Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Irashaka Kongera Umubare W’Abagore Bayijyamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RDF Irashaka Kongera Umubare W’Abagore Bayijyamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2023 6:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga yaraye abwiye itsinda ry’abasore n’inkumi b’Abanyarwanda ariko baba mu mahanga ko umubare w’ab’igitsina gore binjizwa mu ngabo uzongerwa.

Intego ni uko uva kuri 7% ukagera kuri 30% mu gihe gito kiri imbere.

Brig Gen Rwivanga avuga ko bigomba gukorwa hazirikanwa uruhare rukomeye ab’igitsina gore bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Abasore n’inkumi 65 bose bari baje kuri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda kuganirizwa ku rugendo rwo kubohora u Rwanda n’uruhare ingabo z’u Rwanda zabigizemo ndetse n’urwo zikomeje kugira mu kubaka iterambere ryarwo.

Bakiriwe kandi na Lt Col Vincent Mugisha ushinzwe ishami ry’ingabo z’u Rwanda rihuza abasirikare n’abasivili bita Civil Military Relations Department.

Umwe mu bagize ririya tsinda witwa Yannick Bandora yavuze ko ari ubwa mbere ageze mu Rwanda ariko ngo yashimiye uko rusa.

Uyoboye ririya tsinda witwa Kennedy Bizimana akaba asanzwe aba mu Bubiligi avuga ko iyo we na bagenzi be bagize amahirwe yo kuza mu Rwanda, baba babonye n’andi yo kurumenya kurushaho binyuze mbere na mbere mu kwiga amateka yarwo.

Avuga ko bituma bakomeza no kuzirikana umuco w’iwabo kandi bagasubira mu bihugu babamo biyemeje kuzakomeza guteza u Rwanda imbere mu ngeri zitandukanye.

Urubyiruko ruba mu mahanga rwasobanuriwe uko kubohora u Rwanda byagenze n’aho kuryubaka bigeze
TAGGED:AbagoreAmahangafeaturedIngaboRwandaRwivangaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Ufite Ubumuga Yafatanywe N’Abandi Bibaga Telefoni
Next Article Umusirikare W’u Rwanda Wiciwe Muri Centrafrique Yasezeweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

Hari Ubwoba Bw’Intambara Ya Amerika Na Venezuela 

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbutabera

Kabila Arasomerwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbyamamareImyidagaduroMu Rwanda

Ibya Ariel Wayz Byajemo Gishegesha

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Abageni Bwari Bucye Basezerana Bakubiswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Rulindo: Yafatanywe Ayo Kwishyura Abacukura Amabuye Mu Buryo Butemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?