Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yabwiye Abayobozi Ibyaha Abashakanye Bababarirana Imbere Y’Amategeko
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yabwiye Abayobozi Ibyaha Abashakanye Bababarirana Imbere Y’Amategeko

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 26 October 2023 8:24 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha, RIB, ruvuga ko umwe mu bashakanye ashobora kuza kuri station y’uru rwego akavuga ko ahaye imbabazi mugenzi we  bashakanye wari uhafungiye kubera ubushoreke, ubusambanyi cyangwa guta urugo.

RIB ivuga ko iyo bigenze gutyo, nta muntu ufite uburenganzira bwo kwimana izo mbabazi, yaba umuyobozi, umugenzacyaha, umushinjacyaha ndetse no mu rukiko ibyo byaha birababarirwa.

Ubugenzacyaha bwabwiye abayobozi mu nzego z’ibanze mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi  ko ibyo ari byo byaha byonyine umwe mu bashakanye ashobora gusabira mugenzi we imbabazi akazihabwa niyo yaba yari hafi kwinjira muri gereza yambaye n’umwambaro w’iroza.

Umwe mu bahanga mu mategeko yabwiye Taarifa ko ubusanzwe hari ibintu byitwa ibyaha ari uko uwabikorewe yabiregeye.

Atanga urugero rw’ubushoreke, ubusambanyi cyangwa guta urugo bikozwe n’umwe mu bashakanye.

Abashakanye bavugwa aha ni abafitanye isezerano ry’’amategeko.

Ibyaha bivuzwe haruguru ngo biri mu byaha bikorerwa umuntu ku giti cye, bidakorerwa sosiyete bityo uwabikorewe niwe ushobora kubiregera cyangwa se agasaba ko uwabimukoreye ababarirwa ako kanya.

Ku byerekeye amahugurwa yahawe abayobozi bo mu Murenge wa Gacurabwenge mu Karere ka Kamonyi, abayitabiriye babwiye itangazamakuru ko bumvise neza inyigisho bahawe n’ubugenzacyaha kandi bakemeza ko bazakomeza kuzishyira mu bikorwa.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’uyu Murenge witwa Marthe Umugiraneza avuga ko azakorana n’abandi bayobozi kugera ku Mudugudu kugira ngo bakomeze guhugurana ku nyigisho bahawe kandi bazumvishe n’abaturage babo.

Ati: “Turashima ko RIB iba yatwegereye ikaduhugura mu by’amategeko ateganya kugira ngo tudatandukira mu byemezo dufata. Ubumenyi twahawe tuzakomeza kubuhuguraho bagenzi bacu kugira ngo dukumire ibyaha. Mbere y’uko ibyaha biba haba hari ibimenyetso bigaragaza ko ibintu biri kujya ahabi. Tuzashyira imbaraga mu gukumira ko ibintu byagera kure.”

Aha kandi ni ngombwa kumenya ko ibyaha bigira amoko.

Hari ibyaha bito, ibyaha binini, ibyaha bikomeye n’ibyaha ndengakamere( birimo na Jenoside).

Muri rusange habamo ibyaha bikorerwa umuntu ku giti cye, urugero nk’ibyo twavuze haruguru biba hagati y’abashakanye, hakaba n’ibyaha bikorerwa umuryango mugari w’abantu, urugero nk’ubwicanyi.

Abagenzacyaha ba RIB bamaze igihe mu bukangurambaga bafatanyijemo na UN Women mu kubwira  abayobozi mu nzego z’ibanze uko ibyaha bitahurwa, uko bikumirwa n’uburyo bwiza bwo kwandika no kumenyesha uru rwego amakuru y’ibanze ku byaha byakorewe aho bayobora.

Abayobozi babwiwe ko hari ibyaha abashakanye bafite ubushobozi bwo kubabarirana

Ubukangurambaga nk’ubu bwatangiye mu mwaka wa 2022 mu Ntara y’Uburasirazuba, ubu bukaba bukomereje mu Ntara y’Amajyepfo.

TAGGED:AbashakanyeAbayoboziAmajyepfoAmategekoRIBUbugenzacyaha
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ngirente Yavuze Impamvu Kaminuza Zikomeye Zashoye Mu Rwanda
Next Article Ubundi Bwicanyi Bukomeye Muri Amerika: Yishe 22 Abarashe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

Rayon Sports Yatandukanye Na Kapiteni Wayo Bamaranye Imyaka Ibiri N’Igice

I Goma Hageze Imiti Y’Ibibembe N’Igituntu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?