Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Abarwayi Babuze Ambulance Kuko Zapfiriye Mu Bitaro Bya Mibirizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Abarwayi Babuze Ambulance Kuko Zapfiriye Mu Bitaro Bya Mibirizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2023 1:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bitaro bya Mibirizi mu Karere ka Rusizi haparitse imbangukiragutabara nyinshi zabuze uwazikoresha kandi ibi bitaro byarahoranye kandi bikaba bigifite ubuyobozi.

Ibi ni intandaro yo kubura kw’izi modoka zisanzwe zitabara abantu zikabageza kwa muganga bakavurwa iminsi ikicuma.

Kugira ngo ibitaro bya Mibirizi bizemere ko imbangukiragutabara ihaguruka, bisaba igihe gishobora no kugera ku munsi wose.

Ubukene nibwo butangwa nk’impamvu yo kudakoresha imbangukiragutabara zapfuye.

Igitangaje ni uko ibitaro bya Mibirizi biyoborwa na Kiliziya Gatulika binyuze muri Diyoseze ya Cyangugu iyoborwa na Musenyeri Edouard Sinayobye.

Ubuyobozi bw’iyi  Diyoseze bwabwiye UMUSEKE ko buri hafi gukemura iki kibazo, bityo ko abaturage bakwihangana.

Mgr Sinayobye Edouard anenga abahoze bayobora ibitaro bya Mibirizi kuba barirengagije nkana gukoresha imbangukiragutabara kugeza ubwo izapfuye ziba nyinshi.

Abahayoboraga barirukanywe, abahayobora muri iki gihe bakaba bitezweho gukemura ikibazo cya ziriya modoka z’ingirakamaro.

Musenyeri Sinayobye Ati “Turarwana urugamba rutuvuna, ibisubizo tubirimo twebwe na MINISANTE twaravuganye, turigushaka igisubizo barebe ko badufasha. Turasaba abaturage ngo batwumve”.

Hari ibigo nderabuzima 11 bishamikiye ku Bitaro bya Mibirizi.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, ibi bitaro byari bifite imbangukiragutabara ebyiri zikora neza mu gihe izindi 10 zipfuye zikaba ziparitse mu bitaro.

TAGGED:featuredIbitaroImbangukiragutabaraMibiriziRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Amaze Imyaka 26 Ategereje Ingurane Ya Leta
Next Article Rwamagana:Polisi Yamufashe Atetse Kanyanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

DRC: Guverinoma Irashaka Kwisubiza Bunagana Kugeza Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Inama Y’Igihugu Y’Umushyikirano Iragarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeUbumenyi Rusange

Mu Isanzure Haba Inyenyeri Zingahe?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?