Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Yagize Icyo Avuga Ku Batalibani Baherutse Kwisubiza Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Putin Yagize Icyo Avuga Ku Batalibani Baherutse Kwisubiza Afghanistan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2021 7:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yabwiye abandi Banyaburayi ko bagombye kwirinda gutegeka abandi uko babaho. Ni ubutumwa yageneye Abanyamerika n’abandi batuye u Burayi abasaba kutazahirahira ngo bategeke Abatalibani uko bagomba kuyobora igihugu cyabo.

Putin yavuze ko abo hanze ya Afghanistan bagombye kwirinda kuzategeka Abatalibani mu buryo ubwo aribwo bwose uko bagomba kuyobora igihugu cyabo.

Kuri we ngo buri gihugu kigira uko kiyoborwa bishingiye ku ngandagaciro zacyo.

Avuga ko Afghanistan itakwivanga mu bibazo by’Amerika kuko gutsindwa kwayo muri Afghanistan ari yo bireba.

Yasabye Abanyaburayi ko bagombye gukora k’uburyo bateza imbere Afghanistan aho kwivanga mu bibazo bireba abanyapolitii bayo.

Yagize ati: “ Abatalibani bigaruriye igihugu cyose kandi bigaragarira isi yose.Ibyiza ni ukureba uko bazayobora igihugu kurusha kubaca intege no kwivanga mu byabo.”

Ibi yabivuze ari kumwe na Angela Merkel uyobora u Budage.

Ku rundi ruhande ariko, Putin yavuze ko ari ngombwa kurinda ko Abatalibani bakwinjira mu bihugu bituranye na Afghanistan bacengeye mu mpunzi.

Hari mu kiganiro yagiranye na Angela Merkel

U Burusiya busaba Abatalibani kwirinda ibi kubera ko budashaka ko hari ibibazo bya Politiki byavuka mu bihugu bituranye nabwo byahoze muri Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete.

Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete zashinzwe tariki 20, Ukuboza, 1922 zisenyuka tariki 26, Ukuboza, 1991.

Yari Leta itegeka igihugu kigari kuko cyari ku buso bya kilometero kare miliyoni 22.4.

N’ubwo zasenyutse ariko u Burusiya nicyo gihugu kinini cyazisigayemo kikaba ari nacyo gihugu kinini kurusha ibindi ku isi.

Kiri ku buso bwa kilometero kare miliyoni 17.13 ariko bukaba butuwe n’abaturage bacye kuko ababutuye ari miliyoni 144.4.

Ni bacye ugereranyije n’abatuye Nigeria kuko bo barenga miliyoni 200.

Bukora ku migabane ibiri ni ukuvuga u Burayi n’Aziya.

TAGGED:AbatalibaniAfghanistanfeaturedMerkelPutin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Habineza Joseph Wabaye Minisitiri Yitabye Imana
Next Article Ese Koko Abaturage Bahohotera Abayobozi Nk’uko Min Gatabazi Abivuga?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: 34% By’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Nibo Bateganyirizwa N’Abakoresha

Abatahutse Bava DRC Batangajwe N’Uko Basanze U Rwanda Rusa

Burundi: Umushinjacyaha Aravugwaho Kwiba Amafaranga Ya Leta Akayajyana Tanzania

Nyanza: Nyiri Akabari Akurikiranyweho Guta Umukecuru Mu Bwiherero

Nyuma Yo Kwica Abantu 114 Muri Philippines Inkubi Ikomereje Muri Vietnam

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Suluhu Yatangajwe Ko Yatsinze Amatora Y’Umukuru W’Igihugu

Twifuza Ko Kagame Yatubera Umuhuza-Ambasaderi Wa Sudani

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Uburayi Burasaba Abo Mu Burasirazuba Koroshya Ngo Ubutabazi Bugere Ku Mbabare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibidukikije

Rutsiro: Imbwa Z’Ibihomora Zugarije Pariki Ya Gishwati-Mukura N’Abayituriye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ubwoba Ku Bitero By’Ikoranabuhanga Ku Bakiliya Bwatumye MTN Ihanga Agashya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?