Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yafashe Abantu Bagaragaye Muri Video Bakubitira Umuturage Mu Muhanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yafashe Abantu Bagaragaye Muri Video Bakubitira Umuturage Mu Muhanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 April 2022 7:34 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu masaha agana saa cyenda z’ijoro hari ku wa Kabiri taliki 05, Mata, 2022  abantu bafashwe amashusho bari  gukubitira umuntu mu muhanda baramunegekaza.

Amakuru Taarifa yamenye avuga ko biriya bijya kuba, byatangiye uwakubiswe ahamagawe na bagenzi be ngo aze abatware kuko bari banyoye basinze, ageze mu nzira haza imodoka imucaho abari bayirimo bamutera icupa ririmo amazi.

Yarahagaze ngo arebe abo ari bo, nabo barasohoka baramukubita bamusiga ari intere.

Bucyeye ni ukuvuga mu gitondo cyo kuri uyu munsi, benewabo b’uwakubiswe bagejeje ikirego ku Rwego rw’Ubugenzacyaha nabwo butangira gushakisha abo bantu.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amashusho aberekana yagiye kugera hirya no hino ubugenzacyaha bwatangiye iperereza.

Ubugenzacyaha bwaje guperereza bubafatira mu Murenge wa Niboye, mu Kagari ka Gatare.

Nyuma yo gufatwa abakurikiranyweho kiriya cyaha bajyanywe  ku Biro by’Ubugenzacyaha kugira ngo babazwe.

Ni abagabo babiri barimo uwitwa Alex Nkuranga Karemera na Soteri Junior Gatera Kagame.

Ubwo abagenzacyaha bageraga aho bariya bantu bari bari, babanje kwangirwa kwinjira.

- Advertisement -

Abakozi b’uru Rwego bakoresheje imbaraga bahabwa n’amategeko urugi bararwica basanga harimo abantu barenze abo bari biteze.

Baje biteze ko bahasanga abantu babiri ariko bahasanga abantu batanu kandi bose basinze cyane.

Ikindi ni uko bari basinze inzoga ariko bavanze n’urumogi.

Abaturage batubwiye ko abafashwe babanje kwangira abagenzacyaha kwinjira kandi babikorana urugomo.

Umwe muri bo ati: “ Uko bigaragara, bariya bagabo bumvise ko basakijwe n’abagenzacyaha basanga ibyiza ari ukutabafungurira.”

Umuvandimwe w’uwakubiswe( uwakubiswe yitwa Enoch)  witwa Elijah Karisimbi yagize ati: “ Ababikoze bari basinze bigaragara kandi batukaga abagenzacyaha na Polisi uko bishakiye bakoresha imvugo nyandagazi.”

Nyuma yo gufatwa, bajyanywe ku bitaro byitwa  Rwanda Forensic Laboratory basanganywa umusemburo n’ibiyobyabyenge byinshi mu maraso yabo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, Dr Thierry B. Murangira yabwiye Taarifa ko abafashwe babajijwe mu rwego rw’ubugenzacyaha,  kandi ngo amadosiye yabo ari hafi kohererezwa ubushinjacyaha.

Bamwe muri bo bafungiye kuri stations  za RIB za Kicukiro n’iya Remera muri Gasabo.

Murangira ati: “ Alex na Junor bakurikiranyweho gukubita umuntu babigambiriye no gukoresha ibiyobyabwenge.”

Taarifa kandi yamenye ko bariya basore bahoze baba muri Canada ariko baza kuhirukanwa kubera imyitwarire mibi ishingiye k’ugukoresha ibiyobyabwenge.

How long does it take for @RIB_Rw / @RNP to apprehend offenders that brutally injured me with no reason whatsoever 4days ago. Incident statements made at #RIB but no action till date.#Violentscenes.@AngeKagame @rwanda_just @PrimatureRwanda @FirstLadyRwanda @PaulKagame pic.twitter.com/t5GXatmTYq

— Enoch Aaron R (@ganiometer) April 6, 2022

Hagati aho amakuru dufite ni uko uwakubiswe( Enock Aaron) ari koroherwa mu bitaro by’Umwami Faysal aho yajyanywe.

Icyaha bariya bantu bakurikiranyweho kitwa gukubita no gukomeretsa bigambiriwe.

 

TAGGED:featuredMurangiraNiboyeRIBUmuvugizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Inama Y’Abamisitiri Iri Guterana Ishobora Kuza Kwigaho
Next Article Grenade Iherutse Guturikira Muri Kicukiro Ntawayihateye- RIB
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?