Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ruhango: Umuyobozi Wari Ufungiye Mu Nzererezi Yararekuwe
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaPolitiki

Ruhango: Umuyobozi Wari Ufungiye Mu Nzererezi Yararekuwe

Last updated: 02 October 2024 8:13 am
Share
SHARE

Amakuru Taarifa ifite aremeza ko  nyuma y’igitutu cy’itangazamakuru, ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwakoranye na Polisi barekura umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu Kagari Bihembe wari ufungiye mu kigo cy’inzererezi.

Uyu mugabo yari amazemo hafi ukwezi kuko yafunzwe mu ntangiriro za Nzeri, 2024.

Akagari ka Bihembe  kari mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango.

Amakuru twahawe n’umunyamakuru ukorera muri biriya bice avuga ko ubwo inkuru yasohokaga mu munsi umwe ushize, byateje ikibazo biza gutuma uwo mugabo arekurwa.

Gufungwa kwe kwari kwababaje abaturage yayoboraga, bakemeza ko yari akwiye guhanwa kiyobozi aho kujyanywa ahantu nka hariya bitaba ibyo agashyikirizwa ubugenzacyaha bugasuzuma niba ibyo avugwa ho bigize icyaha bukamukorera idosiye.

Abaturae kandi bavugaga ko hari amateka ya Minisitiri agena uko umukozi wa Leta ahanwa, ayo akaba ari yo yagombye kuba yarakurikijwe no mu gihe cyo kumufata no kumufunga.

Ubwo bagenzi bacu batangazaga iby’ifungwa ry’uyu mugabo, bari babwiwe n’Ubunyamabanga nshingwabikorwa bw’Umurenge wa Kabagari ko nta SEDO w”akagari kavuzwe haruguru wari uhari!

Emmanuel Ntivuguruzwa uwuyobora yari yavuze ko ufunzwe akurikiranyweho icyo yise ‘imyitwarire idahwitse mu kazi’.

Ati: “Umukozi wese utarava mu kazi aba ari mu kazi. Gusa nakubwira ko hari imyitwarire itari myiza inzego zirimo kumukurikiranaho”.

Abaturage bavugaga ko gufungira umuyobozi wabo mu nzererezi ari ukubasuzuguza, kumusuzuguza ubwe n’umuryango we.

Meya wa Ruhango Valens Habarurema

Ubuyobozi bwa Akarere ka Ruhango bwari bwabanje guhakana ko uwo mugabo ufungiwe mu nzererezi ariko bukavuga ko ari ‘gukurikiranwa’.

Mu gusobanura ibye, Meya wa Ruhango witwa Valens Habarurema nawe yemezaga ko uwo mugabo anywa akarenza igipimo, akungamo ko hari Komite ishinzwe imyitwarire y’abakozi mu Karere ka Ruhango yatangiye gukurikirana ibye.

Ubusanzwe muri Transit Center hafungirwa urubyiruko rwanananiranye rurimo abakoresha ibiyobyabwenge, abajura n’abandi ibyabo biba bitarasobanuka neza ngo bigezwe mu Bugenzacyaha.

TAGGED:AbaturagefeaturedHbaruremaInzerereziMeyaRuhangoSEDOUbugenzacyahaUmuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article IVUGURUYE: Iran Yarashe Missiles Zirenga 100 Kuri Israel
Next Article Kagame Yasuye Inzu Ndangamurage Ya Latvia
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Abanyarwanda Barashukwa Bagaca Mu Bushinwa Bagera Ahandi Bakisanga Mu Buretwa-Amb Kimonyo 

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Tombola Inzozi Lotto Yahagaritswe Gukorera Mu Rwanda

Trump Yahaye Hamas Igihe ‘Ntarengwa’ Ngo Yemere Umugambi W’Amahoro Yateguye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?