Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: RIB Yafashe Uwo Ikekaho Kwicira Umuntu Muri Karongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Nyanza: RIB Yafashe Uwo Ikekaho Kwicira Umuntu Muri Karongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 July 2024 6:46 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Karere ka Nyanza hafatiwe umugabo w’imyaka 38 y’amavuko wari umaze hafi amezi ane avuye mu Karere ka Karongi aho bivugwa ko yiciye umuntu, icyo cyaha akaba avugwaho kugikorera mu Murenge wa Murundi.

Ubuyobozi bwo mu Murenge wa Busoro aho yafatiwe, buvuga ko yishe umugabo wiwa Gérald Usabyuwera wabaga mu  Mudugudu wa Ruhungamiyaga, Akagari ka Kareba mu Murenge wa Murundi muri Karongi.

Ni icyaha bivugwa ko yakoze muri Werurwe uyu mwaka ahita atorokera muri Nyanza, mu Mudugudu wa Bweramana, Akagari ka Masangano mu Murenge wa Busoro.

Undi bivugwa ko bafatanyije ubwo bwicanyi akaza gufatwa ni Jean Marie Vianney, ubu ufungiye i Karongi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Busoro, Jean Baptiste Habineza, yahamirije bagenzi bacu ba UMUSEKE ifatwa ry’uwo mugabo.

Yagize ati: “Yari amaze igihe ashakishwa none yarafashwe  biturutse ku makuru yatanzwe n’uwo bafatanyije gukora icyaha ufungiye i Karongi”.

Ubuyobozi bwo mu Kagari bivugwa ko ukekwa yakoreyemo icyaha buvuga ko uwishwe yishwe atezwe igico mu gicuku saa munani.

Gitifu Evariste wo muri aka Kagari avuga ko abaturage bamubwiye ko bagiye kumva bumva umuntu aratatse.

Ati: “Ntitwamenye aho yaturutse gusa bajya kumwica nyakwigendera yaratatse cyane avuga ko bamwishe, abantu baratabaye basanga  abamwishe birutse bagiye”.

Amakuru avuga ko bikekwa  ko abamwishe bari babanje kunoza uwo mugambi bagiranye n’umuntu bivugwa ko nyakwigendera yari afitanye nawe urubanza mu rukiko.

Nyakwigendera  uyu yari afite imyaka 32 y’amavuko.

Uwafatiwe i Nyanza yahise ajyanwa kuba afungiwe kuri station ya RIB yo ku Murenge wa  Busasamana, akazajyanwa i Karongi mbere y’uko agezwa mu rukiko rw’aho icyaha cyakorewe ni ukuvuga muri aka Karere.

TAGGED:KarongiNyanzaUbwicanyiUrukiko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Yibukije Urubyiruko Ko Ari Rwo Rushinzwe Kugira u Rwanda Ikirenga
Next Article Rwanda: Abana Batsinzwe Mu Mashuri Abanza Bashyiriweho Amahugurwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Abanywera Urumogi Muri Gereza Baburiwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

General Kabandana Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?