Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RSSB Irashaka Ko Abantu Bazajya Bizigamira Kuri Telefoni BYIKOZE
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

RSSB Irashaka Ko Abantu Bazajya Bizigamira Kuri Telefoni BYIKOZE

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 September 2023 7:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Urwego rw’igihugu rw’ubwizigamire, RSSB, ruri gutekereza uko abaturage bahabwa uburyo bwo kujya biteganyiriza binyuze kuri telefoni cyangwa banki zabo ‘byikoze.’

Abahanga b’iki kigo bavuga ko byaba uburyo bwiza bwo kwiteganyiriza kuko byatuma abantu bizigamira ariko bagakurwaho umugogoro wo kujya kuzuza impapuro runaka.

Ubwo buryo ni bwiza kubera ko haramutse hari igikozwe ku mafaranga ya runaka yazajya ahabwa message akabimenyeshwa.

Hari umumotari wabwiye bagenzi bacu ba RBA ko ubwo buryo buzafasha n’abamotari kuko nyuma y’igihe runaka bazajya basanga barizigamiye amafaranga menshi.

Augustin Gatera ushinzwe gahunda ya EjoHeza muri RSSB avuga ko ubu buryo buzaba bwiza nibutangizwa kandi  bukamenyerwa mu Banyarwanda benshi.

Ati: “ Umuntu azajya abwira MoMo ye cyangwa Airtel Money ko buri gihe cyose aguze ikintu izajya ikuraho amafaranga runaka[nka Frw 100,…] ikayashyira kuri EjoHeza. Ibyo kandi bigakorwa ku bushake k’uburyo igihe cyose wazabishakira wazajya ubihagarika kuko n’ubundi uba ubikora ku bushake bwawe.”

Ni gahunda RSSB yise ‘Save As You Purchase.’

Gatera avuga ko umukozi wa Leta cyangwa undi wese uhemberwa ukwezi azaba afite uburyo bwo kubwira MoMo cyangwa Airtel Money ye ko izajya imubikira amafaranga runaka ku italiki runaka asanzwe ahemberwaho.

Iki kigo kiri no gutekereza uko urubyiruko rwazajya rutangira kubona inyungu y’ubwizigamire bwarwo bidategereje ko runaka agira imyaka 30 y’amavuko.

Mu rwego rwo kuzamura ikigega EjoHeza, Leta y’u Rwanda imaze gushyira muri iki kigega agera kuri miliyari Frw 5.9.

Umuntu wizigamiye neza yungikirwa agera kuri 12% byayo yabikije yose.

Kugeza ubu Abanyarwanda bangana na miliyoni  ebyiri (2) zirengaho abantu bake  ni bo bizigamira mu gihe Abanyarwanda bagera kuri miliyoni umunani(8) batizigamira.

Abo nibo bahangayikishije RSSB kugeza ubu!

Soma uko RSSB yungutse mu mwaka wa 2022/2023:

RSSB Ikomeje Kunguka

TAGGED:AbanyarwandaAbaturagefeaturedKwizigamiraRSSBtelefoni
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Huye: Basize Bakingiranye Abana Mu Nzu Bahiramo
Next Article Hari Ubwoba Bw’Inyeshyamba Ziri Mu Nkengero Ya Kinshasa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?