RSSB Yaguze Imigabane Yose Ya BK Insurance Kuri Miliyari Frw 31.7

Umwanditsi wa Taarifa
3 Min Read

Ikigo cy’Ubwiteganyirize bw’Abakozi mu Rwanda (RSSB) cyaguze imigabane yose Banki ya Kigali Group Plc yari ifite muri BK General Insurance, ku gaciro ka miliyari 31.7 z’amafaranga y’u Rwanda.

Ibi bitumye iyi sosiyete y’ubwishingizi yinjira mu bigo bigenzurwa na RSSB, mu gihe gahunda yo kuyihuza na Sonarwa yegereje.

BK Group yatangaje ko iki gikorwa cyarangiye ku wa Mbere tariki ya 31 Kanama(8) 2026, mu itangazo yashyikirije Isoko ry’Imari n’Imigabane ry’u Rwanda, Isoko ry’Imari n’Imigabane rya Nairobi ndetse n’inzego zishinzwe kugenzura amasoko y’imari mu Rwanda no muri Kenya.

Iki gikorwa cyarebaga imigabane miliyoni eshatu, buri mugabane ukaba waguzwe amafaranga 10,567.

Ni igiciro kiri hejuru cyane y’amafaranga 1,000 yari igiciro cy’umugabane igihe washyirwagaho bwa mbere.

BK Group yavuze ko igiciro cy’ubugure cyagenwe hashingiwe ku isuzuma ry’agaciro k’ikigo ryakozwe n’impuguke zigenga.

Ubu bugure buje nyuma ya gahunda yo guhuza BK General Insurance na Sonarwa General Insurance, bikaba sosiyete imwe ikora ubwishingizi butari ubw’ubuzima gusa.

Sonarwa Life Assurance yo ikazaba ishami ry’iryo tsinda rishinzwe ubwishingizi bw’ubuzima.

RSSB imaze kugenzura Sonarwa General Insurance kuva mu 2017, kandi ifite 100% by’imigabane ya Sonarwa Life Assurance.

Kuba RSSB ubu yarongeyeho BK General Insurance bivuze ko ibigo bitatu by’ubwishingizi bizaba biri munsi y’ubuyobozi bw’iki kigo.

Abakozi bafite impungenge ku hazaza habo

Gahunda yo guhuza ibi bigo yatangiye gutera impungenge bamwe mu bakozi, nk’uko amakuru aturuka mu bantu bazi ibibera imbere muri ibi bigo abivuga.

Abakozi ba BK General Insurance na Sonarwa ngo bahangayikishijwe n’umutekano w’akazi kabo ndetse n’uko imiterere y’ibigo bizaba bihujwe izaba imeze.

Guhuza izi sosiyete z’ubwishingizi bishobora gutuma haba imyanya y’akazi n’amashami azahuzwa cyane cyane mu bijyanye n’ubuyobozi, imari, ubucuruzi no gucunga ibikorwa.

Ibi byatumye hibazwa niba sosiyete nshya izakomeza gukoresha amazina y’ibigo byombi n’abakozi babyo, cyangwa niba hazashyirwaho izina rimwe hakagabanywa umubare w’abakozi.

Kugeza ubu, RSSB ntiratangaza ku mugaragaro ko hari abakozi bazirukanwa cyangwa ngo itange ibisobanuro birambuye ku buryo abakozi bazateganyirizwa muri iyo gahunda nshya.

BK Group ikomeza kwibanda ku bikorwa by’imari

Ku ruhande rwa BK Group, kugurisha BK General Insurance kuri miliyari Frw 31.7 biri mu ivugurura ryagutse ry’imiterere y’itsinda, rikazatuma hibandwa ku bikorwa by’ubucuruzi bwa banki binyuze muri Bank of Kigali Plc, ndetse n’ibikorwa by’ubucuruzi bw’imari binyuze muri BK Capital Ltd.

BK Group kandi yamaze guhuza BK Techouse na Bank of Kigali, aho umutungo, ikoranabuhanga n’amasezerano bireba ibikorwa byayo byimuriwe muri Bank of Kigali.

Ibikorwa byaho bizakomeza gukorerwa muri serivisi y’ikoranabuhanga rya Bank of Kigali izwi nka Digital Division, mu gihe BK Techouse itazongera kubaho nk’ishami ryihariye rya BK Group.

Ubu, nyuma y’uko RSSB iguze BK General Insurance, amaso ahanzwe ku buryo izahuza ibi bigo bitatu by’ubwishingizi, izina cyangwa ikirango bizasigara nyuma y’iyo gahunda cyane cyane ku ngaruka impinduka zizagira ku bakozi b’ibi bigo.

Share This Article
Leave a Comment

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *