Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Umuyobozi Wari Ufungiye Mu Nzererezi Yararekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ruhango: Umuyobozi Wari Ufungiye Mu Nzererezi Yararekuwe

admin
Last updated: 02 October 2024 8:13 am
admin
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ifite aremeza ko  nyuma y’igitutu cy’itangazamakuru, ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwakoranye na Polisi barekura umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu Kagari Bihembe wari ufungiye mu kigo cy’inzererezi.

Uyu mugabo yari amazemo hafi ukwezi kuko yafunzwe mu ntangiriro za Nzeri, 2024.

Akagari ka Bihembe  kari mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango.

Amakuru twahawe n’umunyamakuru ukorera muri biriya bice avuga ko ubwo inkuru yasohokaga mu munsi umwe ushize, byateje ikibazo biza gutuma uwo mugabo arekurwa.

Gufungwa kwe kwari kwababaje abaturage yayoboraga, bakemeza ko yari akwiye guhanwa kiyobozi aho kujyanywa ahantu nka hariya bitaba ibyo agashyikirizwa ubugenzacyaha bugasuzuma niba ibyo avugwa ho bigize icyaha bukamukorera idosiye.

Abaturae kandi bavugaga ko hari amateka ya Minisitiri agena uko umukozi wa Leta ahanwa, ayo akaba ari yo yagombye kuba yarakurikijwe no mu gihe cyo kumufata no kumufunga.

Ubwo bagenzi bacu batangazaga iby’ifungwa ry’uyu mugabo, bari babwiwe n’Ubunyamabanga nshingwabikorwa bw’Umurenge wa Kabagari ko nta SEDO w”akagari kavuzwe haruguru wari uhari!

Emmanuel Ntivuguruzwa uwuyobora yari yavuze ko ufunzwe akurikiranyweho icyo yise ‘imyitwarire idahwitse mu kazi’.

Ati: “Umukozi wese utarava mu kazi aba ari mu kazi. Gusa nakubwira ko hari imyitwarire itari myiza inzego zirimo kumukurikiranaho”.

Abaturage bavugaga ko gufungira umuyobozi wabo mu nzererezi ari ukubasuzuguza, kumusuzuguza ubwe n’umuryango we.

Meya wa Ruhango Valens Habarurema

Ubuyobozi bwa Akarere ka Ruhango bwari bwabanje guhakana ko uwo mugabo ufungiwe mu nzererezi ariko bukavuga ko ari ‘gukurikiranwa’.

Mu gusobanura ibye, Meya wa Ruhango witwa Valens Habarurema nawe yemezaga ko uwo mugabo anywa akarenza igipimo, akungamo ko hari Komite ishinzwe imyitwarire y’abakozi mu Karere ka Ruhango yatangiye gukurikirana ibye.

Ubusanzwe muri Transit Center hafungirwa urubyiruko rwanananiranye rurimo abakoresha ibiyobyabwenge, abajura n’abandi ibyabo biba bitarasobanuka neza ngo bigezwe mu Bugenzacyaha.

TAGGED:AbaturagefeaturedHbaruremaInzerereziMeyaRuhangoSEDOUbugenzacyahaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IVUGURUYE: Iran Yarashe Missiles Zirenga 100 Kuri Israel
Next Article Kagame Yasuye Inzu Ndangamurage Ya Latvia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ubushinwa Bweretse Isi Ko Ku Ntwaro Bwihagazeho

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Miliyari Frw 135 Zishyirwa Mu Kugaburirira Abana Ku Ishuri Buri Mwaka-Min. Bagabe

Abawazalendo Bigaragambije Ku Cyemezo Cya Leta

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyamasheke: Yahitanywe N’Ikiraro Cyamuvunikiyeho Avuye Kunywa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?