Polisi Yabwiye Urubyiruko Ibanga Ryo Kuba Umupolisi Mwiza

Abanyeshuri ba Kaminuza yitwa Kepler University baraye basuye Polisi y’u Rwanda ku cyicaro cyayo gikuru kiba mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police( CP) John Bosco Kabera yabwiye abo banyeshuri ko ikinyabupfura no gukunda akazi ari indangagaciro zikomeye ziranga abapolisi b’u Rwanda.

Ikinyabupfura no gukunda umurimo biri mu biranga abapolisi b’u Rwanda

Nabo bavuze ko bafite intego yo gukomeza gufatanya na Polisi mu kubungabunga umutekano.

Urugendo rw’aba banyeshuri 50  rwari rugamije kubaha ubumenyi ku mikorere y’inzego zitandukanye nka bimwe mu bizabafasha igihe bazaba barangije amasomo yabo.

- Advertisement -

Uru rugendoshuri ruri muri  gahunda y’iriya Kaminuza yiswe ‘Kepler Success Week’.

Abanyeshuri ba Kepler bavuga ko bazakomeza gukorana n’abashinzwe umutekano mu rwego rwo kurinda u Rwanda
Share This Article
Tanga igitekerezo

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Exit mobile version