Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Imbuto Mbi Y’Imyumbati Igiye Kubashonjesha
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Nyanza: Imbuto Mbi Y’Imyumbati Igiye Kubashonjesha

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2023 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Kibirizi hari abaturage bataka kutagira imbuto nziza y’imyumbati kandi iki gihingwa ngangurarugo kiri mu bibatunze.

Bvuga ko babonye imbuto nziza, byatuma basazura imyumbati ishaje bityo bakeza.

Impeshyi ikakaye yo mu mwaka wa 2023 niyo yumishije imyumbati, irakokoka.

Mu murima uhasanga imyumbati inanutse cyane n’amababi yakokotse, n’igifite amababi isa n’iyarwaye.

Abaturage bo muri iki gice kitwa Amayaga babwiye bagenzi bacu ba Kigali Today ko nibatabona imbuto nziza y’imyumbati, bazasonza bikomeye

Nyirahategekimana wo mu Kagari ka Murinja ati “Nta kintu tukigira rwose ku Mayaga, imyumbati yarapfuye. Hari imbuto y’imyumbati twagiraga yarapfuye kubera ahari kuyihoza mu butaka. Turifuza imbuto nzima.”

Undi wo mu Kagari ka Gahombo witwa Judith Byukusenge avuga ko bari gutera utuntu yise utw’amafuti ngo barebe ko twazera bakazasurura.

Avuga ko impungenge zihari ari uko natwo hari ubwo udutera tugahita twuma.

Ati: “ Ni na yo ntandaro y’ubukene dufite muri iki gihe. Urahinga bikanga kuko nta mbuto nziza dufite.”

Ntabamenya aho imbuto yatubuwe yarengeye…

Mu gihe batakamba ngo bahabwe imbuto nzima, ku rundi ruhande bavuga ko imbuto y’imyumbati yatubuwe batamenya aho yarengeye.

Bavuga ko babona imodoka iza ikayipakira ikayijyana.

Eugène Niyigaba wo mu Kagari ka Murinja ati:“Abatubuzi baratubura rwose. Ariko ntitumenya aho ijya kuko tubona imodoka zipakira zijyana mu Burasirazuba. Mudukorere ubuvugizi, natwe tubashe kubona kuri iyo mbuto y’imyumbati kuko imbuto twageragezaga guhinga yaranze, ni yo mpamvu ku misozi yacu nta mwumbati ubonaho.”

Brigitte Mukantaganzwa uyobora Umurenge wa Kigoma avuga ko iby’uko imbuto ari nke ari byo.

Hagati aho ngo bari gushaka indi mbuto nziza kandi ngo abaturage ‘bashonje bahishiwe.’

Ati: “N’ubu dufite benshi bamaze kwiyandikisha bayikeneye. Ihari koko ni nkeya, ariko twizera ko izaboneka. Ntibacike intege.”|

Dr. Athanase Nduwumuremyi ushinzwe igihingwa cy’imyumbati muri RAB, avuga ko abatuye mu Murenge wa Kigoma bashakira imbuto ku witwa Vincent Habonimana wo mu Mudugudu wa Burambi, Akagari ka Murinja, kuko byari biteganyijwe ko azatanga ingeri ibihumbi 800, guhera ku itariki ya 23 Nzeri.

Yibutsa abahinzi kandi ko uretse imbuto nziza, imyumbati ifumbirwa ikanabagarwa kugira ngo yere neza.

TAGGED:AbaturageImyumbatiNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwavuguruye Ubufatanye Na Singapore
Next Article The Ben Na Uncle Austin Bibiwe Telefoni i Burundi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUbukungu

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?