Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nushora Mu Rwanda Ntuzabyicuza- Perezida Kagame
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nushora Mu Rwanda Ntuzabyicuza- Perezida Kagame

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 7:16 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abwiye abitabiriye Inama yo ku rwego rwo hejuru yiga uko ingufu zibyara amashanyarazi zakwizwa ku isi ko u Rwanda by’umwihariko n’Afurika muri rusange hatakiri ahantu ho kwishisha. Yavuze ko ushoye mu Rwanda aba agomba kudashidikanya ku nyungu azabikuramo.

Iyi nama yiswe Global Colombia Energy Summit 2023 yitabiriwe n’abahanga mu by’ingufu zitanga amashanyarazi zirimo izisubira n’izitisubira.

Kagame avuga ko igihugu cyose ku isi kigomba kuba gifite ingufu zitanga amashanyarazi zihagije k’uburyo ayo mashanyarazi aba impamvu irambye yo kugera ku majyambere atajegajega.

Ibi nibyo u Rwanda rukora kandi ruzakomeza gukora nk’uko Perezida Kagame yabivuze.

Yagize ati: “ Mbere na mbere dukeneye imbaraga zitanga amashanyarazi kugira ngo tugere ku iterambere twiyemeje. Ntidushobora kugera ku iterambere riringaniye cyangwa ryisumbuyeho tudafite amashanyarazi.”

U Rwanda rusanganywe intego  y’uko abarutuye bose bazaba bafite amashanyarazi bitarenze umwaka wa 2024.

Kugeza ubu abafite amashanyarazi yaba akomoka ku murongo mugari cyangwa akomoka ku wundi murongo( off-grid) barenga 80%, Kicukiro na Nyaruguru tukaba uturere twa mbere dufite amashanyarazi angana na 100% y’ingo zose.

Perezida Kagame yabwiye abari bamuteze amatwi ko muri iki gihe Afurika n’u Rwanda by’umwihariko bitakiri ahantu ho gutinya gushora imari kuko ibintu byahindutse.

Avuga ko muri iki gihe Afurika yateye intambwe igaragara mu guha abayituye amashanyarazi kandi ngo biraganisha mu nzira nziza.

Isoko rusange ry’ibihugu by’Afurika riherutse gutangizwa naryo ngo ni ikintu cyiza kizazamura ubukungu binyuze mu guhahirana no kubaka ibikorwa remezo birimo n’amashanyarazi.

Umukuru w’u Rwanda avuga ko ibyo byose biri gukorwa mu gihe isi, muri rusange, iri kwivana mu ngaruka zatewe n’icyorezo cya COVID-19 ndetse n’intambara iri muri Ukraine igikomeje.

Abajijiwe aho u Rwanda rwakuye imbaraga zatumye rutera imbere ku rwego rugeze ho muri iki gihe, Perezida Kagame yavuze ko imiyoborere myiza yabanye inkingi ya mwamba muri urwo rugendo.

Avuga ko kugira igihugu kigendera ku mategeko n’igenamigambi riboneye nabyo biri mu byatumye u Rwanda rugera aho rugeze.

Ati: “ Imikorere nk’iyi niyo yatumye iyo uje mu Rwanda kuhakorera uza wizeye ko hari icyo uzunguka kubera ko twashyizeho uburyo bwiza butuma umuntu yizera ibyo abona kandi akagira icyizere ko atazaruhira ubusa”.

Yabwiye abari  bamuteze amatwi ko u Rwanda ruzakomeza gukora uko rushoboye ngo rukore rwiteze imbere.

Perezida Kagame avuga ko n’ubwo ari uko ibintu bimeze, igikurikira ho ari gukora cyane kugira ngo iyo nzira yatangiwe ikomezwe kandi bikorwe mu buryo bugirira buri wese akamaro.

Amashanyarazi mu ngo z’Abanyarwanda…

Imibare ivuga ko ‘kugeza ubu’ ingo zikabakaba 80.8% zifite amashanyarazi hose mu Rwanda. Icyakora imbonerahamwe yakozwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amashanyarazi, EUCL, ivuga ko muri Werurwe, 2022  ingo zinganaga na 68.48%.

Akarere ka mbere gafite ingo zose zibamo amashanyarazi ni Kicukiro ariko n’ingo zose za Nyaruguru zifite amashanyarazi ariko yiganjemo atangwa n’izindi soko zayo nk’izuba, umuyaga n’indi.

Nizo bita off-grid electricity.

Mu Karere ka Nyaruguru, amashanyarazi aboneka muri ubu buryo afite ijanisha rya 61% n’aho atangwa n’ingufu zisanzwe( on-grid) angana na 39%.

Muri Kicukiro amashanyarazi atangwa n’andi masoko( sources) atari asanzwe afite ijanisha rya 4%, asigaye yose akagira 96%.

Akarere gafite ingo nke zifite amashanyarazi ni Akarere ka Gakenke.

Imibare yo muri Werurwe, 2022 yavugaga ko akarere gafite amashanyarazi macye kandi gasa n’aho gateye imbere ni Muhanga kuko kari gafite 62% uyu mubare ukaba ungana n’uwo mu Karere ka Nyamagabe nako gafite 62%.

Akarere ka Ngororero gafite 50%, Nyabihu ikagira 56%, Nyamasheke ifite 59%, Nyanza ikagira 61%, Nyamasheke ikagira 62% umubare kanganya n’aka Muhanga gafite 62%.

Birumvikana ko iyi mibare yiyongereye kuko Guverinoma y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo bakomeje kugeza ku baturage amashanyarazi yo mu buryo butandukanye.

TAGGED:AmashanyarazifeaturedIngufuKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Bafatanywe Magendu Ya Miliyoni Frw 5
Next Article Abarimu Bakubise Umunyeshuri Bamumena Ubugabo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?