Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Biden Yakuyeho Icyemezo Cya Trump Kuri TikTok Na WeChat
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Biden Yakuyeho Icyemezo Cya Trump Kuri TikTok Na WeChat

admin
Last updated: 11 June 2021 9:05 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika Joe Biden yahagaritse iteka rya Donald Trump yasimbuye, ryakumiraga muri Amerika ‘application’ zikunzwe cyane za TikTok na WeChat.

Ni ‘application’ za telefoni zakozwe n’ibigo byo mu Bushinwa, Trump yakunze kuvuga ko zibangamiye umutekano wa Amerika. Yavugaga ko zishobora gukoreshwa n’abategetsi b’u Bushinwa, bagatwara amakuru y’Abanyamerika agakoreshwa mu nyungu zabo.

Biden ahubwo yasabye Minisiteri y’Ubucuruzi gukora isesengura rishingiye ku bimenyetso ku ikoranabuhanga ry’ibihugu bahanganye, hakazabaho gufata icyemezo gikwiye.

Mu buryo bwatekerezwagaho ku bwa Trump, ubucuruzi bwa ziriya ‘application’ ebyiri muri Amerika bwagombaga kujya mu maboko y’Abanyamerika, kugira ngo hizerwe ko amakuru zikusanya akoreshwa neza, bityo zikomeze gukora.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Igihe bidakozwe, zagombaga gufungwa mu gihugu.

Ni iteka ariko ryahuye n’ibirego byinshi mu nkiko, ku buryo Trump yarinze ava ku butegetsi ritaratangira kubahirizwa.

Byateganywaga ko mu gihe byagenda uko Trump abishaka, ziriya serivisi muri Amerika zari kujya mu maboko y’ibigo bikomeye bya Oracle na Walmart.

Iki cyemezo cya Biden cyashimwe na Leta y’u Bushinwa.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubucuruzi, Gao Feng, yabwiye abanyamakuru ati “Ni ikimenyetso cyiza kiganisha mu cyerekezo cyiza.”

- Advertisement -

TikTok ikoreshwa n’abanyamerika basaga miliyoni 80 mu kwezi.

TAGGED:Donald TrumpJoe BidenTikTokWeChat
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RwandAir Yahagaritse Ingendo Zijya Muri Uganda
Next Article Hemejwe Indi Nyanja Iri Mu Majyepfo Y’Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbutabera

Kigali: Mu Minsi 10 Polisi Imaze Gufata Ibilo 50 By’Urumogi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

AI: Igikoresho Cy’Ingirakamaro Ku Munyamakuru Uzi Icyo Ashaka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Ingingo Y’Uburenganzira Bw’Umwana Bwo Kumenya Se Irashyushye Mu Nteko

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Kenya: Umudepite Yishwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?