Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyaruguru, Rusizi, Nyamasheke, Nyamagabe…Uturere Twugarijwe N’Isuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyaruguru, Rusizi, Nyamasheke, Nyamagabe…Uturere Twugarijwe N’Isuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 January 2024 2:59 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abayobozi ba Nyaruguru, Rusizi, Nyamasheke na Nyamagabe basabwe gutangira kureba uko bafata ingamba zo kuzarinda ko abaturage babo bicwa cyangwa basenyerwa n’imvura idasanzwe izagwa muri Mutarama, 2024. Ni imvura iteza ibiza cyane cyane isuri n’imyuzure.

Iyi mvura iherutse gutangazwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere, Meteo Rwanda, ikazaba iri hagati ya milimetero 200 na milimetero 250 bitewe n’imiterere y’ahantu.

Hari n’aho izagwa ku kigero cya milimetero ziri hagati ya 100 na 150 harimo no mu Karere ka Huye.

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo aho uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru duherereye witwa Alice Kayitesi yabwiye The New Times ko bari gukora uko bashoboye ngo bimure imiryango 845 iri mu bice biteje akaga kugira ngo batagira ikibazo cy’inkangu.

Ibyo byago birimo inkangu, imyuzure n’ibindi.

Kayitesi ati: “ Hari imiryango 807 yo mu Karere ka Nyamagabe n’indi miryango 38 yo mu Karere ka Nyaruguru ituye ahayiteza akaga tugomba kwimura. Muri rusange ariko dusaba n’indi miryango iri aho ibona ko hayiteza ibyago kuhimuka.”

Guverineri Kayitesi asaba abaturage kurushaho kuzirika ibisenge, bagasibura imirwanyasuri kandi bagatega amazi y’imvura kugira ngo adasenya imbaraza z’inzu zabo.

Ikarita y’imiterere y’u Rwanda yerekana ko 40% by’ubutaka bwarwo ari ubutaka bwugarijwe n’isuri.

Isuri ituma ubutaka butakara, imigezi ikuzura igatera imyuzure n’inkangu.

Ibi byose bigira ingaruka ku burumbuke bw’ubutaka n’umusaruro ukagabanuka, ari nako bishyira ubuzima bw’abantu mu kaga.

Isuri ihombya u Rwanda miliyari Frw 800 buri mwaka nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe iby’amazi, Rwanda Water Resources Board (RWB).

Akarere ka mbere mu Rwanda kibasirwa n’isuri ni Nyaruguru(64%) kagakurikirwa na Nyamagabe(61%).

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alice Kayitesi avuga ko ubuyobozi bw’Intara buri kureba uko bafasha utu turere kugabanya ingaruka z’isuri.

Utundi turere biteganyijwe ko tuzibasirwa n’imvura ni Huye, Gisagara, Nyanza, Ruhango, Nyabihu, Ngororero na Rubavu.

Ahandi hashobora kuzibasirwa n’imvura ni muri Musanze, Burera, Rulindo, Gicumbi, Ngoma, Kayonza na Rwamagana.

TAGGED:featuredGuverineriIsuriKayitesiNyamagabeNyamashekeNyaruguruRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kenya: Umunyarwandakazi Ukekwaho Kugambana Ngo Yice Umusuwisi Yarekuwe By’Agateganyo
Next Article Nyabihu: Umuyobozi Akurikiranyweho Gukubita Umuturage Agapfa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?