Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’u Rwanda, Indi Nkunga Y’Amahanga Yageze Muri Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nyuma Y’u Rwanda, Indi Nkunga Y’Amahanga Yageze Muri Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2023 7:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakamyo 20 yari amaze iminsi ategeje kwemererwa kuva mu Misiri ngo ashyire imfashanyo abahunze Palestine yatangiye kugera yo. Ni igikorwa kizacungwa n’Umuryango w’Abibumbye wita ku mpunzi.

Ku rundi ruhande, iyi nkunga biravugwa ko ari agatonyanga mu Nyanja kubera ko ibiribwa n’imiti ndetse n’amazi bigenewe abahunze Gaza ari bike urebye umubare w’ababikeneye.

Kugeza ubu abaturage barenga miliyoni nibo bahunze Gaza batinya guhitanwa n’ibisasu Israel iri kurasa yo igamije guca intege abarwanyi ba Hamas mbere y’uko itangiza ibitero byo ku butaka.

Ikindi ni uko Israel yavuze ko itareka ngo ayo makamyo yinjire mu nkambi z’impunzi z’Abanyapalestine hatabayeho kuyasaka kuko ngo ashobora kwinjizamo ibindi bitari ibyo UN, Israel, Amerika na Misiri bemeranyijeho.

Israel ivuga ko izagenzura niba aya makamyo adakoreshwa na Hamas

Israel ivuga ko idashaka ko Hamas yakwitwaza iby’izo nkunga ikinjiza intwaro muri ziriya nkambi.

Ibindi bivugwa muri kiriya gice cy’isi ni uko hari umuyobozi mukuru muri Hamas waraye ugiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Iran ngo bareba uko imikoranire mu kurwanya Israel yanozwa.

Mu gihe ububanyi n’amahanga bwa Hamas bukomeje kwiyegereza Iran, mu Mujyaruguru ya Israel, Hezbollah nayo ni uko.

Minisitiri w’intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yavuze ko Hezbollah niramuka yinjiye mu ntambara na Israel izaba ikoze ikosa riruta ayandi yakoze kuva yashingwa.

Uyu mugabo aravuga ibi mu gihe hashize amasaha make ingabo ze zirwanira mu kirere zirashe ku bibuga by’indege bibiri byo mu Murwa mukuru wa Syria, Damascus.

Tugarutse ku biri kubera muri Gaza, imiryango itabara imbabare iravuga ko abagore bahunze imirwano hagati ya Hamas na Israel bagowe cyane.

Bivugwa ko hari abagore 50.000 batwite bafite ibibazo byo gusuzimisha inda, kubona ibiribwa bizima bibaha amaraso bo n’abo batwite ndetse ngo abari hafi kubyara bo bateye agahinda cyane kubera ko bitoroshye kubona aho umubyeyi abyarira adahuye n’ikibazo icyo ari cyo cyose.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rivuga ko kuva intambara ya Israel na Hamas yatangira, hari abana 180  bo muri Palestine bavutse imburagihe.

Kubera ko ibitaro umunani by’icyitegererezo byakoreraga muri iki gice byafunze, abo bana bari mu kaga ko kwitaba Imana kubera ko nta byuma bibashyushya bafite kandi n’ibitanga umwuka wa Oxygen bikaba byarahagaze gukora.

Israel yo ivuga ko mu bitero byayo nta musivili igamije kugirira nabi, ko abo igambiriye ari abarwanyi ba  Hamas kandi ko izabageraho uko bizagenda kose.

U Rwanda Rwoherereje Palestine Imfashanyo

TAGGED:AmakamyofeaturedHamasIbiribwaImitiIsraelPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwishimira Uko Amasezerano N’Ubushinwa Mu Bucuruzi Yubahirizwa
Next Article Gasabo: Pasiteri Yongwe Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kenya: Abantu 12 Baguye Mu Mpanuka Y’Indege

Menya Itegeko Ryavuguruwe Ry’Umutungo Bwite Mu By’Ubwenge Rikurikizwa Mu Rwanda

Ibyinshi Mu Byaranze Amateka Y’u Rwanda Bibitswe N’Abarukolonije

Arabie Saoudite: Kagame Azatanga Ikiganiro Ku Umutekano Mu By’Ubukungu

Biya Agiye Kongera Kuyobora Cameroun Muri Manda Izarangira Afite Hafi Imyaka 100

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Umunyarwanda Uterura Ibiremereye Kurusha Abandi Agiye Kuruhagararira Mu Misiri

Uburundi, Ububiligi, DRC, Amerika… -Nduhungirehe Asobanura Uko U Rwanda Rubanye Nabyo

Huye: Urubyiruko Rwahawe Ibibuga By’Imikino Bikozwe Na Croix Rouge Y’u Rwanda 

Byaba Byagenze Gute Ngo Amerika Ihagarike Gukorana Na Israel?

DRC: Amakamyo 100 Yaheze Mu Byondo

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Kigali: Bafatanywe Udupfunyika 617 Tw’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu RwandaUbuzima

Inzoga Z’Inkorano Zikomeje Kwangiza Ubuzima Bw’Abanyarwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Andi makuruMu RwandaUbukungu

Hari Isezerano BK Iha Abafite Inganda Z’Ikawa…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Zaria Igiye Kubona Umufatanyabikorwa Ukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?