Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyuma Y’u Rwanda, Indi Nkunga Y’Amahanga Yageze Muri Gaza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Nyuma Y’u Rwanda, Indi Nkunga Y’Amahanga Yageze Muri Gaza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 October 2023 7:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakamyo 20 yari amaze iminsi ategeje kwemererwa kuva mu Misiri ngo ashyire imfashanyo abahunze Palestine yatangiye kugera yo. Ni igikorwa kizacungwa n’Umuryango w’Abibumbye wita ku mpunzi.

Ku rundi ruhande, iyi nkunga biravugwa ko ari agatonyanga mu Nyanja kubera ko ibiribwa n’imiti ndetse n’amazi bigenewe abahunze Gaza ari bike urebye umubare w’ababikeneye.

Kugeza ubu abaturage barenga miliyoni nibo bahunze Gaza batinya guhitanwa n’ibisasu Israel iri kurasa yo igamije guca intege abarwanyi ba Hamas mbere y’uko itangiza ibitero byo ku butaka.

Ikindi ni uko Israel yavuze ko itareka ngo ayo makamyo yinjire mu nkambi z’impunzi z’Abanyapalestine hatabayeho kuyasaka kuko ngo ashobora kwinjizamo ibindi bitari ibyo UN, Israel, Amerika na Misiri bemeranyijeho.

Israel ivuga ko izagenzura niba aya makamyo adakoreshwa na Hamas

Israel ivuga ko idashaka ko Hamas yakwitwaza iby’izo nkunga ikinjiza intwaro muri ziriya nkambi.

Ibindi bivugwa muri kiriya gice cy’isi ni uko hari umuyobozi mukuru muri Hamas waraye ugiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga wa Iran ngo bareba uko imikoranire mu kurwanya Israel yanozwa.

Mu gihe ububanyi n’amahanga bwa Hamas bukomeje kwiyegereza Iran, mu Mujyaruguru ya Israel, Hezbollah nayo ni uko.

Minisitiri w’intebe wa Israel Benyamini Netanyahu yavuze ko Hezbollah niramuka yinjiye mu ntambara na Israel izaba ikoze ikosa riruta ayandi yakoze kuva yashingwa.

Uyu mugabo aravuga ibi mu gihe hashize amasaha make ingabo ze zirwanira mu kirere zirashe ku bibuga by’indege bibiri byo mu Murwa mukuru wa Syria, Damascus.

Tugarutse ku biri kubera muri Gaza, imiryango itabara imbabare iravuga ko abagore bahunze imirwano hagati ya Hamas na Israel bagowe cyane.

Bivugwa ko hari abagore 50.000 batwite bafite ibibazo byo gusuzimisha inda, kubona ibiribwa bizima bibaha amaraso bo n’abo batwite ndetse ngo abari hafi kubyara bo bateye agahinda cyane kubera ko bitoroshye kubona aho umubyeyi abyarira adahuye n’ikibazo icyo ari cyo cyose.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima rivuga ko kuva intambara ya Israel na Hamas yatangira, hari abana 180  bo muri Palestine bavutse imburagihe.

Kubera ko ibitaro umunani by’icyitegererezo byakoreraga muri iki gice byafunze, abo bana bari mu kaga ko kwitaba Imana kubera ko nta byuma bibashyushya bafite kandi n’ibitanga umwuka wa Oxygen bikaba byarahagaze gukora.

Israel yo ivuga ko mu bitero byayo nta musivili igamije kugirira nabi, ko abo igambiriye ari abarwanyi ba  Hamas kandi ko izabageraho uko bizagenda kose.

U Rwanda Rwoherereje Palestine Imfashanyo

TAGGED:AmakamyofeaturedHamasIbiribwaImitiIsraelPalestine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwishimira Uko Amasezerano N’Ubushinwa Mu Bucuruzi Yubahirizwa
Next Article Gasabo: Pasiteri Yongwe Mu Rukiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

You Might Also Like

Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?