Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RDF Irashaka Kongera Umubare W’Abagore Bayijyamo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RDF Irashaka Kongera Umubare W’Abagore Bayijyamo

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 15 July 2023 6:52 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Brig Gen Ronald Rwivanga yaraye abwiye itsinda ry’abasore n’inkumi b’Abanyarwanda ariko baba mu mahanga ko umubare w’ab’igitsina gore binjizwa mu ngabo uzongerwa.

Intego ni uko uva kuri 7% ukagera kuri 30% mu gihe gito kiri imbere.

Brig Gen Rwivanga avuga ko bigomba gukorwa hazirikanwa uruhare rukomeye ab’igitsina gore bagize mu rugamba rwo kubohora u Rwanda.

Abasore n’inkumi 65 bose bari baje kuri Minisiteri y’ingabo z’u Rwanda kuganirizwa ku rugendo rwo kubohora u Rwanda n’uruhare ingabo z’u Rwanda zabigizemo ndetse n’urwo zikomeje kugira mu kubaka iterambere ryarwo.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bakiriwe kandi na Lt Col Vincent Mugisha ushinzwe ishami ry’ingabo z’u Rwanda rihuza abasirikare n’abasivili bita Civil Military Relations Department.

Umwe mu bagize ririya tsinda witwa Yannick Bandora yavuze ko ari ubwa mbere ageze mu Rwanda ariko ngo yashimiye uko rusa.

Uyoboye ririya tsinda witwa Kennedy Bizimana akaba asanzwe aba mu Bubiligi avuga ko iyo we na bagenzi be bagize amahirwe yo kuza mu Rwanda, baba babonye n’andi yo kurumenya kurushaho binyuze mbere na mbere mu kwiga amateka yarwo.

Avuga ko bituma bakomeza no kuzirikana umuco w’iwabo kandi bagasubira mu bihugu babamo biyemeje kuzakomeza guteza u Rwanda imbere mu ngeri zitandukanye.

Urubyiruko ruba mu mahanga rwasobanuriwe uko kubohora u Rwanda byagenze n’aho kuryubaka bigeze
TAGGED:AbagoreAmahangafeaturedIngaboRwandaRwivangaUrubyiruko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kigali: Ufite Ubumuga Yafatanywe N’Abandi Bibaga Telefoni
Next Article Umusirikare W’u Rwanda Wiciwe Muri Centrafrique Yasezeweho
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?