Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Araganira N’Abajyanama B’Ubuzima
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbuzima

Perezida Kagame Araganira N’Abajyanama B’Ubuzima

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 June 2024 10:30 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha make ari imbere, Perezida Paul Kagame waraye wemejwe bidasubirwaho ko azahagararira Umuryango FPR Inkotanyi mu matora y’Umukuru w’igihugu, araganira n’abajyanama b’ubuzima bahagarariye abandi bose mu Rwanda.

Abari muri BK Arena ni abantu 8,000.

Imodoka zo mu bwoko bwa coasters nyinshi zazindutse zizana aba bagabo n’abagore muri BK Arena aho bari buganirire na Paul Kagame mu masaha make ari imbere.

Bambaye imipira y’ubururu iriho amagambo agaragaza urwego bakorera.

Mu modoka bajemo baje baririmba indirimbo zijyanye na Politiki y’u Rwanda yo ‘kuzarwubaka bakarugira paradizo’.

Abandi baririmbaga ko ‘ibidakwiriye’ nibabibona bazabivuga kuko ntawasenya u Rwanda bareba.

Ni indirimbo zumvikanisha ko bashima ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu myaka 30 ishize rubohowe.

Urwego rw’Abajyanama b’ubuzima rushimirwa uruhare rwagize mu gufasha abaturage kwivuza batararemba.

Abarugize banahuguwe uko bavura abarwaye indwara umuntu yakwita ko zoroheje nk’inkorora, gutanga imiti ku bana bato batararemba, gusuzuma ababyeyi no gukomeza kubaha ubujyanama bwo kumenya uko bategura indyo yuzuye, isuku n’isukura no kwirinda ibyabahungabanya mu mutwe.

Mu ntangiriro z’umwaka wa 2024 Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda iteganya gutangira guha abajyanama b’ubuzima ubumenyi bwisumbuye mu gusuzuma indwara zitandura.

Minisitiri w’Ubuzima Dr Sabin Nsanzimana  icyo gihe yatangaje ko umubare w’abantu barwaye indwara zitandura wiyongera nubwo hari ingamba zafashwe mu kuzikumira.

Imwe mu ngamba avuga ko igaragarara muri uko kuzikumira ni uko abantu babwiwe akamaro ko kuzipimisha kandi batangiye kubikurikiza.

Izo ndwara zitandura ni Cancer, indwara y’umutima, iz’umuvuduko w’amaraso na diyabete.

Minisitiri Dr Sabin Nsanzimana avuga ko abajyanama b’ubuzima bahawe amahugurwa bongererwa ubushobozi bwo gupima izo ndwara zitandura.

Ubusanzwe mu Mudugudu haba abajyanama b’ubuzima bane, buri wese akita ku ndwara itandukanye n’iya mugenzi we.

Haba uwita kuri malaria, uwita ku buzima bw’imyororokere, umusonga, impiswi ndetse hakaba n’abandi bita ku isuku no guteza imbere ibikorwa by’ubuzima.

Mu mwaka wa 2022 Guverinoma y’u Rwanda, binyuze muri Minisiteri y’ubuzima, yatangaje ko hari gahunda y’uko abajyanama b’ubuzima baba abantu bakiri bato, bashobora guhugurwa mu gukoresha ikoranabuhanga bakabyumva vuba kandi bakaba ari abantu bataremerewe cyane n’inshingano zaba iz’umuryango cyangwa izindi.

Muri iyi politiki harimo ko abajyanama b’ubuzima bacyuye igihe bagomba kwitabwaho mu buryo bumwe cyangwa ubundi.

Muri uko kwitabwaho, nabo bazakomeza guha bagenzi babo bakiri bato kandi bakiri mu nshingano inama z’uburyo ibintu bikorwa kandi ikindi kirimo ni uko nabo bagombaga gukomeza kubona inyungu ku migabane basanzwe bafite muri koperative zabo kubera ko bazahabwa izina ry’abajyanama b’icyubahiro.

Mu Rwanda hari abajyanama b’ubuzima babarirwa mu bihumbi mirongo…

TAGGED:AbajyanamaAmatorafeaturedKagameRwandaUbuzima
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tshisekedi Yasabye Guverinoma Nshya Gukemura Bwangu Ibibazo By’Abaturage
Next Article Polisi Y’u Rwanda Mu Bufatanye N’Iya Somalia Mu Kurwanya Imitwe Yitwaje Intwaro
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?