Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyarugenge: Abanyeshuri Basobanuriwe Uko Bakumira Ubutagondwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyarugenge: Abanyeshuri Basobanuriwe Uko Bakumira Ubutagondwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2022 3:55 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, bwatangije ubundi bukangurambaga butari busanzwe. Ni ukuburira abanyeshuri mu mashuri yisumbuye uko ubutagondwa butangira mu bantu, ibimenyetso byabwo n’uburyo bwakumirwa.

Mu Mujyi wa Kigali ubu bukangurambaga bwatangiriye mu kigo kitwa Ecole Sécondaire  Hamdan Bin Rashid kiri ahitwa Kimisange mu Karere ka Nyarugenge.

Umuvugizi w’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, Dr Thierry B. Murangira avuga ko kuba batangiye kubwira urubyiruko ibibi by’ubutagondwa bitavuze ko mu Rwanda hari urubyiruko rwinshi ruri muri iki kibazo, ahubwo ngo babikoze mu rwego rwo gukumira.

Ati: “Urubyiruko ni bamwe mu bantu bashukwa bakajya muri ibyo byaha. Bajyanwa mu byaha by’ingeri nyinshi harimo gucuruza abantu, gukoresha ibiyobyabwenge cyangwa se n’ibyaha by’iterabwoba. Ibyo tugamije ni ukubamenyesha ko ibyo byaha bihari no kumenya uko babyirinda.”

Dr Murangira avuga ko abakozi b’Urwego abereye umuvugizi basobanurira abanyeshuri uko biriya byaha biteye, uko bikorwa n’icyo bakora mu gihe bamenye ko hari ubifite mu bitekerezo cyangwa ugaragaza ibimenyetso by’ubutagondwa.

Abakozi b’uru rwego basobanurira abanyeshuri amayeri abashaka gukora biriya byaha birimo n’ubutagongwa bakoresha.

Bimwe mu bibazo abanyeshuri babajije abakozi b’Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha harimo no kumenya niba abana bose bafungwa.

Umukozi w’Urwego rw’ubugenzacyaha wari uhagarariye ubuyobozi bwarwo muri buriya bukangurambaga bwabereye ku Kimisange witwa Jean Claude Ntirenganya yabwiye  Tariifa ko babasobanuriye ko umwana wese ufite cyangwa urengeje imyaka 14 y’amavuko akurikiranwa mu mategeko.

Ati: “ Twabasobanuriya ko bagombye kwirinda ibyaha kuko umwana ufite cyangwa urengeje imyaka 14 akurikiranwa mu mategeko.”

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha Dr Thierry B Murangira avuga ko ubukangurambaga RIB iri gukora muri iyi minsi buzamereza no mu mashuri abanza ariko ngo gutangirira mu yisumbuye nibyo bikwiye kuko ari ho higa abanyeshuri baba bashobora kwibasirwa n’abagizi ba nabi kurusha ahandi.

Si ubukangurambaga mu kwirinda ubutagondwa buri gukorwa gusa ahubwo abanyeshuri baributswa no kwirinda ibindi byaha birimo gukoresha ibiyiibyabwenge, ubucuruzi bw’abantu cyangwa ibindi byose bikunze kugaragara mu rubyiruko.

Kuri uyu wa Kabiri taliki 26, Mata, 2022 buriya bukangurambaga buzakomereza mu ishuri riri mu Karere ka Gasabo ahitwa New Vision, bucyeye bw’aho ni ukuvuga taliki 27, Mata, 2022 bukomereze mu Karere ka Kicukiro kuri rimwe mu mashuri ari mu Murenge wa Kagarama.

TAGGED:featuredMurangiraNyarugengeRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abanyamuryango Ba FERWACY Bashimye Ko Nongera Kwiyamamaza Nabikora- Abdallah Murenzi
Next Article Perezida Kagame Yakiriye Ba Ambasaderi Bashya Barimo N’Uwa Jamaica
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?