Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 August 2025 3:13 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Nyaruguru bagiye gusasa inzobe barebe uko bazatsindisha kurushaho mu myaka iri imbere.
SHARE

Taarifa Rwanda yabonye ibaruwa yasinywe na Dr. Murwanashyaka Emmanuel uyobora Akarere ka Nyaruguru itumiza inzego ngo kuwa Mbere kare kare bazahure baganire uko imitsindire y’abana muri aka Karere gaherutse kuba aka nyuma yaminjirwamo agafu ubutaha bakazatsinda neza.

Ibaruwa dufite kugeza ubu igaragaza ko inzego esheshatu zamaze gutumirwa ariko Meya Murwanashyaka kuri telefoni yatubwiye ko iriya nama yatumiwemo abantu 400.

Izo nzego ni ubuyobozi bw’ingabo mu Karere, ubwa Polisi mu Karere, ubw’urwego rw’igihugu rushinzwe iperereza n’umutekano, NISS, mu Karere, urwa DASSO, urwego rw’Inkeragutabara n’urwego rw’ubugenzacyaha( RIB) mu Karere.

Inama izaba ku wa Mbere guhera saa mbiri za mu gitondo.

Murwanashyaka Emmanuel avuga ko izo nzego zatumiwe nk’abafatanyabikorwa mu Karere ariko ko atari zo gusa zizayitabira.

Umuyobozi mu Karere ka Nyaruguru ushinzwe uburezi witwa Joel Hagenimana yabwiye Taarifa Rwanda ko iriya nama iziga ku ngingo zitandukanye.

Abajijwe ibyo bazaganiraho ndetse niba hari n’izindi nzego zatumiwe muri iriya nama, Hagenimana mu magambo make cyane yadusubije kuri WhatsApp ati: “Ibi byose bizaganirwaho mu nama. Murakoze”.

Mu ibaruwa ya Meya wa Nyaruguru, handitsemo ko impamvu yo gutumiza iriya nama ari ukugira ngo basuzumire hamwe iby’umusaruro wabonetse mu bizamini bya Leta by’umwaka wa 2024/2025.

Imibare iherutse gutangazwa na Minisiteri y’uburezi binyuze mu kigo cyayo gishinzwe ibizamini, NESA, yagaragaje ko Nyaruguru ari yo yatsindishije nabi kurusha utundi turere kuko impuzandengo yayo yo gutsindisha ari 64.57%.

Nyaruguru yabaye iya nyuma mu gutsindisha.

Meya Murwanashyaka  kandi yanditse ko indi ngingo izigirwa muri iyi nama izabera mu cyumba cy’inama cy’urubyiruko rw’Umurenge wa Munini, ari ukureba uko umwaka utaha w’amashuri uri gutegurwa.

Amashuri azatangira tariki 08, Nzeri, 2025.

Dr. Murwanashyaka Emmanuel yabaye Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru guhera tariki 22, Ugushyingo, 2021.

Mbere yahoze yigisha muri Kaminuza y’u Rwanda.

Dr. Murwanashyaka Emmanuel yabaye Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru guhera ku tariki 22, Ugushyingo, 2021.

Yayoboye Nyaruguru asimbuye François Habitegeko wari umaze imyaka 10 muri izi nshingano.

Nyaruguru ni kamwe mu Turere tw’Intara y’Amajyepfo.

Igizwe n’Imirenge 14, Utugari 72 n’Imidugudu 332.

Aka karere gahana imbibi n’Akarere ka Nyamagabe, Huye, Gisagara, Igihugu cy’Uburundi na Pariki ya Nyungwe.

Ubukerarugendo bushingiye ku Iyobokamana n’Ubuhinzi bw’icyayi biri mu bigize ubukungu bwako.

Ibarura ry’abaturage ryo mu mwaka wa 2022 ryerekana ko Nyaruguru yari ituwe n’abantu 318,126.

Ku birebana n’amashuri mu Karere ka Nyaruguru, mu Ukuboza, 2022 IGIHE yanditse ko muri Nyaruguru hari harubatswe ibyumba bishya 800 by’amashuri, kandi ko abanyeshuri ‘batangiye kwiga ahabegereye’.

TAGGED:AbanaAkarereAmashurifeaturedGutsindishaIbizaminiMeyaNyaruguru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026
Next Article Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Ushaka Kuyobora FERWAFA Afitiye Abasifuzi Gahunda Yo Kubahemba

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?