Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Putin Yagize Icyo Avuga Ku Batalibani Baherutse Kwisubiza Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Putin Yagize Icyo Avuga Ku Batalibani Baherutse Kwisubiza Afghanistan

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 August 2021 7:14 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yabwiye abandi Banyaburayi ko bagombye kwirinda gutegeka abandi uko babaho. Ni ubutumwa yageneye Abanyamerika n’abandi batuye u Burayi abasaba kutazahirahira ngo bategeke Abatalibani uko bagomba kuyobora igihugu cyabo.

Putin yavuze ko abo hanze ya Afghanistan bagombye kwirinda kuzategeka Abatalibani mu buryo ubwo aribwo bwose uko bagomba kuyobora igihugu cyabo.

Kuri we ngo buri gihugu kigira uko kiyoborwa bishingiye ku ngandagaciro zacyo.

Avuga ko Afghanistan itakwivanga mu bibazo by’Amerika kuko gutsindwa kwayo muri Afghanistan ari yo bireba.

Yasabye Abanyaburayi ko bagombye gukora k’uburyo bateza imbere Afghanistan aho kwivanga mu bibazo bireba abanyapolitii bayo.

Yagize ati: “ Abatalibani bigaruriye igihugu cyose kandi bigaragarira isi yose.Ibyiza ni ukureba uko bazayobora igihugu kurusha kubaca intege no kwivanga mu byabo.”

Ibi yabivuze ari kumwe na Angela Merkel uyobora u Budage.

Ku rundi ruhande ariko, Putin yavuze ko ari ngombwa kurinda ko Abatalibani bakwinjira mu bihugu bituranye na Afghanistan bacengeye mu mpunzi.

Hari mu kiganiro yagiranye na Angela Merkel

U Burusiya busaba Abatalibani kwirinda ibi kubera ko budashaka ko hari ibibazo bya Politiki byavuka mu bihugu bituranye nabwo byahoze muri Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete.

Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete zashinzwe tariki 20, Ukuboza, 1922 zisenyuka tariki 26, Ukuboza, 1991.

Yari Leta itegeka igihugu kigari kuko cyari ku buso bya kilometero kare miliyoni 22.4.

N’ubwo zasenyutse ariko u Burusiya nicyo gihugu kinini cyazisigayemo kikaba ari nacyo gihugu kinini kurusha ibindi ku isi.

Kiri ku buso bwa kilometero kare miliyoni 17.13 ariko bukaba butuwe n’abaturage bacye kuko ababutuye ari miliyoni 144.4.

Ni bacye ugereranyije n’abatuye Nigeria kuko bo barenga miliyoni 200.

Bukora ku migabane ibiri ni ukuvuga u Burayi n’Aziya.

TAGGED:AbatalibaniAfghanistanfeaturedMerkelPutin
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Habineza Joseph Wabaye Minisitiri Yitabye Imana
Next Article Ese Koko Abaturage Bahohotera Abayobozi Nk’uko Min Gatabazi Abivuga?
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Amerika Ntishaka Umusirikare Wayo Ubyibushye

Hafi Kimwe Cya Kabiri Cy’Ibyo u Rwanda Rwohereza Mu Muhanga Gikomoka Ku Buhinzi- PM Nsengiyumva

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu mahanga

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?