Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Obasanjo Agiye Kugira Uruhare Mu Guhuza Ibyananiranye Muri DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Obasanjo Agiye Kugira Uruhare Mu Guhuza Ibyananiranye Muri DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 February 2025 8:07 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Inama yabaye tariki 08, Gashyantare, 2025 igahuriza hamwe Abakuru b’ibihugu bya SADC na EAC niyo ntandaro yo kwemeza ko Uhuru Kenyatta wahoze uyobora Kenya, Olusegun Obasanjo wayoboye Nigeria na Hailemariam Desalegn wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia baba abahuza mu kibazo cya DRC.

Uhuru Kenyatta

Kenyatta niwe wari wabanje kuba Umuhuza muri iki kibazo wari wemejwe n’Umuryango wa Afurika y’Uburasirazuba nyuma ntiyakomeza imirimo kuko DRC itizeye ubwo buhuza.

Ubutegetsi bwa Kinshasa bwahisemo gukorana na SADC.

Uhuru Muigai Kenyatta ni umunyapolitiki ubimazemo igihe kirekire.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Yabaye Perezida wa kane wa Kenya, kandi mbere y’aho yari Minisitiri w’Intebe wungirije hagati y’umwaka wa 20089 n’uwa 2013.

Uyu mugabo ni umuhungu w’uwayoboye Kenya bwa mbere ikibona ubwigenge mu mwaka wa 1963 witwa Jomo Kenyatta.

Undi watanzweho kuba Umuhuza ni Olusegun Obasanjo.

Olusegun Obasanjo.

Yayoboye Nigeria mu gihe kigoye kuko yari igihugu bamwe bavugaga ko kiri mu byamunzwe na ruswa kurusha ibindi ku isi kandi kiyoboreshwa igitugu.

Obasanjo yayoboye Nigeria hagati y’umwaka wa 1999 na 2007.

- Advertisement -

Uyu mugabo ufite ipeti rya Jenerali mu ngabo za Nigeria azi ibibazo bya Repubulika ya Demukarasi ya Congo y’ubu guhera mbere y’uko ibona ubwigenge.

Amateka yerekana ko ibya Congo abizi guhera mu mwaka wa 1960 ubwo yoherezwaga yo ayoboye abasirikare bari bagize Batayo ya gatanu ngo barinde Ababiligi bari bugarijwe no kwicwa n’abantu bari bashyigikiye Patrice Lumumba waharaniraga ubwigenge bwa Congo.

Abasirikare yari ayoboye bari abo mu Muryango w’Abibumbye, bose boherejwe gukambika muri Bukavu.

Yaje kuhava ahawe ipeti rya Captain kuko mbere yari Lieutenant.

Olusegun Obasanjo muri rusange afatwa nk’umwe mu nararibonye zikomeye Afurika ifite.

Nyuma y’igihe kirekire yamaze mu bya gisirikare no kuyobora igihugu, OIusegun Obasanjo yabaye umuhuza mu bibazo byinshi byashyamiranyije abatuye Afurika.

Yagize uruhare rutaziguye mu kubanisha neza abaturage ba Angola Uburundi, Mozambique, Namibia na Afurika y’Epfo.

Mu mwaka wa 2008 yashyizweho n’Umunyamabanga Mukuru wa UN ngo amubere Intumwa yihariye mu Karere k’Ibiyaga bigari none ubu yashyizweho ngo ajye no mu kibazo cya DRC.

Hailemariam Desalegn nawe ni Umunya Ethiopia w’inararibonye muri Politiki.

Hailemariam Desalegn

Nyuma yo kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Ethiopia mu myaka yaza 2010, Desalegn yaje kuba Minisitiri w’’Intebe, umwanya ukomeye kurusha indi mu gihugu.

Hari mu mwaka wa 2012, muri Kanama ubwo yawujyagaho asimbuye Meres Zenawi wari watabarutse azize uburwayi.

Icyakora yabanje kuba Minisitiri w’Intebe w’agateganyo, aza kuba we wuzuye tariki 21, Nzeri, 2012.

Mu kazi ke ka Minisitiri w’Intebe, Desalegn yakomeje no gukora dipolomasi.

Muri Gashyantare, 2014, yakiriye mu Biro bye i Addis Ababa itsinda ry’abanya Somalia bari bayobowe na Minisitiri w’Intebe witwaga Abdiweli Sheikh Ahmed, baganira uko Mogadishu yakomeza gukorana neza na Addis Ababa.

Bemeranyije uko ibihugu byombi byakomeza gukorana mu bya gisirikare, Ethiopia igafasha Somalia kugira igisirikare kihagazeho.

Akazi kabategereje karagoye…

Nyuma yo kwemezwa ko bagiye kuba abahuza muri iki kibazo, akazi kabo kazaba gakomeye.

Bagiye gukora ubuhuza hagati y’abaturage ba DRC bagize M23 bashinja Leta yabo kubaheza mu buzima bw’igihugu cyabo.

Leta ya Kinshasa yo ivuga ko n’ubwo ibintu byaba ari uko bimeze, hari uburyo yabiganiraho n’abo baturage ariko nta gihugu cy’amahanga kibyivanzemo.

Icyo gihugu cy’amahanga kivugwa ahanini ni u Rwanda rushinjwa n’ubutegetsi bw’i Kinshasa guha imyitozo n’intwaro abarwanyi ba M23.

U Rwanda rwo ruvuga ko ibibazo biri muri kiriya gihugu byari burangire iyo ubutegetsi bwacyo budahitamo gukorana n’abasize barukozemo Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuba abo bantu barasize bakoze Jenoside mu Rwanda bakaba bacumbikiwe na DRC ni ikibazo u Rwanda ruvuga ko kireba gupfa no gukira kwarwo.

Rwongeraho ko ingamba rwafashe zo kwirinda ari ikintu kitazavaho igihe cyose iyo muri DRC hari abantu baruhigira, barimo n’ubuyobozi bw’iki gihugu.

Perezida wa DRC Félix Tshisekedi yavuze ko ashobora guhagarara i Goma akarasa i Kigali kandi imvugo yo gukura ho ubutegetsi  bw’u Rwanda yigeze kuvugwaho na mugenzi we Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye babanye neza muri iki gihe.

Ibyo byose u Rwanda ruvuga ko rutabirenza ingohe.

Mu gukora ubuhuza mu kibazo cya DRC kandi ntihazabura kuzamo no gucubya umwuka mubi muri iki gihe uri hagati y’u Rwanda na Afurika y’Epfo.

Ni ikibazo cyatewe n’uko iki gihugu cyohereje ingabo muri DRC ngo zifatanye nayo ndetse na FDLR n’abandi bose bafatanyije nabo mu mugambi wo kuzatera u Rwanda nyuma yo kwirukana M23 mu Mujyi wa Goma.

Uhuru, Obasanjo na Desalegn bagomba kwegera João Manuel Gonçalves Lourenço akabereka aho dosiye yo guhuza u Rwanda na DRC yari igeze hanyuma bakareba niba nabo bashyiraho akabo.

TAGGED:AngolaCongoDesalegnfeaturedKenyattaNigeriaObasanjoUbuhuzaUhuru
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gasabo: Polisi Yafashe Abiba Imodoka Zipakiye Ibishingwe
Next Article Uburayi Mu Mushinga Wo Guha Ukraine Imitungo Y’Uburusiya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?