Polisi Ntizemera Ko Abakobwa Bakomeza Kwambara Impenure-CP Kabera

Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera anenga Abanyarwandakazi bambara impenure kandi biri mu bitubahirije umuco n’indangagaciro z’u Rwanda.

Avuga ko ari ibintu biri gufata indi ntera. Kuri we, ibyo ntibikwiye.

Ati: “ Ntibikwiye mu muco, ntibikwiye no mu ndangagaciro mwahoze muvuga…”

Yunzemo ko ‘bo nka Polisi’ batazabyemera kandi ngo ubutumwa nk’ubwo ni ngombwa kubutanga.

Ni henshi kandi mu buryo butandukanye aho usanga abakobwa( n’abagore bamwe na bamwe) bambara imyenda iberekana uko bateye, bamwe bakambara imyenda ibonerana cyangwa migufi bikabije bikaba byakururira bamwe mu bagabo bafite umutima udafite uburere irari rishobora gutuma hari bamwe babafata ku ngufu.

Mu muco w’Abanyarwanda, kwihesha agaciro n’icyubahiro aho umuntu ari ni kimwe mu by’ibanze biwuranga.

Birashoboka ko Polisi y’u Rwanda ishobora kuba ari cyo iharanira ko cyakomeza gusigasirwa kandi bigakorwa hakiri kare kuko CP Kabera avuga muri iki gihe ibyo kwambara impenure biri ‘gufata indi ntera.’

Umubyeyi witwa Umumararungu utuye mu Murenge wa  Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge yabwiye Taarifa ko ibyo Polisi ivuga bifite ishingiro ariko ko itagomba kuzabikorana imbaraga zirimo gufata uwambaye impenure.

Kuri we asanga ikwiye gukorana na Minisiteri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Inama y’igihugu y’urubyiruko n’izindi nzego zirimo n’abanyamadini kugira ngo habeho ubukangurambaga bwo kubwira abana ko uwambaye yikwije aba yiyubashye kandi yubahishije n’abo bari kumwe.

Ati: “ Niba Polisi igiye kujya muri icyo kibazo, izazirikane ko umuntu afite uburenganzira bwo kwambara uko ashaka bityo habeho kuganira n’ababyeyi n’abakobwa kugira ngo bumve ibyiza byo kwambara wikwije… Nibishyiramo imbaraga ihabwa n’itegeko ishobora kuzabikora nabi bikayihesha isura mbi kandi mu by’ukuri itari igamije ikibi.”

Umugabo witwa Sugira wo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro we avuga ko hari n’ababyeyi baha abana babo urugero rubi, bakambara nabo izo mpenure, umukobwa wabo akazakura abona ko kwambara neza ari ukwigana Nyina.

Kuri we, ababyeyi bari mu b’ibanze bagombye kwibutswa ko ‘Inyana ari iya Mweru’ bityo ko uko bambara, uko bitwara mu bandi n’uko bavugira mu ruhame cyangwa mu rugo bigira uruhare rutaziguye mu myitwarire y’abo bibarutse.

Ababyeyi basabwa kuganiriza abakobwa babo ku ngingo zirimo n’imyambarire ibubahisha

Yavuze ati: “ Ntawe utanga icyo adafite…Niba abakobwa bakura babona ba Nyina bambara izo Mini ndemera neza ko nabo bazazambara. Imwe mu ngamba ni uko ababyeyi muri rusange n’ababyeyi b’abagore by’umwihariko bajya bazirikana icyo umugani w’Abanyarwanda uvuga ko ‘uwiba ahetse aba abwiriza uwo mu mugongo’ uvuze.”

N’ubwo umuco ari uruhurirane ry’imigirire ishingiye ku mateka, ururimi, imyizerere by’abantu runaka kandi ukaba ukura bitewe n’uko muri iki gihe abantu bahura bakaganira, bagahahirana, abahanga mu mibanire y’abantu( sociologists) bavuga ko muri buri muco hari ibitagomba guhinduka, ahubwo bigasigasirwa kugira ngo uwo muco uhorane umwimerere.

Muri ibyo bintu harimo icyo bita norms.

Izi norms nizo zihuza zigakora  ikintu kinini kurushaho kitwa indangagaciro(values) z’umuco runaka.

Izo ndangagaciro nizo zitandukanya abantu basangiye umuco runaka n’abandi bafite undi wabo.

Indangagaciro aho zibera  umwihariko ni uko abana bazigira ku babyeyi babo kandi bigatangira bakiri bato.

Umwana ugize ibyago akavukira kandi agakurira mu muryango ugizwe n’ababyeyi batakaje izo ndangagaciro nawe  akura ntazo afite, keretse iyo azigiye mu mashuri cyangwa mu idini ariko nabwo ntibyahuza agaciro no kuzigishwa n’ababyeyi be.

Niyo mpamvu Abanyarwanda baca umugani ngo ‘imfura igenda nka Se’ cyangwa ngo ‘Umwana apfa mu iterura.’

Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version