Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Prof Rugege yashyizwe mu nteko mpuzamahanga y’abunzi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Prof Rugege yashyizwe mu nteko mpuzamahanga y’abunzi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 December 2020 8:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Prof  Sam Rugege wahoze ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga yashyizwe mu Nteko mpuzamahanga y’abunzi yitwa The Weinstein International Foundation ikorera San Fransicso muri USA.

Rugege yashimiwe uruhare yagize mu gushyiraho politiki zafashije mu butabera bw’u Rwanda harimo n’Urwego rw’Abunzi.

Rugege yamaze imyaka 16 ari Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga akaba yarabanje kuba Perezida wungirije warwo.

Yagiye mu kiruhuko cy’izabukuru mu Ukuboza, 2019.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Akiri Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege yagize uruhare mu gushyiraho Politiki z’ubutabera zirimo ubwunzi, gukoresha ikoranabuhanga  mu nkiko no guhugura abacamanza kugira ngo batere imbere mu kazi kabo.

Abasesengura imikorere y’ubutabera bw’u Rwanda bashima ko Prof Sam Rugege yatangije ubwunzi, iyi ikaba ari politiki yafashije mu kugabanya umubare w’imanza zajyanwa mu nkiko kandi igafasha mu kubanisha Abanyarwanda neza.

Ubwo yakirwaga muri ruriya runana, Prof Rugege yabashimiye ko bamugiriye icyizere, avuga ko icyo kizere kandi agisangiye n’Abanyarwanda bose.

Ati: “ Nejejwe n’uko mwanyakiriye muri uru runana rw’inararibonye mu bwunzi. Ni urunana rwagize uruhare runini mu guteza imbere ubutabera bushingiye ku bwunzi no kwigisha abantu amategeko no kwirinda ibyaha. Nishimira ko u Rwanda rwagize amahirwe yo kubigira ho.”

Urunana rw’Abunzi rwiswe Weinstein International Foundation rwashinzwe n’Umucamanza witwa   Danny Weinstein.

- Advertisement -

Prof Sam Rugege yize muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda , akomereza amategeko muri Yale University nyuma akomereza muri Oxford University.

Arangije amasomo yatangiye akazi ko kwigisha amategeko muri Kaminuza ya Makerere muri Uganda.

Yigishije muri Kaminuza y’igihugu ya Lesotho na Kaminuza y’igihugu ya Swaziland.

Prof Rugege yigishije kandi amategeko muri Kaminuza ya Westen Cape (UWC).

TAGGED:AbunziAfurika y'EpfofeaturedInkikoLesothoRugegeSwazilandUSA
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akazi ko mu bihe biri imbere kazakorwa neza biturutse ku ikoranabuhanga: Kagame
Next Article Umuyobozi wa RIB asaba abagenzacyaha gucukumbura bakamenya igitera ibyaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?