Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyagatare: Akarere Kaza Mu Twa Mbere Dufite Abasambanya Abana Benshi Mu Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyagatare: Akarere Kaza Mu Twa Mbere Dufite Abasambanya Abana Benshi Mu Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 May 2022 8:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha rutangaza ko Akarere ka Nyagatare kari mu twa mbere mu Rwanda tugaragaramo icyaha cyo gusambanya abana. Byatangajwe n’Umukozi w’uru rwego RIB witwa Jean Claude Ntirenganya usanzwe ukora mu ishami ryo gukumira ibyaha n’ubushakashatsi.

Jean Claude Ntirenganya aganiriza abanyeshuri b’i Nyagatare

Hari mu gikorwa cy’ubukangurambaga bugamije gukumira no kwirinda ibyaha byibasiye urubyiruko bwakorewe mu ishuri rya Cleverland Technical School Matimba riri i Matimba

Nyuma yo kugaragaza imibare yerekana uko ibyaha byibasiye urubyiruko biteye mu Rwanda, yerekanye ko Akarere ka Nyagatare kaza mu turere twa mbere mu gihugu twibasiwe n’icyaha cyo gusambanya umwana.

Imibare igaragaza ko Intara y’i Burasirazuba iza ku mwanya wa mbere  ku cyaha cyo gusambanya abana nk’uko imibare yafashwe mu myaka itatu  ishize ibyerekana.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ubusanzwe Akarere kaza ku mwanya wa mbere kuri iki cyaha ni aka Gasabo.

Gakurikirwa na Gatsibo, Nyagatare, aka kana kakaba Bugesera.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza witwa Juliet Murekatete wari uri muri uyu muhango yavuze ko Akarere kabo kibasiwe n’icyaha cyo gusambanya abana, icuruzwa ry’abantu kuko baturiye umupaka.

Ikindi ngo ni uko muri kariya karere hari n’ikiyobyabwenge cyitwa Rwiziringa kibasira abantu bagatangira kwitwara nk’abana kandi ari umuntu mukuru.

Kwitonda Ndahiro Jimmy uhagarariye abanyeshuri muri kiriya kigo yasabye bagenzi be gushishoza kuko iyo urangaye mu gukoresha imbuga nkoranyambaga uhura n’ibyago.

- Advertisement -

Umuyobozi w’iri shuri witwa Jonas Nkurikiye  yavuze ko yizeye ko buriya bukangurambaga buzafasha rubyiruko  rwugarijwe n’ibyaha bitizwa umurindi n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge.

Abanyeshuri bavuze ko bagiye kwihatira kumenya no kwirinda ibyaha
Kwigisha ni uguhozaho. Abakozi ba RIB bakomeje gusaba abaturage kutubahuka amategeko
TAGGED:featuredIshuriNdahiroNyagatareRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gen Muganga Yasabye Abakinnyi Ba APR Gutwara ‘Ibikombe Byose’
Next Article Umuyobozi Mukuru Wa Kaminuza Y’u Rwanda Yeguye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?