Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rusizi: Abarwayi Babuze Ambulance Kuko Zapfiriye Mu Bitaro Bya Mibirizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rusizi: Abarwayi Babuze Ambulance Kuko Zapfiriye Mu Bitaro Bya Mibirizi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 May 2023 1:17 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu bitaro bya Mibirizi mu Karere ka Rusizi haparitse imbangukiragutabara nyinshi zabuze uwazikoresha kandi ibi bitaro byarahoranye kandi bikaba bigifite ubuyobozi.

Ibi ni intandaro yo kubura kw’izi modoka zisanzwe zitabara abantu zikabageza kwa muganga bakavurwa iminsi ikicuma.

Kugira ngo ibitaro bya Mibirizi bizemere ko imbangukiragutabara ihaguruka, bisaba igihe gishobora no kugera ku munsi wose.

Ubukene nibwo butangwa nk’impamvu yo kudakoresha imbangukiragutabara zapfuye.

Igitangaje ni uko ibitaro bya Mibirizi biyoborwa na Kiliziya Gatulika binyuze muri Diyoseze ya Cyangugu iyoborwa na Musenyeri Edouard Sinayobye.

Ubuyobozi bw’iyi  Diyoseze bwabwiye UMUSEKE ko buri hafi gukemura iki kibazo, bityo ko abaturage bakwihangana.

Mgr Sinayobye Edouard anenga abahoze bayobora ibitaro bya Mibirizi kuba barirengagije nkana gukoresha imbangukiragutabara kugeza ubwo izapfuye ziba nyinshi.

Abahayoboraga barirukanywe, abahayobora muri iki gihe bakaba bitezweho gukemura ikibazo cya ziriya modoka z’ingirakamaro.

Musenyeri Sinayobye Ati “Turarwana urugamba rutuvuna, ibisubizo tubirimo twebwe na MINISANTE twaravuganye, turigushaka igisubizo barebe ko badufasha. Turasaba abaturage ngo batwumve”.

Hari ibigo nderabuzima 11 bishamikiye ku Bitaro bya Mibirizi.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, ibi bitaro byari bifite imbangukiragutabara ebyiri zikora neza mu gihe izindi 10 zipfuye zikaba ziparitse mu bitaro.

TAGGED:featuredIbitaroImbangukiragutabaraMibiriziRusizi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gatsibo: Amaze Imyaka 26 Ategereje Ingurane Ya Leta
Next Article Rwamagana:Polisi Yamufashe Atetse Kanyanga
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Yajyanywe Kuri RIB Nyuma Yo Gushaka Kwiyahura Bikanga

Kagame yashimye ‘Senegal’ Yatwaye AFCON

Imisemburo Y’Abagore Niyo Ibatera Kurwara Umutwe Kenshi

Bigenda Gute Ngo Umubiri Wakomeretse Wisane?

DRC: Aba Wazalendo Bongeye Kuba Benshi Muri Uvira

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Ese Intambara Ya Amerika N’Uburayi Irashoboka

Kwamamaza Mushikiwabo, Uburundi, DRC… Uko Nduhungirehe Asobanura Ibyo Mu Karere

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?