Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Imiryango 24 Ntifite Aho Kurambika Umusaya Nyuma Y’Inkubi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Nyamasheke: Imiryango 24 Ntifite Aho Kurambika Umusaya Nyuma Y’Inkubi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 February 2025 2:45 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Byabereye mu Karere ka Nyamasheke
SHARE

Kuri iki Cyumweru tariki 16, Gashyantare, 2025 mu Mirenge ya Gihombo, Kirimbi, Macuba na Kanjongo mu Karere ka Nyamasheke habaye ikiza cyatewe n’inkubi yasenye inzu z’abantu bagize ingo 24.

Bagiye gucumbikirwa n’abaturanyi cyane cyane ko barimo n’abana.

Abo baturage basaba ubuyobozi kubaba hafi bukabafasha kubona isakaro kugira ngo basubire mu byabo.

Umwe muri bo yabwiye Imvaho Nshya dukesha iyi nkuru ati: “Akagari kacu kibasiwe cyane kuko inzu umunani zose zasenyutse, tukaba turi hanze rwose kuko hari n’abafite imiryango minini kandi n’abaturanyi babo inzu babaye babacumbikiyemo bazikoreshaga”.

Undi wo mu Murenge wa Gihombo ati: “Meze nk’urara hanze rwose kuko aho umuturanyi yancumbikiye ni hato cyane. Dusa n’abahahariye abana kuko ntitwahakwirwa kandi nta bushobozi mfite bwo guhita niyubakira.”

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Nyamasheke ushinzwe iterambere ry’ubukungu, Muhayeyezu Joseph Désiré, yavuze ko imvura yari irimo umuyaga mwinshi cyane.

Yemeza ko yaje ihuhura zimwe mu nzu kuko zari zishaje cyane, izindi zitaziritse ibisenge.

Ati: “Yari imvura ivanze n’umuyaga mwinshi cyane, itwara ibisenge, ahandi amazi yinjira mu nkuta inzu zirasenyuka. Abahuye n’ibyo biza bacumbikiwe mu baturanyi babo”.

Icyihutirwa kuri we nk’umuyobozi ni ukubashakira aho baba Kandi yemeza biri gukorwa.

Birakorwa n’ikipe y’Akarere iri kubarura ibyangiritse byose n’ibikenewe ngo bongere kubona aho baba.

Ubusanzwe Akarere gakorana na Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA) mu gufasha abahuye n’ibiza.

Asaba abaturage bataragerwaho na kariya kaga gufata ingamba zo kukirinda mu gihe kizaza.

Ati: “Ikindi ni ingamba zo kwirinda. Akenshi na kenshi usanga inzu zihitanwa n’imiyaga nk’iyo ari izifite ibisenge bitaziritse. Ubwo rero turasaba  abaturage kuzirika ibisenge kuko kubizirika bitwara atarenga Frw 7.500, nyamara inzu yasenyutse kuyisana bitwara hagati ya Frw 500.000 na miliyoni Frw 1. Amabati yonyine yatwara agera ku Frw 300.000.”

Asanga umuturage akwiye kureba kure akamenya ko ‘kwirinda biruta kwivuza’ bityo akirinda ko ibiza byazamusiga iheruheru.

Muhayeyezu asaba abaturage gutera ibiti hafi y’inzu zabo ariko bitazegereye kuko bigabanya umuvuduko w’umuyaga.

Yanasabye kandi abagituye mu manegeka kuhimuka kugira ngo birinde ingaruka zishobora kubageraho.

Yashimiye  imiryango yemeye gucumbikira  iyahuye n’ibiza, avuga ko gutabarana ari imigirire myiza ikwiye kuranga abantu muri rusange.

TAGGED:AbaturageGitifuNyamashekeUmuyaga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Sassou Nguesso Ntashyigikiye Ibihano Byafatirwa u Rwanda
Next Article AFC/M23 Irasaba Abaturage Bose Kuyiyoboka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Imwe Mu Makipe Yo Muri Sudani Yikuye Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Muramu Wa Vital Kamerhe Niwe Mukandida Wo Kumusimbura Kuyobora Inteko

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Kamala Harris Aracyashaka Kuba Perezida Wa Amerika 

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

You Might Also Like

Mu mahanga

Tanzania: Mu Matora Y’Uwasimbura Samia Suluhu Havutse Imvururu Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Na Saudi Arabia Mu Gufasha Abaturage Gutekesha Gazi 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Tanzania: Baratora Perezida N’Abadepite 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

PM Nsengiyumva Yabwiye Abanyamerika Icyo u Rwanda Rukora Ngo Rutere Imbere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?