Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Biden Yakuyeho Icyemezo Cya Trump Kuri TikTok Na WeChat
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Biden Yakuyeho Icyemezo Cya Trump Kuri TikTok Na WeChat

Last updated: 11 June 2021 9:05 am
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden yahagaritse iteka rya Donald Trump yasimbuye, ryakumiraga muri Amerika ‘application’ zikunzwe cyane za TikTok na WeChat.

Ni ‘application’ za telefoni zakozwe n’ibigo byo mu Bushinwa, Trump yakunze kuvuga ko zibangamiye umutekano wa Amerika. Yavugaga ko zishobora gukoreshwa n’abategetsi b’u Bushinwa, bagatwara amakuru y’Abanyamerika agakoreshwa mu nyungu zabo.

Biden ahubwo yasabye Minisiteri y’Ubucuruzi gukora isesengura rishingiye ku bimenyetso ku ikoranabuhanga ry’ibihugu bahanganye, hakazabaho gufata icyemezo gikwiye.

Mu buryo bwatekerezwagaho ku bwa Trump, ubucuruzi bwa ziriya ‘application’ ebyiri muri Amerika bwagombaga kujya mu maboko y’Abanyamerika, kugira ngo hizerwe ko amakuru zikusanya akoreshwa neza, bityo zikomeze gukora.

Igihe bidakozwe, zagombaga gufungwa mu gihugu.

Ni iteka ariko ryahuye n’ibirego byinshi mu nkiko, ku buryo Trump yarinze ava ku butegetsi ritaratangira kubahirizwa.

Byateganywaga ko mu gihe byagenda uko Trump abishaka, ziriya serivisi muri Amerika zari kujya mu maboko y’ibigo bikomeye bya Oracle na Walmart.

Iki cyemezo cya Biden cyashimwe na Leta y’u Bushinwa.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubucuruzi, Gao Feng, yabwiye abanyamakuru ati “Ni ikimenyetso cyiza kiganisha mu cyerekezo cyiza.”

TikTok ikoreshwa n’abanyamerika basaga miliyoni 80 mu kwezi.

TAGGED:Donald TrumpJoe BidenTikTokWeChat
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya Muri Uganda
Next Article Hemejwe Indi Nyanja Iri Mu Majyepfo Y’Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?