Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yemera Ko Abanyafurika Bagombye Kuba Iwabo Batekanye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yemera Ko Abanyafurika Bagombye Kuba Iwabo Batekanye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 January 2022 7:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yaraye abwiye abandi bayobozi bari bahuriye mu Nama yo kwiga ku miterere y’icyibazo cy’abimukira yabaye mu buryo bw’ikoranabuhanga ko abaturage b’Afurika bagombye kuba iwabo mu mahoro, bitabasabye kujya  ahandi kuhashakira ubuzima.

Inama yabivugiyemo yari yitabiriwe n’abandi banyacyubahiro barimo Minisitiri w’intebe w’u Bugereki Kyriakos Mitsotakis, Mo Ibrahim washinze umuryango w’u Burayi na Afurika ugamije guhangana n’ikibazo cy’abimukira n’abandi.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko  ikintu cy’ingenzi cyagombye kwitabwaho ari uko abatuye Afurika babaho neza iwabo, bakagira ubukungu n’umutekano bihagije k’uburyo bitabasaba kujya imahanga kubihashakira.

Ati: “ Icya mbere ni uko abaturage b’Afurika bagombye guhabwa uburyo bwo kubaho neza iwabo cyangwa mu bihugu by’Afurika baturanye bitabaye ngombwa ko bajya imahanga.”

Avuga ko hagombye kubaho uburyo bufatika kandi bwemeranyijweho bwo gutandukanya abimukira badakurikije amategeko n’abimukira  bava mu bihugu byabo mu buryo butabangamiye amategeko.

Umukuru w’Igihugu avuga ko gutandukanya aba bimukira bizafasha mu kwita ku bimukira bava mu bihugu byabo mu buryo bukwiye.

Abo ngo ntibakwiye kwitiranwa ba bagenzi babo ngo bitume batitabwaho.

Icyakora Perezida Kagame avuga ko ibihugu byose bifite uburenganzira bwo kurinda imipaka yabyo ariko nanone abimukira babikora mu buryo bukurikije amategeko bakagira uko bitabwaho.

Yunzemo ko Afurika n’u Burayi ari imigabane ibiri yakoranye igihe kirekire ku kibazo cy’abimukira.

Ku byerekeye u Rwanda, Perezida Kagame yavuze ko mu bihe bitandukanye rwerekanye ubushake bwo kwita ku bimukira ndetse hari n’abo rwakiriye rubacumbikira mu nkambi z’agateganyo mbere y’uko bahitamo gutaha iwabo cyangwa gutura mu Rwanda.

Abenshi bavanywe muri Libya aho bari bamaze iminsi bafashwe nabi.

TAGGED:AbimukiraAfurikaBurayifeaturedKagameRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umupaka wa Gatuna Ugiye Gufungurwa 
Next Article Umugore Rukumbi Ukora Production Mu Rwanda Agira Inama Bagenzi Be
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?