Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Agiye Gusura Benin
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Agiye Gusura Benin

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 13 April 2023 2:51 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru avuga ko guhera taliki 14 kugeza taliki 16, Mata, 2023 Perezida Paul Kagame azasura Benin ya Patrice Talon. Nta makuru arambuye aratangazwa ku bizaba bikubiye mu biganiro Abakuru b’ibihugu byombi bazagirana, ariko ntibazabura kugaruka k’ubufatanye mu by’umutekano.

Hashize amezi make hari amakuru yemeza ko u Rwanda ruri gutegura ingabo zizajya gufasha iza Benin guhangana n’abakora iterabwoba bashaka kuyizengereza baturutse muri Burkina Faso.

Si ubufatanye mu bya gisirikare gusa kuko hari n’imikoranire mu by’ubukungu no mu zindi nzego ishobora kuzaganirwaho n’impande zombi.

Uruzinduko rwa Perezida Kafgame muri Benin ruzaza rukurikiye ingendo zahuje abayobozi mu bubanyi n’amahanga no mu by’umutekano ku mpande zombi zakozwe mu mezi menshi ashize.

Hashize amezi icyenda umugaba mukuru w’ingabo za Benin witwa Brigadier General Fructuéux Candide Ahodegnon GBAGUIDI aje mu Rwanda mu ruzinduko rugamije kuganira n’ingabo z’u Rwanda uko zakorana n‘iza Benin.

Yakiririwe ku kicaro gikuru cy’ingabo z’u Rwanda ku Kimihurura aganira na mugenzi we uyobora ingabo z’u Rwanda General Jean Bosco Kazura.

Brig Gen Fructuéux Candide Ahodegnon GBAGUIDI yabwiye itangazamakuru ko yari yaje mu Rwanda yoherejwe na Perezida Patrice Talon kugira ngo amugereze ubutumwa kuri mugenzi uyobora u Rwanda, Nyakubahwa Paul Kagame.

Mbere y’uko asura u Rwanda, Perezida Talon yari yatumye Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Bénin, Aurélien Agbenonci ngo azaniye Perezida Kagame ubutumwa yari yamugeneye.

Ubwo Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Benin yaganiraga na Perezida Kagame mu Biro bye, hari Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura; Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’Igihugu( yari IGP Dan Munyuza) ndetse n’Umunyamabanga Mukuru w’Urwego rushinzwe iperereza n’Umutekano, Gen Maj Joseph Nzabamwita.

Umugaba W’Ingabo Za Benin Mu Rwanda Mu Ruzinduko Rw’Imikoranire Na RDF

TAGGED:BéninfeaturedIngaboKagamePolisiRwandaTalonUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article DRC: Umudepite Arasaba Ko Kurya Imbwa Bigirwa Icyaha Gihanwa N’Itegeko
Next Article Nyanza: Afunzwe Azira Kuvuga Ko Intambara Igarutse ‘Nta Mututsi Wabacika’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rutaremara Agaya Ababyeyi Bahariye Abayaya Uburere Bw’Abana

Abanyeshuri Barasubira Ku Ishuri Guhera Kuri Uyu Wa Gatandatu

Kamonyi: Abagabo Bahaye Umwana Inzoga Bose Irabica

Guinée: Doumbouya Yatsinze Amatora 

Beyoncé Yabaye Undi Muhanzi Ufite Miliyari $1

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Kagame Yishimira Ko Inzego Z’Umutekano Z’u Rwanda Zihagaze Bwuma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Bunyoni Ararembye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Nyagatare: Inka 125,000 Zigiye Gukingirwa Indwara Ikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?