Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yifurije Abanyarwanda Iminsi Mikuru Myiza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yifurije Abanyarwanda Iminsi Mikuru Myiza

admin
Last updated: 24 December 2021 5:21 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yifurije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga kugira iminsi mikuru myiza, abagaragariza ko we yayitangiye neza yifashishije amafoto ari mu busitani, hamwe n’imbwa ebyiri.

Ni iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani abantu basabwa kwizihiza bari mu rugo, kubera ibihe bitoroshye bijyanye n’ubwiyongere bw’ubwandu bushya bwa COVID-19, burimo gutizwa umurindi n’ubwoko bushya bwa virus yihinduranyije ya Omicron.

Mu ngamba Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ku wa 20 Ukuboza, “ibirori bijyanye n’iminsi mikuru byose birabujijwe.”

Perezida Paul Kagame yanditse kuri Twitter, ati “Umuryango wanjye hamwe nanjye tubifurije mwese iminsi mikuru myiza. Njye nagize intangiro nziza zayo…”

My Family & I wish You All a Very Happy Festive Season!
Got a good start to my own….!!
Love them.. pic.twitter.com/54zSGTC4cf

— Paul Kagame (@PaulKagame) December 24, 2021

Ubwo yakiraga indahiro ya Minisitiri mushya w’umutekano, Alfred Gasana ku wa 13 Ukuboza, Perezida yavuze ko mu gihe Abanyarwanda binjira mu bihe bisoza umwaka no gutangira umushya, ari umwanya wo kwitwararika ako kwirarara, ngo hato badaha urwaho icyorezo cya COVID-19.

Yifurije abayobozi n’abaturarwanda bose gusoza neza uyu mwaka wa 2021 no gutangira neza umushya wa 2022.

Yagize ati “Twizera ko umwaka uza uzarushaho kuba mwiza kurusha uwo turangije n’uwo twarangije mbere yawo, ubwo ndavuga izi ngorane isi yose igenda ihura nazo za covid-19. Nubwo tumaze kugera ku byiza ku buryo bwo kuyirwanya, ari ugukingira umubare w’abantu benshi no kugabanya umubare w’abagiye barwara, ubona ko ku isi hose niko bigenda bimera, bigenda bigaruka, bisa n’ibijya kujya mu buryo bikongera bikazamuka.”

“Ubwo rero ntabwo twakwirara nubwo twari twifashe neza, ahubwo twarushaho ingamba zo kwirinda. Ni uko tukajya mu minsi mikuru neza nubwo kujya mu minsi mikuru yo kurangiza umwaka ubwabyo byongera bikazamura umubare w’abandura, kubera ko birumvikana abantu iyo bahuye ari benshi bakanezerwa, hari ubwo bivamo kwibagirwa kwirinda uko bikwiye.”

Abanyarwanda bakomeje gushishikarizwa kwikingiza COVID-19 ku bwinshi ndetse harimo no gutangwa urukingo rushimangira, hagamijwe kurinda abantu kuzahazwa n’iki cyorezo kitarabonerwa umuti.

TAGGED:featuredIminsi MIkuruNoheliPaul KagameUbunani
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RDF Igiye Kwinjiza Abasirikare Bashya Mu Mutwe w’Inkeragutabara
Next Article Bill Gates Yatangaje Igihe COVID-19 Izarangirira Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?