Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Irasaba Abagenzi Kwitaza Motari Mbere Yo Kumwishyura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Umutekano

RIB Irasaba Abagenzi Kwitaza Motari Mbere Yo Kumwishyura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2024 2:05 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, rusaba Abanyarwanda kujya bitaza gato umumotari mbere yo kumwishyura bakoresheje telefoni kuko bari bamwe bazishikuza bakiruka.

Ni umuburo Umuvugizi wa RIB yahaye abaturage bari baje kwakira telefoni 167 zafatiwe hirya no hino nyuma yo kwibwa ba nyirazo

Umuvugizi w’uru rwego Dr. Thierry B. Murangira avuga ko uretse kuba abamotari biba telefoni z’abagenzi, ngo hari n’ubundi buryo abazibye bakoresha kugira ngo bashobore kuzigurisha.

Ubwo ni ukujya kuzikuzamo umubare cyangwa amagambo y’ibanga, ibyo bita password cyangwa iCloud ku bakoresha telefoni za iPhones.

Avuga ko kugira ngo uwibwe telefoni ashobore kuyibona igihe cyose agiye kuyirangisha kuri RIB, ngo ni ngombwa ko uwo muntu aba azi rya banga yayifunganye kandi akaba azi na nomero ziyiranga, izo bita serial number.

RIB ivuga ko hari abantu batatu “b’ingenzi” bafashwe bose baracyari bato.

Abo bafashwe  baravugwaho kwiba izo telefoni bakazishyira abazikuramo wa mubare cyangwa ya magambo y’ibanga, barangiza bakazishyira uzicuruza.

Umwe mu bafashwe afite imyaka 23, mugenzi we afite imyaka 22 undi ubaruta bose ufite imyaka 28 y’amavuko.

Ku rundi ruhande, ubugenzacyaha busaba abaturage kuzirikana ko igihe cyose bibwe telefoni zabo, bagomba guhita bajya ku kigo cyabahaye Mobile Money cyangwa Airtel Money bakaba bafunze ubu buryo ndetse bakajya no kuri banki zabo nabwo bakabigenza batyo mu rwego rwo kwirinda ko abajura babatwarira amafaranga.

Abajura bagiriwe inama yo kubireka kubera ko batazarusha imbaraga n’ubumenyi abagenzacyaha.

Umuvugizi w’ubugenzacyaha ati: “ Ubutumwa rero duha aba bantu bakora ibi byaha ni ukumenya ko batazarusha RIB imbaraga. Aba bantu bumva ko bakwiba bagaheza iby’abandi ntabwo barusha inzego z’umutekano ingufu cyangwa ubumenyi. Ntibazatugamburuza. Turabasaba ko bashaka ubundi buryo babonamo amafaranga.”

Umuvugizi wa RIB Dr. Thierry B.Murangira agira abantu inama yo kugira amakenga muri byose

Umwe mu bibwe yabwiye Taarifa ko yibwe na bagenze b’abakanishi aho yari gukorera akazi.

Avuga ko ngo bamuzubaje, bamutwara telefoni ariko agashima RIB ko yashoboye kumugarurira igikoresho cye yaguze kimuhenze.

Ubugenzacyaha busaba abaturage kandi kwirinda kugenda mu masaha akuze cyane kandi bagaca mu bice biteje akaga.

Umutekano w’umuntu niwe ureba mbere na mbere.

RIB yafashe telefoni 167
Buri wese yaje gufata iye akabanza akerekana umwirondoro we
TAGGED:AbamotarifeaturedMurangiraRIBtelefoniUmutekano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amafoto: Pétit Stade Nayo Igeze Kure Ivugururwa
Next Article Amafoto: Ibikorwa Bya Polisi Na RDF Hirya No Hino Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?