Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusesabagina Yasabye Ko Urubanza Rwe Rusubikwa Amezi Atandatu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubutabera

Rusesabagina Yasabye Ko Urubanza Rwe Rusubikwa Amezi Atandatu

admin
Last updated: 12 March 2021 9:50 am
admin
Share
SHARE

Paul Rusesabagina uburana ku byaha by’iterabwoba, yasabye ko urubanza rwe rusubikwa amezi atandatu kugira ngo abashe kwiga dosiye neza kubera ubunini bwayo, kuko ifite paji zirenga ibihumbi 10.

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Gatanu, Me Rudakemwa Felix umwunganira yavuze ko ku wa 1 Werurwe urukiko rwasuye Gereza ya Nyarugenge i Mageragere ngo rusuzume ibibazo bya Rusesabagina wari warugaragarije ko atabona uburyo bwo gutegura imyiregurire ye.

Urukiko ngo rwafashe ibyemezo bitandukanye byamufasha gutegura dosiye, ariko kugeza ubu ngo nta cyakozwe.

Me Rudakemwa yavuze ko dosiye ari nini cyane kuko iregwamo abantu 21, inyandiko itanga ikirego ubwayo ni paji hafi 300 naho izijyana na zo zikagera muri paji “hafi nk’ibihumbi 10”, bagasanga Rusesabagina akwiye guhabwa imashini na ‘imprimante” kugira ngo abone uko ajya ahanahana inyandiko n’abamwunganira.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Rusesabagina abwiye urukiko ko umuyobozi wa gereza yamwemereye ko bazamuha mudasobwa, ariko mu gihe akiyitegereje atabona uko yiregura kuko gusoma dosiye ukanayisesengura “si ibintu umuntu akora mu kanya nk’ako guhumbya.”

Me Rudakemwa na Rusesabagina imbere y’Urukiko

Umucamanza abajije Rusesabagina impamvu bisa n’aho aribwo bagiye gutangira kwiga dosiye kandi yararegewe urukiko mu Ugushyingo 2020 ndetse abavoka be bakayibona, avuga ko we atabasha kuyisoma, ati “mu yandi magambo dosiye ntabwo nyifite.”

Umucamanza abajije Rusesabagina igihe akeneye cyo gutegura dosiye, Me Rudakemwa avuga ko hagendewe ku bunini bwayo, ati “twumvaga nibura igihe nibura cy’amezi atandatu cyaba gihagije kugira ngo umuntu iby’ingenzi abe yumvise, noneho umuntu aze ibere yanyu afite icyo yavuga kuri dosiye.”

Ntabwo urukiko rwari rwabifataho icyemezo.

TAGGED:featuredPaul Rusesabagina
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article CIA N’U Bufaransa Ntibirarandura Al Qaeda Muri Sahel
Next Article Gukingira Abanyarwanda COVID-19 Byageze Mu Masoko
1 Comment
  • Karegeya says:
    12 March 2021 at 3:15 pm

    Ubwo se arabona ko bizakunda? Aratera imigeri ku mihunda

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Meteo Iraburira Abanyarwanda 

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ni Ryari Abaturage Bo Mu Cyaro Bazabona Amazi Meza Abahagije?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

M23 Yafashe Ahantu Hakungahaye Kuri Zahabu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?