Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Polisi Yasubije Umuyapanikazi Ibikoresho Yibwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUmutekano

Polisi Yasubije Umuyapanikazi Ibikoresho Yibwe

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2024 12:33 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha make ashize Polisi y’u Rwanda yasubije Umuyapanikazi ibyuma by’ikoranabuhanga yari aherutse kwibwa.

Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batatu ikekaho uruhare muri ubwo bujura.

Umuyapanikazi wasubijwe ibye yitwa Mio Yamada akaba atuye mu Mudugudu wa Mutara, Akagari ka Kimihurura, Umurenge wa Kimihurura mu Karere ka Gasabo.

Abafashwe barimo umucuruzi w’ibikoresho by’ikoranabuhanga muri Kigali.

Taliki 16, Ukwakira, 2024 nibwo ibyo bikoresho birimo mudasobwa eshatu, cameras eshatu, telefone nini zizwi nka tablets ebyiri, telefone zigezweho (smart phones) ebyiri n’ibindi bitandukanye byari byibwe nijoro mu rugo rwa Yamada byafashwe.

Ubwo yashyikirizwaga ibikoresho  yibwe, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 17 Ukwakira, Yamada yashimiye Polisi y’u Rwanda ku buryo yihutiye gushakisha no kugaruza ibikoresho bye.

Ati: “Inzu yanjye yari yasahuwe ku buryo bugaragara mu ijoro rimwe gusa, yewe nta cyizere nari mfite cy’uko bishobora kugaruka. Nshimishijwe cyane no kubona ibikoresho byose nari nibwe bigarujwe. Ndashimira cyane Polisi y’u Rwanda kuko iki ni ikimenyetso kigaragaza ko turi amahoro kandi dutekanye”.

ACP Rutikanga

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga yavuze ko ibikorwa byo gufata abajura bizakomeza gushyirwamo imbaraga.

Asaba abagura ibikoresho by’amashanyarazi n’iby’ikoranabuhanga byibwe ‘kurya bari menge’.

Rutikanga ati: “Tuributsa abacuruza ibikoresho by’amashanyarazi n’iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe gukurikiza amabwiriza abigenga birinda gushinga amasoko y’ibyibano atiza umurindi abajura”.

Yatanze umuburo ko inzego zishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’amategeko n’izindi nzego z’ubuyobozi zahagurukiye gukurikirana iyubahirizwa ry’aya mabwiriza.

Intego ni ugushakisha no gushyikiriza ubutabera abayarengaho batiza umurindi ubujura cyane cyane ababicuruza.

Amabwiriza Nº DGO/REG/005, agenga ubucuruzi bw’ibikoresho by’amashanyarazi n’iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe, avuga ko mbere yo kugura ibikoresho by’amashanyarazi cyangwa iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe, ucuruza agomba kubanza kugenzura ko ubigurisha ari we nyirabyo wemewe n’amategeko.

Aya mabwiriza kandi ategeka ucuruza kugenzura neza ko ibikoresho by’amashanyarazi cyangwa iby’ikoranabuhanga byakoreshejwe yifuza kugura byujuje ibisabwa n’amabwiriza y’ubuziranenge, akandika amakuru y’ingenzi ajyanye n’igikoresho cy’amashanyarazi cyangwa icy’ikoranabuhanga cyakoreshejwe aguze ndetse n’icyo yagurishije kimwe n’umwirondoro w’ugurisha.

Itegeko no.68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 166 ivuga ko  Umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe (1) ariko kitarenze imyaka ibiri (2), ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni ebyiri (2.000.000 FRW), imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu (6) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 muri iryo tegeko ivuga ko ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira, kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije, kwiba byakozwe nijoro cyangwa kwiba byakozwe n’abantu barenze umwe.

TAGGED:featuredIbicuruzwaIkoranabuhangaInyunguPolisiUmuyapanikazi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gachagua: Visi Perezida Wa Mbere Wa Kenya Wegujwe Mu Mateka
Next Article Ese Mu Rwanda Harateganywa Gahunda Ya ‘Gira Inkoko’?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abangilikani Bizihije Imyaka 100 Ishize Bageze Mu Rwanda

Misiri Irashaka Gukaza Umutekano Ku Mupaka Wayo Na Gaza

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Rwanda: Abohereza Ikawa Mu Burayi Basabwe Gukurikiza Ibyo Bushaka

U Rwanda Rwatumye Abaturage Bacu Bongera Gutekana-Min W’Ingabo Za Mozambique

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaPolitiki

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?