Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yashimiye Macron Ku Ntsinzi Yegukanye Mu Matora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Yashimiye Macron Ku Ntsinzi Yegukanye Mu Matora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 25 April 2022 8:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ku rukuta rwa Twitter rwa Perezida Paul Kagame yanditseho ko yishimiye intsinzi ya mugenzei we Emmanuel Macron wongeye gutorerwa kuyobora u Bufaransa.

Emmanuel Macron yaraye ahigitse Marine Le Pen mu matora bombi baharaniragamo kuyobora u Bufaransa.

Macron agiye kuyobora u Bufaransa kuri Manda ya kabiri mu gihe Marine Le Pen yaharaniraga kuba umugore wa mbere uyoboye u Bufaransa kuva bwaba Repubulika.

Perezida Kagame yabwiye Emmanuel Macron ko u Rwanda ruzakomeza gukorana neza n’u Bufaransa mu myaka itanu iri imbere igize indi manda ya Emmanuel Macron.

Uyu mugabo w’imyaka 44 y’amavuko yari aherutse no gusura u Rwanda.

Ubutumwa Emmanuel Macron yatanze ubwo yavugaga gahunda azagenderaho niyongera gutorerwa kuyobora u Bufaransa, yavuze ko we icyo ashaka ari ukubaka u Bufaransa butizika ku k’ejo.

Yavuze ko icyo ashaka ari uko u Bufaransa buba igihugu cyiyubaka ku nyungu z’abo cyabyaye aho kuba iz’abakuru b’ubu kuko bo bahora biziritse ku byahise.

Emmanuel Macron washakaga gutorerwa manda ya kabiri yavuze  ko mu myaka itanu amaze ayobora u Bufaransa yakoze uko ashoboye akazamura ubukungu bwabwo.

Ikindi yemezaga ko yakoze ni uguteza imbere urwego rw’ubuzima, ibitaro bikubakwa ndetse abaganga n’abaforomo nabo bakiyongera.

Ibi byose hamwe n’ibindi ariko, Emmanuel Macron avuga ko yafatanyije na Guverinoma ye bashobora guhangana nabyo ndetse ngo yagabanyije n’imisoro yari iremerereye abaturage.

Ku rwego rw’u Burayi, Emmanuel Macron yavuze ko igihugu cyagize uruhare mu kuzamura ubuhangange bw’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Kuri iki kibazo ariko, u  Burayi bwahuye n’ibibazo bikomeye byatumye ahubwo hari bamwe bavuze ko bwari bugiye gucikamo ibice.

Ingero ni nyinshi harimo iby’ikibazo cy’u Bugereki, ikibazo cy’abimukira, ikibazo cyo gukura u Bwongereza mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ikibazo cyakuruwe n’uko Donald Trump yashakaga ko Amerika ihagarika guha OTAN/NATO amafaranga, ikibazo giheruka kuba hagati y’igihugu cye n’u Bwongereza bapfa amazi ibihugu byombi bikoraho n’ibindi.

Ikibazo kiri mu bimuhangayikishije muri iki gihe ni uburyo igihugu cye kiri gutakaza abafatanyabikorwa b’igihe kirekire muri Afurika y’i Burengerazuba mu bihugu nka Mali, Tchad, Guineee n’ahandi.

Muri iyi manda rero iki ni kimwe mu byo agomba kuzaha umurongo utajegajega, agahangana n’Abarusiya basa n’abahamwirukanye!

Mu ijambo rye kandi  yavuze ko kugira ngo ibibazo igihugu cye gifite bizacyemuke mu gihe kiri imbere, ari ngombwa ko bongera kumutora kandi bagakorana bahanze amaso imbere, ntibatsimbarare ku byahise.

U Bufaransa kandi buherutse kugerageza gukoma mu nkokora intambara Putin yateguraga kuri Ukraine ariko ntibyakunda.

Uruzinduko  Macron yakoreye i Kiev n’i Moscow nta musaruro rwatanze kuko nyuma y’igihe gito avuyeyo, intambara yahise irota!

Kimwe mu byo Abanyarwanda bazamwibukiraho muri manda ye ya mbere ni uko yagize uruhare mu kongera kwiyunga n’u Bufaransa nyuma y’igihe kinini ibihugu byombi bitabanye neza.

Ni umubano wabaye mwiza k’uburyo hafunguwe za Ambasade ku buri ruhande.

Ibihugu byombi kandi byatangije imishinga irambye igamije gukomeza uwo mubano.

Emmanuel Jean-Michel Frédéric Macron ni Umunyapolitiki wo mu Bufaransa wavutse taliki 21, Ukuboza, 1977.

Yabaye Perezida w’u Bufaransa mu mwaka wa 2017 asimbuye François Hollande.

Abari bahanganye nawe barimo Melenchon, Le Pen, Pecresse, Zemour, Hidalgo n’abandi.

Kubera ko u Bufaransa ari cyo gihugu cya kabiri gikize mu Burayi(icya mbere ni u Budage) kikaba icya mbere gifite igisirikare gihora mu ntambara ni ngombwa ko amatora y’ugomba kucyiyobora akurikiranirwa hafi.

TAGGED:BufaransafeaturedKagameMacronPaulRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intsinzi Ya Macron Mu Maso Y’u Bwongereza
Next Article Abanyarwanda 10 Bishwe N’Imvura Yaguye Mu Ijoro Rimwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?