Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Umuyobozi Wari Ufungiye Mu Nzererezi Yararekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ruhango: Umuyobozi Wari Ufungiye Mu Nzererezi Yararekuwe

admin
Last updated: 02 October 2024 8:13 am
admin
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ifite aremeza ko  nyuma y’igitutu cy’itangazamakuru, ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwakoranye na Polisi barekura umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu Kagari Bihembe wari ufungiye mu kigo cy’inzererezi.

Uyu mugabo yari amazemo hafi ukwezi kuko yafunzwe mu ntangiriro za Nzeri, 2024.

Akagari ka Bihembe  kari mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amakuru twahawe n’umunyamakuru ukorera muri biriya bice avuga ko ubwo inkuru yasohokaga mu munsi umwe ushize, byateje ikibazo biza gutuma uwo mugabo arekurwa.

Gufungwa kwe kwari kwababaje abaturage yayoboraga, bakemeza ko yari akwiye guhanwa kiyobozi aho kujyanywa ahantu nka hariya bitaba ibyo agashyikirizwa ubugenzacyaha bugasuzuma niba ibyo avugwa ho bigize icyaha bukamukorera idosiye.

Abaturae kandi bavugaga ko hari amateka ya Minisitiri agena uko umukozi wa Leta ahanwa, ayo akaba ari yo yagombye kuba yarakurikijwe no mu gihe cyo kumufata no kumufunga.

Ubwo bagenzi bacu batangazaga iby’ifungwa ry’uyu mugabo, bari babwiwe n’Ubunyamabanga nshingwabikorwa bw’Umurenge wa Kabagari ko nta SEDO w”akagari kavuzwe haruguru wari uhari!

Emmanuel Ntivuguruzwa uwuyobora yari yavuze ko ufunzwe akurikiranyweho icyo yise ‘imyitwarire idahwitse mu kazi’.

- Advertisement -

Ati: “Umukozi wese utarava mu kazi aba ari mu kazi. Gusa nakubwira ko hari imyitwarire itari myiza inzego zirimo kumukurikiranaho”.

Abaturage bavugaga ko gufungira umuyobozi wabo mu nzererezi ari ukubasuzuguza, kumusuzuguza ubwe n’umuryango we.

Meya wa Ruhango Valens Habarurema

Ubuyobozi bwa Akarere ka Ruhango bwari bwabanje guhakana ko uwo mugabo ufungiwe mu nzererezi ariko bukavuga ko ari ‘gukurikiranwa’.

Mu gusobanura ibye, Meya wa Ruhango witwa Valens Habarurema nawe yemezaga ko uwo mugabo anywa akarenza igipimo, akungamo ko hari Komite ishinzwe imyitwarire y’abakozi mu Karere ka Ruhango yatangiye gukurikirana ibye.

Ubusanzwe muri Transit Center hafungirwa urubyiruko rwanananiranye rurimo abakoresha ibiyobyabwenge, abajura n’abandi ibyabo biba bitarasobanuka neza ngo bigezwe mu Bugenzacyaha.

TAGGED:AbaturagefeaturedHbaruremaInzerereziMeyaRuhangoSEDOUbugenzacyahaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IVUGURUYE: Iran Yarashe Missiles Zirenga 100 Kuri Israel
Next Article Kagame Yasuye Inzu Ndangamurage Ya Latvia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mpambara Yashimye Ubutwari Abagore Bafashwe Ku Ngufu Muri Jenoside Bagize

FIFA Yafatiye Ibihano Kiyovu Sports FC Na AS Kigali

Ikawa Yatambutse Ku Cyayi Mu Kwinjiriza u Rwanda Amadovize

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?