufatanye mu guhangana na COVID-19, ariko inzira ikiri ndende.

Aya masezerano yiswe The Pandemic Preparedness Treaty, akaba ategerejwe kuzatangazwa  mu mpera za Gicurasi, 2021.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Iriya nama yari iyobowe n’abandi bayobozi  barimo Madamu Ellen Johnson Sirleaf wayoboye Liberia na Madamu Helen Elizabeth Clark wigeze kuba Minisitiri w’Intebe wa Nouvelle Zélande.

Mu ijambo rye Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakomeza gukora uko rushoboye kugira ngo muri Afurika hubakwe uruganda rukora inkingo cyane cyane urwa COVID-19.

Avuga ko igihe cyose Afurika izaba itaragira ruriya ruganda, izahora isaba inkingo ibindi bihugu kandi ngo ibi ntibikwiye.

Ikindi Umukuru w’Igihugu yavuze ni uko uburyo bwiza kurusha ubundi bwo guhangana n’ibyorezo ari ukubyirinda.

Yemeza ko kugira ngo bigerweho bisaba ko abantu bamenya kwirinda gusagarira ibidukikije, ahubwo bakabikoresha mu buryo butuma biramba.

- Advertisement -

Yarangije ijambo rye avuga ko ibihugu bigomba gushyira imbaraga mu rwego rw’ubuzima ariko bigakora bidahenze ibihugu.

Yijeje abari bamuteze amatwi ko u Rwanda rutegereje ibizatangazwa muri raporo iri gutegurwa na Ellen Johnston Sirleaf na Helen Clark n’abandi bahanga bagize itsinda ryitwa Independent Panel on Pandemic Preparedness and Response for the Future.

Ellen Johnston Sirleaf
Abandi bitabiriye irina nama.

TAGGED:COVID-19featuredIkigoInkingoKagameLiberia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwarimu Muri Kaminuza ati: ‘Ibiganiro Byacu Byavaga Kubyo Bechir Ben Yahmed Yanditse’
Next Article Ikamyo Ihetse Meterokibe 33 Za Lisansi Yari Igiye Gushya Habura Gato
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?